Ku wa Kabiri w’iki Cyumweru ni bwo APR FC yatsinze Kiyovu Sports mu mukino ubanza wa 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro cya 2026 ibitego 2-0. Kuri uyu mukino ariko ntabwo Dauda Yussif umaze iminsi yitwara neza yari mu bakinnyi 11 babanje mu kibuga ndetse nta n'ubwo yari ku ntebe y’abasimbura.
Amakuru avuga ko impamvu atakoreshejwe ari ukubera ko yageze kuri Kigali Pele Stadiuma atinze. Ubwo iyi kipe y’Ingabo z’igihugu yari igiye guhaguruka i Shyorongi, uyu mukinnyi yarahamagawe ngo ajyane n’abandi mu modoka nk'uko bisanzwe, gusa ababwira ko bagenda akabasanga kuri Stade.
Byarangiye ahageze atinze umutoza yamaze gutegura abakinnyi akoresha ubundi ntiyamukoresha gutyo. Byitezwe ko Duada Yussif azakoreshwa ku mukino APR FC ifitanye na Police FC ejo ku wa Gatanu, akazafatirwa ibihano nyuma.
Kugeza ubu ikipe y’Ingabo z’igihugu iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 38.

Duada Yussif ntiyakoreshejwe ku mukino na Kiyovu Sports bitewe no gukererwa
