Kuri uyu wa Gatanu Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko yo na Rwanda Premier League, byemereye amakipe ya Al Merrikh SC, Al Hilal SC na El Ahli SC Wada Medani yo muri Sudani gukina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda muri uyu mwaka w’imikino.
Umunyamabanga w'Agateganyo wa FERWAFA ndetse akaba na Visi Perezida wa kabiri ushinzwe tekinike, Mugisha Richard aganira na Radio Rwanda yavuze ko bavuganye na Rwanda Premier League ko hari amafaranga azahabwa amakipe bitewe n’ uko hari imikino itandatu yiyongereye ku isanzwe yari kuzakina.
Yavuze ko bimwe mu byatumye bemerera aya makipe yo
muri Sudani ari ukuba u Rwanda ruzwiho kwakira neza abarugana.
Ariko ikindi cyiza kinarimo nk’u Rwanda tuzwiho kwakira neza
abatugana mu nzego zitandukanye. Abatabizi hari na Kaminuza yimutse yo muri
Sudani iza inaha, rero imibanire ya Sudani n’u Rwanda ni myiza cyane ariko biri
no muri wa muco w’u Rwanda”.
Mugisha Richard yavuze ko icyo baganiriyeho kugira
ngo bemerere Al-Merrikh, Al Hilal Omdurman na Al Ahli SC Wad Madan harebwe inyungu rusange.
Ati: ”Icyo twaganiriyeho na Rwanda Premier League ni
ukureba inyungu rusange ziri mu gikorwa nk’iki rusange ziri mu gikorwa nk’iki.
Aya ni amakipe akomeye nk'uko tubizi arusha amakipe y’iwacu amakipe ajya mu
matsinda, amakipe amaze imyaka myinshi”.
Yavuze ko hanarebwe ku bijyanye no kongera
ubushobozi bwa shampiyona ibijyanye n’isura y’igihugu ndetse ko harimo n’izindi
nyungu nyinshi zirenze izo kuvuga ngo wabangira.
Umunyamabanga w'Agateganyo wa FERWAFA ndetse akaba
na Visi Perezida wa kabiri ushinzwe tekinike yavuze ko ku bijyanye no gukinisha
umubare w’abanyamahanga hari kurebwa uko havugururwa itegeko bakaba bakongerwa
ku makipe yo mu Rwanda bijyanye n’uko kuri aya makipe yo muri Sudani ho nta
mubare ntarengwa uzaba uhari.
Yavuze ko aya makipe naramuka anasabye kuba yakina
andi marushanwa arimo igikombe cy’Amahoro nabyo yazabyemererwa.
Ku bijyanye na Super Cup ho yavuze ko izakinwa mu kwezi kwa mbere ndetse hakaba hari no kurebwa uburyo izakinwamo.

Mugisha Richard yavuze ko imwe mu mpamvu aya makipe yemerewe ari ukubera ko u Rwanda ruzwiho kwakira neza abarugana

FERWAFA yemeje ko amakipe yo muri Sudani yemerewe gukina shampiyona y'u Rwanda
