Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi
(FIFA) iheruka gutangaza ko umuhanzi Justin Bieber yongerewe ku rutonde
rw’abazataramira abafana mu kiruhuko cy'umukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi cya
2026.
Uyu mukino uzabera kuri Stade ya MetLife i New Jersey muri Leta Zunze Ubumwe za
Amerika ku wa 19 Nyakanga 2026. Iki kizaba ari cyo gitaramo cya mbere cy'ubwoko
bwa "Halftime show" kibereye mu mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi.
Justin Bieber aje asanga Madonna, Shakira na BTS,
bari basanzwe baratangajwe nk'abazayobora iki gitaramo kizamara iminota 11.
FIFA yavuze ko iki gitaramo kizahuza umupira w'amaguru, umuziki n'ubutumwa
bugamije guteza imbere imibereho myiza y'abana ku isi.
Iki gitaramo cyateguwe n'umuhanzi Chris Martin wo mu
itsinda Coldplay. Hazanaririmbamo Burna Boy, umuyobozi w'ibitaramo Gustavo
Dudamel, Korali ya PS22 Chorus ifatanyije na Coldplay, n'abakinnyi
b'ibirangirire bo muri Sesame Street na The Muppets.
Uyu mushinga kugeza ubu umaze
gukusanya arenga Miliyoni 50 z'Amadolari.
Justin Bieber yavuze ko yishimiye kuba azitabira iki
gitaramo, agaragaza ko Igikombe cy'Isi ari kimwe mu bikorwa bihuza abantu
benshi ku isi, kandi ko bishimishije kuba kizagira uruhare mu gufasha abana
kubona uburezi bwiza.
Aba bahanzi bose bazaririmba muri iki gitaramo
ntabwo bahazahembwa amafaranga, nk'uko
bisanzwe bikorwa no mu gitaramo cya Halftime show cyo muri Super Bowl, aho
inyungu nyamukuru iba ari ukugaragara imbere y'abareba amamiliyari ku isi.
Bifatwa nk'aho abahanzi ari bo bazungukira mu
kuririmba kuri uyu mukino bitewe n’uko uzaba uhanzwe amaso n’Isi yose.

Shakira na Burnaboy bazaririmba ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Isi cya 2026 gusa ntabwo bazishyurwa

Shakira yaririmbye ku mukino ufungura igikombe cy'Isi, gusa nabwo ntiyishyuwe

Justin Bieber nawe yongewe ku bazaririmba ku mukino wa nyuma, gusa ntabwo azishyurwa
