Tariki ya 25 Ugushyingo mu mwaka ushize ni bwo iyi
Komite y’inzibacyuho ya Rayon Sports yashyizweho nyuma y’uko Urwego rw’igihugu
rw’Imiyoborere (RGB) rusheshe iyari isanzwe.
Yari yahawe kuyobora igihe kingana n’amezi atatu
kugira ngo ivugurure amategeko y’Umuryango wa Rayon Sports ndetse ikemure
n’ibindi bibazo byari bihari.
Nyuma yaho yongewe andi mezi atatu na RGB, kugira
ngo ikomeze gushyira ibintu ku murongo. Aya mezi atatu yararangiye none kuri ubu yongewe n’ukundi
kwezi.
Murenzi Abdallah urangaje imbere iyi komite, yasobanuye impamvu bongerewe igihe aho yavuze
ko barimo gukora amavugurura yo kugira ngo Rayon Sports ibe kipe yubucuruzi
Ati: ”Ukibaza ngo kubera iki twongerewe igihe? Rayon
Sports imaze imyaka 58 ngira ngo igihe cyari kigeze ko haba amavugururwa tukava
mu miyoborere n’imicungire twari dusanzwemo tukajya mu miyoberere n’imicungire
igana mu bucuruzi.
Iyo tuvuze ubucuruzi ubungubu imiryango itari iya
leta yemerewe kuba yakora ubucuruzi ariko n’Imiyoborere dukwiye kuba dukora
yagakwiye kuba icunga umuryango nk’ucunga ubucuruzi bwe”.
Yakomeje agira ati: ”Ibibazo by’amikoro byahoze muri Rayon Sports bifitanye isano n’Imiyoborere. Dukwiye kumenya ko Rayon Sports hari ibyo yinjiza n’ibyo isohora kandi bikagira aho bihurira.
Ubu rero mu kwezi
gutaha turateganya ko tuzaba twasoje izindi nshingano hakajyaho imiyoborere
itari iy’inziba cyuho. Imiyoborere itaha ya Rayon Sports hazaba harimo igice
cy’ubucuruzi”.
Yavuze ko iyo miyoborere izaba ishyize imbere
ijyanye n’ubucuruzi ku buryo Rayon Sports yazisanga ifite ibikorwaremezo byayo
birimo n’uburuzi.
Ubushobozi rero baduhaye buduha kuba twakora ibigendanye
n’inshingano zose dufite. Uwavuga ko rero ko hari ibyo twemerewe nibyo
tutemerewe haba hari ibyo atekereza ariko ibyo twemerewe ni ukureberera
imiyoborere ya buri munsi ya Rayon Sports harimo gushaka abafatanyabikorwa,harimo
gushaka abakozi b’ikigo. Ibiri mu nshingano zose zabazwa undi muntu cyangwa se
urundi rwego ruyobora indi miryango natwe turabyemerewe”.
Yavuze ko inshingano bahawe zo kuvugurura amategeko
bazisoje hakaba hasigaye kuyemeza gusa.

Komite y’Inzibacyuho ya Rayon Sports irangajwe imbere na Murenzi Abdallah yongerewe igihe
