Impamvu ibyamamare bizaririmba ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi cya 2026 nta n'iritoboye bizahabwa

FIFA - Igikombe cy'Isi 2026 - 09/07/2026 7:38 AM
Share:

Umwanditsi:

Impamvu ibyamamare bizaririmba ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi cya 2026 nta n'iritoboye bizahabwa

Abahanzi b'ibyamamare barimo Shakira na Justin Bieber bazaririmba ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi cya 2026 nta mafaranga na macye bazahabwa bitewe n’agaciro kawo.

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) iheruka gutangaza ko umuhanzi Justin Bieber yongerewe ku rutonde rw’abazataramira abafana mu kiruhuko cy'umukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi cya 2026.

Uyu mukino uzabera kuri Stade ya MetLife i New Jersey muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 19 Nyakanga 2026. Iki kizaba ari cyo gitaramo cya mbere cy'ubwoko bwa "Halftime show" kibereye mu mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi.

Justin Bieber aje asanga Madonna, Shakira na BTS, bari basanzwe baratangajwe nk'abazayobora iki gitaramo kizamara iminota 11. FIFA yavuze ko iki gitaramo kizahuza umupira w'amaguru, umuziki n'ubutumwa bugamije guteza imbere imibereho myiza y'abana ku isi.

Iki gitaramo cyateguwe n'umuhanzi Chris Martin wo mu itsinda Coldplay. Hazanaririmbamo Burna Boy, umuyobozi w'ibitaramo Gustavo Dudamel, Korali ya PS22 Chorus ifatanyije na Coldplay, n'abakinnyi b'ibirangirire bo muri Sesame Street na The Muppets.

Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yavuze ko yishimiye kwakira Justin Bieber muri iki gitaramo, ashimangira ko kizafasha gushyigikira umushinga wa FIFA Global Citizen Education Fund, ugamije gukusanya miliyoni 100 z'Amadolari ya Amerika yo guteza imbere uburezi no guha abana amahirwe yo gukina umupira w'amaguru ku isi.

Uyu mushinga kugeza ubu umaze gukusanya arenga Miliyoni 50 z'Amadolari.

Justin Bieber yavuze ko yishimiye kuba azitabira iki gitaramo, agaragaza ko Igikombe cy'Isi ari kimwe mu bikorwa bihuza abantu benshi ku isi, kandi ko bishimishije kuba kizagira uruhare mu gufasha abana kubona uburezi bwiza.

Aba bahanzi bose bazaririmba muri iki gitaramo ntabwo bahazahembwa  amafaranga, nk'uko bisanzwe bikorwa no mu gitaramo cya Halftime show cyo muri Super Bowl, aho inyungu nyamukuru iba ari ukugaragara imbere y'abareba amamiliyari ku isi.

Bifatwa nk'aho abahanzi ari bo bazungukira mu kuririmba kuri uyu mukino bitewe n’uko uzaba uhanzwe amaso n’Isi yose.

Shakira na Burnaboy bazaririmba ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Isi cya 2026 gusa ntabwo bazishyurwa

Shakira yaririmbye ku mukino ufungura igikombe cy'Isi, gusa nabwo ntiyishyuwe

Justin Bieber nawe yongewe ku bazaririmba ku mukino wa nyuma, gusa ntabwo azishyurwa


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...