Impamvu ahazaza h’ubuhanzi n’umuco muri Afurika hashingiwe ku gushora mu mpano, atari ku kuzamura izina gusa

Imyidagaduro - 09/02/2026 11:06 AM
Share:

Umwanditsi:

Impamvu ahazaza h’ubuhanzi n’umuco muri Afurika hashingiwe ku gushora mu mpano, atari ku kuzamura izina gusa

Urwego rw’ubuhanzi n’umuco muri Afurika ruragenda rugaragara cyane ku rwego mpuzamahanga. Abahanzi b’imideli, abakora sinema, abahanzi b’umuziki, abakora ibihangano by’ikoranabuhanga n’abanyabukorikori b’iki gihe, bakomeje kugira uruhare rukomeye mu guhindura isura y’imyambarire, imyumvire n’inkuru zivugwa ku Isi.

Ariko inyuma y’iri zina rikomeje kuzamuka, haracyari ikibazo gikomeye kibangamira iterambere rirambye ry’uru rwego: impano ziramenyekana, ariko ntizishyigikirwa mu buryo buhamye zituma zikura, zigatera imbere kandi zigahoraho.

Mu myaka icumi ishize, impano nyafurika zungukiye cyane ku kumenyekana. Imbuga nkoranyambaga, iminsi mikuru mpuzamahanga, amarushanwa n’ibitaramo bikomeye, ndetse n’ibigo bitunganya umuziki na filime ku rwego rw’Isi, byongereye amahirwe yo kumvikana kw’abahanzi bo muri Afurika. Nyamara, kumenyekana ntibivuze kubaho mu buryo burambye.

Mu gihe hatabayeho inzego zifatika zishyigikira impano nk’amahugurwa, ubujyanama, guhuza abahanzi n’amasoko, kwemerwa n’inzego z’igihugu ndetse n’ishoramari rirambye, abenshi mu bahanzi baguma mu ntsinzi z’igihe gito, ntibabone uko bahindura izina bagizemo icyizere cy’akazi n’ubucuruzi burambye.

Iri tandukaniro riri hagati yo kumenyekana no kubaka urwego rukomeye ryabaye imwe mu mbogamizi zikomeye z’inganda z’umuco muri Afurika. Impano ni nyinshi, ariko urusobe ruzishyigikira ruracyari rucye kandi rutatanye.

Kenshi, intsinzi y’umuhanzi ishingira ku kwihangana kwe bwite, aho gushingira ku rwego rumushyigikiye.

Ibi bituma agaciro k’ibihangano karemwa, ariko ntikagume mu gihugu byaturutsemo, ndetse n’impano nyinshi zigahagarara zitaragera ku rwego rwazo rwuzuye.

Ikibazo si ukubura impano, kandi si ukubura abakunzi b’ubuhanzi. Ni ukubura ishoramari rifata impano nk’umutungo w’igihe kirekire.

Inganda z’umuco n’ubuhanzi zigifatwa nk’izifite agaciro k’ikirango (symbolic), aho gufatwa nk’izindi nzego z’ubukungu zisaba igenamigambi, imiyoborere n’ishoramari riringaniye nk’irikorwa mu ikoranabuhanga, inganda cyangwa siporo.

Nyamara ku rwego mpuzamahanga, uru rwego rwemejwe nk’imwe mu nkingi zitanga akazi, zishyira urubyiruko mu mirimo kandi zigatanga imbaraga z’igihugu ku rwego rw’Isi.

Gushora imari mu mpano bisaba impinduka mu mitekerereze. Inkunga z’igihe gito, ibitaramo by’akanya gato n’ibikorwa bigamije kwamamaza gusa bishobora gutanga izina, ariko ntibyubaka inganda. Igikenewe ni uburyo burambye buhuza impano n’ubumenyi, amahirwe, imiyoboro y’akazi, icyizere n’agaciro ku rwego mpuzamahanga.

