Uyu muhanzi uri mu barimo kubaka izina
rikomeye mu muziki w’u Rwanda ndetse no hanze yarwo, yavuze ko iyo aba bahanzi
n’abanyabugeni bahuje imbaraga, baba bahagarariye sosiyete yose izumva
indirimbo ze.
Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na
InyaRwanda nyuma y’uko ku wa Gatanu, tariki ya 19 Nzeri 2025, asohoye amashusho y’indirimbo ye nshya
yise “Sèrela."
Shaffy
yavuze ko buri umwe muri aba afasha mu buryo butandukanye, ariko byose
bigahurira ku ntego yo kugeza ubutumwa ku banyarwanda bose.
Ati:
“Impamvu nkunda
kwifashisha abo bantu ni uko buri umwe afite icyo yongeraho mu butumwa tugamije
kugeza ku banyarwanda. Rumaga anyunganira mu Kinyarwanda cyimbitse, Element
akampereza amagambo yoroheye urubyiruko, naho Christopher akamfasha guhuza ibyo
byose mu buryo bw’ubuhanzi, kugira ngo bigere ku bantu bose."
Uyu muhanzi yavuze ko iyo bashyize
hamwe mu kwandika indirimbo, baba biyumva nk’inama y’Inteko Ishinga Amategeko
iteranye.
Ati “Ni ikipe
nziza. Njye mbigereranya n’Inteko Ishinga Amategeko, kuko buri Munyarwanda wese
aba ahagarariwe mu iyandikwa ry’indirimbo.”
Yavuze ko Rumaga Junior amwandikira Ikinyarwanda
cyumutse, kugira ngo amagambo ye agire uburemere n’ubutumwa buhamye.
Element
we yongeraho igice cy’urubyiruko, cyane cyane abakiri bato bo mu myaka ya Gen-Z, kugira ngo
amagambo yumvikane no mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Ni mu gihe Christopher, we ahuza impande zose, akita cyane ku
ruhande rw’ubuhanzi n’uburyo ubutumwa bushyirwa mu ndirimbo kugira ngo
bwumvikanire abantu bose.
Shaffy
yavuze ko kuva yatangira urugendo rw’umuziki nk’umuhanzi wigenga mu myaka itanu
ishize, yakunze gukorana cyane n’aba bagabo batatu mu iyandikwa ry’indirimbo
ze. Kandi uburyo zakiriwe n’abakunzi b’umuziki bwamweretse ko ari inzira
ikwiye.
Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo nka “Akabanga”, yavuze ko gukorana nabo byatumye asohora ibihangano bifite ireme kandi bigera ku nzego zose z’abanyarwanda.

Shaffy yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya ‘Sèrela’ yakoreye mu Rwanda
Shaffy
yavuze ko Rumaga Junior ari we umuha Ikinyarwanda cyimbitse mu ndirimbo ze

Shaffy yavuze ko Element ari we umufasha kongeramo amagambo yumvikana ku rubyiruko

Shaffy
yavuze ko Christopher ari we bahuza imbaraga mu guhuza ibyandikwa mu ndirimbo

Shaffy
yavuze ko iyo ari kumwe nabo bose, biyumva nk’Inteko Ishinga Amategeko
ihagarariye buri Munyarwanda
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘SELERA’ Y’UMUHANZI SHAFFY
