Impamvu Saint Charles de Jesus TSS ari yo mahitamo meza ku banyeshuri bitegura gusubira ku Ishuri

Kwamamaza - 13/08/2026 9:21 AM
Share:

Umwanditsi:

Impamvu Saint Charles de Jesus TSS ari yo mahitamo meza ku banyeshuri bitegura gusubira ku Ishuri

Mu gihe abanyeshuri bitegura gusubira ku Ishuri gutangira umwaka w’amashuri wa 2026/2027, amahitamo meza kurusha andi ahari azatuma ugira eho hazaza heza ni Saint Charles de Jesus TSS.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA) giheruka gutangaza ko ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2026–2027, uzatangira tariki 07 Nzeri 2026 ukazasozwa ku ya 02 Nyakanga 2027.

Iyi ngengabihe igaragaza kandi uko amasomo azagenda, igihembwe ku kindi, ndetse n’igihe ibizamini bya Leta bizakorerwa.

Nk’uko bigaragara kuri iyi ngengabihe, umwaka w’amashuri uzatangira ku wa 7 Nzeri 2026, aho abanyeshuri bazaba batangiye igihembwe cya mbere kizageza ku wa 18 Ukuboza 2026. Iki gihembwe kikazamara ibyumweru 15, mu gihe ibiruhuko bizamara ibyumweru 2.

Igihembwe cya kabiri kizatangira ku wa 4 Mutarama 2027 kirangire ku wa 2 Mata 2027, kimare ibyumweru 13, nacyo gikurikirwe n’ibiruhuko by’ibyumweru 2.

Nyuma yaho, igihembwe cya gatatu kizatangira ku wa 19 Mata 2027 kirangire ku wa 2 Nyakanga 2027, kimare ibyumweru 11, gikurikirwe n’ibiruhuko by’amezi abiri.

Ku bijyanye n’ibizamini bya Leta, ibizwi nka PBA, TSS, TTC, ACC na ANP bizatangira ku wa 31 Gicurasi 2027 bisozwe ku wa 18 Kamena 2027, bimare ibyumweru bitatu.

Ni mugihe ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza (PLE) bizaba kuva ku wa 6 Nyakanga kugeza ku wa 8 Nyakanga 2027, mu gihe ibizamini bya Leta by’amashuri yisumbuye bizaba kuva ku wa 14 Nyakanga kugeza ku wa 23 Nyakanga 2027.

Iyi ngengabihe igamije gufasha amashuri, abarimu n’abanyeshuri gutegura neza amasomo n’ibizamini, ndetse no gutuma ibikorwa by’uburezi bigenda neza mu gihugu hose.

Ababyeyi barimo baribaza aho abana babo bazakomereza amasomo

Nyuma y’uko iyi ngengabihe igiye hanze ababyeyi biganjemo abafite abana bakoze ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (Tronc Commun / Ordinary Level)  barimo baribaza aho bakomereza amasomo yabo.

Amahitamo meza ahari ni aint Charles de Jesus TSS: Ishuri ritanga ubumenyi buherekezwa n’ibikorwa, rikarera abanyeshuri bafite ejo hazaza heza.

Iri shuri riherereye mu Karere ka Kicukiro, mu Murenge wa Kagarama ku Muyange, ryihariye uburyo bwo kwigisha butarangirira mu magambo gusa, ahubwo abanyeshuri bahabwa amahirwe yo gushyira mu bikorwa ibyo biga buri munsi binyuze muri workshops zigezweho zifite ibikoresho bikenewe muri buri shami.

Iyo urigezemo usanganirwa n’umutuzo kubera uburyo aho rikorera ari hanini cyane,ugitera  intambwe ubona aho abanyeshuri bigira ndetse n’ibiro by’abayobozi.

Iyo ukomeje hepfo ugera ku macumbi y’abanyeshuri noneho wakomeza hepfo ukabona ahari za workshops ndetse nahari igarage ry’iri shuri ryitwa TUMECO. 

Muri Saint Charles de Jesus TSS  bafite amashami umunani atandukanye.

Mu mashami ya segonderi harimo: Automobile Technology, Manufacturing Technology (Mechanical General), Software Development na Computer Systems Architecture.

Mu gihe amasomo y’igihe gito arimo: Ubusuderi, Amashanyarazi, Ubudozi n'Ububaji.

Umuyobozi wa Saint Charles de Jesus TSS, Frère Ananie Mbonigaba, avuga ko iri shuri ryatangiye ibikorwa byo kwigisha imyuga mu mwaka wa 2013, rigamije gufasha urubyiruko kubona ubumenyi bubafasha kwibeshaho no kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.

Asobanura ko ishuri ryashinzwe n’Umuryango w’Abafurere Abambari ba Jambo, rikaba rikorera ubutumwa bwo gufasha sosiyete kurusha gushaka inyungu.

Yagize ati: “Turi ishuri ry’umuryango w’Abafurere Abambari ba Jambo. Intego yacu ntabwo ari inyungu ahubwo ni ugufasha sosiyete. Dukorana ubwitange kugira ngo abo twigisha bagire aho bava n’aho bagera. Tugamije kubaha ubumenyi butuma bava hano bafite icyo bakora kibatunga.”

Frère Aninani Mbonigaba avuga  ko kimwe mu bitandukanya Saint Charles de Jesus TSS n’andi mashuri ari uko abanyeshuri badahabwa amasomo mu buryo bw’amagambo gusa, ahubwo bahabwa umwanya uhagije wo gukora no kwibonera ibyo biga.

Yagize ati: “Kugira ngo umwana yumve neza ibyo yiga ntabwo bihagije kumwigisha mu magambo gusa. Tugira workshops zifite ibikoresho bituma abanyeshuri bakora ibyo biga, bakabyibonera kandi bakabyitoza. Ibyo bituma ubumenyi burushaho kubaka umunyeshuri no kumutegurira ubuzima bw’akazi.”

Yongeraho  ko intego ari ugusohora abanyeshuri bafite ubushobozi bwo guhangana n’isoko ry’umurimo, kwihangira imirimo no kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.

Ukeneye ibindi bisobanuro wahamagara;0790002398.

Saint Charles de Jesus TSS ni yo mahitamo meza ku banyeshuri bitegura gusubira ku Ishuri

Abanyeshuri bigishwa gukora imashini zitandukanye z'ikoranabuhanga

Hamwe mu ho abanyeshuri biga ibijyanye n'amashanyarazi bigishirizwa

Muri TUMECO Garage bafite ibikoresho byose bigezweho biboneka hake mu Rwanda



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...