Hari abaterankunga n’ibigo bitangiye gusobanukirwa neza iki kibazo mu buryo bwagutse.

Urugero ni gahunda ya Afurika yose yitwa We Champion Talent, igikorwa gihuriweho na Orun na 1xBet, cyateguwe kitagamije kwamamaza gusa, ahubwo kigamije kuziba icyuho kiri mu rwego rw’umuco n’ubuhanzi.

Iyi gahunda ihuza gushyigikira impano, kubonera abahanzi amahirwe, diplomasi y’umuco n’itangazamakuru rifite icyerekezo, byose bikorera mu murongo umwe wubatswe neza. Agaciro kayo si izina ryayo, ahubwo ni igitekerezo kiyigize: gufata impano nk’ishoramari ryo kwitabwaho mu gihe kirekire, rifite intego, gukurikirana no gupimwa.

Ibi binashimangirwa n’abayobozi b’inganda, batangiye kubona ko gushora mu muco atari ugushaka izina ryiza gusa.

Khalidou Guissé, Umuyobozi wa 1xBet muri Sénégal, yagize ati: “Ubuhanzi nyafurika ntibubura ubushake cyangwa ubuhanga. Icyo bubura ni inzego zituma impano zikura mu gihe kirekire. Gushora mu rwego rw’umuco ni inshingano, ariko ni no kumenya aho agaciro k’ejo hazaza kazaturuka.”

Iyi mitekerereze ni ingenzi kuko inganda z’umuco zifitanye isano ikomeye n’ubukungu n’imibereho rusange. Imibare mpuzamahanga igaragaza ko uru rwego rutanga akazi kuri za miliyoni z’abantu, cyane cyane urubyiruko.

Muri Afurika, aho igitutu cy’ubwiyongere bw’abaturage n’ubushomeri by’urubyiruko bikomeje kwiyongera, ubuhanzi bushobora kuba inzira ifatika yo kwihangira imirimo no kwinjiza amafaranga, ariko bikozwe mu buryo bwubakiye ku nzego zihamye.

Mu gusoza, ejo hazaza h’inganda z’umuco n’ubuhanzi muri Afurika ntikuzashingira ku kumenyekana gusa.

Kuzashingira ku rwego impano zubakiweho. Gushora mu bahanzi si impuhwe; ni icyemezo cy’ubukungu, imibereho n’icyerekezo.

Mu gihe Isi ikomeje gushishikarira ubuhanzi nyafurika, igipimo nyacyo cy’iterambere kizaba ari uko ubwo bushake buhinduka agaciro karambye ku bahanga n’urusobe rw'ibihangano.

Orun, iyobowe na Africa Currency Network (ACN) kandi ikaba ari umunyamuryango wa Kigali International Financial Centre, ni umuryango nyafurika wibanda ku kubaka inganda z’umuco n’ubuhanzi nk’inkingi z’iterambere rirambye, ubwigenge bw’umuco n’imbaraga za Afurika ku rwego mpuzamahanga.

Nk’urufunguzo rw’ubukungu bw’ibihugu bya Afurika, Orun igira uruhare mu guhindura ubukungu bw’imbere mu gihugu, igashyira imbere impano n’ubukorikori nyafurika.

Ihuza guhanga udushya, ubuhanzi, ubukorikori n’iyigisha ryabwo, Orun ihindura inkuru, impano n’ubukorikori mu mutungo urambye ufite agaciro ku muco, ubukungu n’icyubahiro, ugatanga umusaruro mu gihugu kandi ugahuza Afurika n’amasoko mpuzamahanga.


Massamba Intore ari kumwe n'itsinda ry'ababyinnyi bataramiye muri Maroc bashyigikiwe n'umuryango 'Orun' mu gikorwa cy'umuco

Hobe Massamba, itsinda rya Masamba Intore, umuririmbyi nyarwanda kandi umutoza w'Itorero ry'Igihugu 'Urukerereza'


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...