Impamvu Mbosso yahisemo The Ben, Khaligraph n’abandi mu bice by’indirimbo ye ‘Pawa’

Imyidagaduro - 22/11/2025 6:40 AM
Share:

Umwanditsi:

Impamvu Mbosso yahisemo The Ben, Khaligraph n’abandi mu bice by’indirimbo ye ‘Pawa’

Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Mbosso akomeje kwagura imbibi z’umushinga we wa Pawa, nyuma yo gusohora ibindi bice by’iyi ndirimbo yakunzwe cyane muri Afurika y’Iburasirazuba.

Nyuma y’itsinda rya Sauti Sol binyuze kuri Bien, ndetse n’umuraperi ukomeye muri Kenya Khaligraph Jones, Mbosso yanahuje imbaraga n’umuhanzi w’Umunyarwanda The Ben, hamwe n’abandi barimo Darassa, Billnass na G Nako, mu gukomeza kubyutsa uwo yita umushinga w’urukundo utarangira vuba.

N’ubwo kuri Pawa II hashyizwe hanze ‘Lyric video’ gusa, indirimbo yahise itera amatsiko ku bafana b’akarere, benshi bemeza ko uyu muhanzi ashobora kongera gutanga indi ndirimbo ihindura isura ya 'Bongo Flava' muri uyu mwaka.

Mu kiganiro yigeze gutanga, Mbosso yahishuye ko ibi bice bishya bya Pawa atabikoze kugira ngo ahanganishe abahanzi, ahubwo ngo ni uburyo bwo kwerekana ko umuziki wo mu karere ushobora guteza imbere umuco wo gufatanya kurusha guhatana.

Ati: “Pawa ni urugendo, si indirimbo gusa. Nshaka ko buri wese ufite ijwi rihambaye muri aka karere ayigiramo uruhare. Ni yo mpamvu nashatse amajwi atandukanye kandi akomeye.”

Mbosso avuga ko The Ben ari umwe mu bahanzi bafite ijwi rifite ubushobozi bwo kubyutsa amarangamutima ku buryo bwihariye, kandi ko ariryo rituma Pawa III ibasha guhagarara mu buryo butandukanye n’ibindi bice.

Mu Pawa II, Bien yatanze ijwi risukuye, mu gihe Khaligraph Jones yazanye imbaraga n’umuvuduko mu gitero cye cyubakiye ku guha icyubahiro uwo indirimbo igarukaho.

Umusesenguzi mu by'umuziki, Jay Classic, avuga ko ibi ari igikorwa cy’ubucuruzi bw’umuziki kurusha kuba ubusanzwe bwo gushaka kuzamura indirimbo nshya.

Ati “Bien arakunzwe cyane muri Kenya, kandi Khaligraph ni umwami wa Rap muri icyo gihugu. Mbosso yarabitekereje neza kuko arimo kwinjira ku isoko rya Kenya mu buryo bwubashywe.”

Undi musesenguzi mu muziki, Jimmy de Prince yongeraho ko n’ubwo ‘Remix’ ishobora kutarenga iya mbere, ifite intego y’umubano.

Ati “Ntekereza ko iyi ‘Remix’ itazisimbura iya mbere mu mitima y’abafana ariko izubaka imikoranire hagati y’ibihugu.”

Pawa yo muri Kamena 2025, ni imwe mu ndirimbo zigarutse kenshi kuri Radio n’imbuga zicuranga umuziki mu karere. Yabaye indirimbo izwi cyane kugeza n’ubu.

Amagambo yayo arimo gushyira hanze intege nke z’urukundo, gukundwa n’ugufashwa n’uwo umutima wishakira.

Amashusho yayo yafatiwe mu Mujyi wa Iringa muri Tanzania yakozwe na Folex, amajwi akorwa na S2Kizzy. Iyi ndirimbo iri ku mwanya wa mbere mu zigezweho muri Tanzania.

Ibi byatumye Mbosso yemeza ko Pawa atari indirimbo y’akanya gato, ahubwo ari umushinga w’igihe kirekire mu kubaka igisobanuro gishya cya Bongo Flava ishingiye ku rukundo.

Ibi bice byose bya Pawa biri kuri album ye Room Number 3, album ifatwa nk’intambwe ikomeye ku buzima bwe bw’umuziki kuko ari yo ya mbere ashyize hanze nk’umuhanzi wigenga nyuma yo kuva muri WCB Wasafi ya Diamond Platnumz.

Iyi album yerekanye uburyo Mbosso yifuza kwiyubaka wenyine, agafata umurongo we utandukanye n’uwari umenyereye muri Wasafi.

Pawa III na Pawa IV: Kwagura imbibi z’ibihangano. Pawa III yakoranye na The Ben, na yo ikaba yakiriwe neza n’abakunzi b’aba bahanzi bombi.

Pawa IV yakoranyemo Darassa, Billnass na G Nako, izana umwuka w’amajwi ateye ukwabo kandi azwi cyane muri Tanzania.

Ibi byose bigaragaza ko Mbosso afite intego yo guhuza akarere mu muziki, aho buri muhanzi yinjizwa mu rugendo runini rwo kugeza ubutumwa bw’urukundo ku buryo bushya.

Mbosso ari mu bamaze kumenya gutunganya umushinga umwe mu bice bitandukanye ariko ugakomeza kugira umwimerere.

Gukorana na The Ben, Bien, Khaligraph Jones n’abandi ni igihamya gikomeye cy’uko uyu muhanzi atari gushaka gusa indirimbo ikunzwe, ahubwo afite umushinga wo guhuza isura y’umuziki wo mu karere no gusigasira umuco wo gukorana.

Pawa ikomeje kwaguka, ariko ubutumwa bwayo buguma ari bumwe: urukundo ni imbaraga, ni intege nke, kandi ni yo mpamvu rukwiye kuririmbwa mu buryo bwose bushoboka.

 

Mbosso yasobanuye ko gukorana indirimbo na Khaligraph Jones na Bien-Aime yashingiye kuri gahunda yihaye yo guhuza abahanzi bo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba 

Mbosso yongeye kwiyambaza The Ben mu ndirimbo ya ‘Umutoso’ bahuriyemo mu myaka itanu ishize

KANDA HANO UBASHE KUMVA IGICE CYA GATATU CY'UMUSHINGA W'INDIRIMBO 'PAWA' YA MBOSSO

KANDA HANO UBASHE KUMVA IGICE CYA KABIRI CY'UMUSHINGA W'INDIRIMBO 'PAWA' YA MBOSSO

KANDA HANO UBASHE KUMVA IGICE CYA KANE CY'UMUSHINGA W'INDIRIMBO 'PAWA' YA MBOSSO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...