Ariko
inyuma y’iri zina rikomeje kuzamuka, haracyari ikibazo gikomeye kibangamira
iterambere rirambye ry’uru rwego: impano ziramenyekana, ariko ntizishyigikirwa
mu buryo buhamye zituma zikura, zigatera imbere kandi zigahoraho.
Mu
myaka icumi ishize, impano nyafurika zungukiye cyane ku kumenyekana. Imbuga
nkoranyambaga, iminsi mikuru mpuzamahanga, amarushanwa n’ibitaramo bikomeye,
ndetse n’ibigo bitunganya umuziki na filime ku rwego rw’Isi, byongereye
amahirwe yo kumvikana kw’abahanzi bo muri Afurika. Nyamara, kumenyekana
ntibivuze kubaho mu buryo burambye.
Mu
gihe hatabayeho inzego zifatika zishyigikira impano nk’amahugurwa, ubujyanama,
guhuza abahanzi n’amasoko, kwemerwa n’inzego z’igihugu ndetse n’ishoramari
rirambye, abenshi mu bahanzi baguma mu ntsinzi z’igihe gito, ntibabone uko
bahindura izina bagizemo icyizere cy’akazi n’ubucuruzi burambye.
Iri
tandukaniro riri hagati yo kumenyekana no kubaka urwego rukomeye ryabaye imwe
mu mbogamizi zikomeye z’inganda z’umuco muri Afurika. Impano ni nyinshi, ariko
urusobe ruzishyigikira ruracyari rucye kandi rutatanye.
Kenshi, intsinzi
y’umuhanzi ishingira ku kwihangana kwe bwite, aho gushingira ku rwego
rumushyigikiye.
Ibi
bituma agaciro k’ibihangano karemwa, ariko ntikagume mu gihugu byaturutsemo,
ndetse n’impano nyinshi zigahagarara zitaragera ku rwego rwazo rwuzuye.
Ikibazo
si ukubura impano, kandi si ukubura abakunzi b’ubuhanzi. Ni ukubura ishoramari
rifata impano nk’umutungo w’igihe kirekire.
Inganda z’umuco n’ubuhanzi zigifatwa nk’izifite agaciro k’ikirango (symbolic), aho gufatwa nk’izindi nzego z’ubukungu zisaba igenamigambi, imiyoborere n’ishoramari riringaniye nk’irikorwa mu ikoranabuhanga, inganda cyangwa siporo.
Nyamara ku rwego mpuzamahanga, uru rwego rwemejwe nk’imwe mu nkingi zitanga
akazi, zishyira urubyiruko mu mirimo kandi zigatanga imbaraga z’igihugu ku
rwego rw’Isi.
Gushora
imari mu mpano bisaba impinduka mu mitekerereze. Inkunga z’igihe gito,
ibitaramo by’akanya gato n’ibikorwa bigamije kwamamaza gusa bishobora gutanga
izina, ariko ntibyubaka inganda. Igikenewe ni uburyo burambye buhuza impano
n’ubumenyi, amahirwe, imiyoboro y’akazi, icyizere n’agaciro ku rwego
mpuzamahanga.
Hari
abaterankunga n’ibigo bitangiye gusobanukirwa neza iki kibazo mu buryo
bwagutse.
Urugero ni gahunda ya Afurika yose yitwa We Champion Talent, igikorwa
gihuriweho na Orun na 1xBet, cyateguwe kitagamije kwamamaza gusa, ahubwo
kigamije kuziba icyuho kiri mu rwego rw’umuco n’ubuhanzi.
Iyi
gahunda ihuza gushyigikira impano, kubonera abahanzi amahirwe, diplomasi
y’umuco n’itangazamakuru rifite icyerekezo, byose bikorera mu murongo umwe
wubatswe neza. Agaciro kayo si izina ryayo, ahubwo ni igitekerezo kiyigize:
gufata impano nk’ishoramari ryo kwitabwaho mu gihe kirekire, rifite intego,
gukurikirana no gupimwa.
Ibi
binashimangirwa n’abayobozi b’inganda, batangiye kubona ko gushora mu muco
atari ugushaka izina ryiza gusa.
Khalidou Guissé, Umuyobozi wa 1xBet muri
Sénégal, yagize ati:
Iyi
mitekerereze ni ingenzi kuko inganda z’umuco zifitanye isano ikomeye n’ubukungu
n’imibereho rusange. Imibare mpuzamahanga igaragaza ko uru rwego rutanga akazi
kuri za miliyoni z’abantu, cyane cyane urubyiruko.
Muri Afurika, aho igitutu
cy’ubwiyongere bw’abaturage n’ubushomeri by’urubyiruko bikomeje kwiyongera,
ubuhanzi bushobora kuba inzira ifatika yo kwihangira imirimo no kwinjiza
amafaranga, ariko bikozwe mu buryo bwubakiye ku nzego zihamye.
Mu
gusoza, ejo hazaza h’inganda z’umuco n’ubuhanzi muri Afurika ntikuzashingira ku
kumenyekana gusa.
Kuzashingira ku rwego impano zubakiweho. Gushora mu bahanzi si impuhwe; ni icyemezo cy’ubukungu, imibereho n’icyerekezo.
Mu gihe Isi
ikomeje gushishikarira ubuhanzi nyafurika, igipimo nyacyo cy’iterambere kizaba
ari uko ubwo bushake buhinduka agaciro karambye ku bahanga n’urusobe
rw'ibihangano.
Orun,
iyobowe na Africa Currency Network (ACN) kandi ikaba ari umunyamuryango wa
Kigali International Financial Centre, ni umuryango nyafurika wibanda ku kubaka
inganda z’umuco n’ubuhanzi nk’inkingi z’iterambere rirambye, ubwigenge bw’umuco
n’imbaraga za Afurika ku rwego mpuzamahanga.
Nk’urufunguzo rw’ubukungu bw’ibihugu bya Afurika, Orun igira uruhare mu guhindura ubukungu bw’imbere mu gihugu, igashyira imbere impano n’ubukorikori nyafurika.
Ihuza guhanga udushya, ubuhanzi, ubukorikori n’iyigisha ryabwo, Orun ihindura inkuru, impano
n’ubukorikori mu mutungo urambye ufite agaciro ku muco, ubukungu n’icyubahiro,
ugatanga umusaruro mu gihugu kandi ugahuza Afurika n’amasoko mpuzamahanga.

Massamba Intore ari kumwe n'itsinda ry'ababyinnyi bataramiye muri Maroc bashyigikiwe n'umuryango 'Orun' mu gikorwa cy'umuco
Hobe
Massamba, itsinda rya Masamba Intore, umuririmbyi nyarwanda kandi umutoza w'Itorero ry'Igihugu 'Urukerereza'
