Umusifuzi w'Umwongereza Michael Oliver ni we
uzasifura umukino wa 1/4 w’igikombe cy’Isi cya 2026 uzahuza Espagne n'u
Bubiligi, uzabera i Los Angeles. Uyu mukino uzaba ubaye uwa karindwi asifuye
muri iri rushanwa, ibintu bituma aba Umwongereza umaze gusifura imikino myinshi
mu mateka y’igikombe cy’Isi.
Nubwo ari umwe mu basifuzi bahabwa amahirwe yo
kuyobora umukino wa nyuma, ayo mahirwe ashobora kuyoyoka mu gihe Argentine
cyangwa u Bwongereza bwagera ku mukino wa nyuma.
Kuki bimeze gutyo?
Amategeko ya FIFA ateganya ko umusifuzi adashobora
gusifura igihugu akomokamo kugira ngo hirindwe kubogama. Ariko ku
basifuzi b'Abongereza n'aba Argentine ho hiyongeraho indi mpamvu ishingiye ku
mateka ya politiki hagati y'ibihugu byombi.
Ibi bifitanye isano n'intambara ya Falklands yabaye
mu 1982 hagati y'u Bwongereza na Argentine. Iyo ntambara yamaze iminsi 74,
isiga abasirikare 649 ba Argentine, abasirikare 255 b'u Bwongereza n'abaturage
batatu bo ku birwa bya Falklands bahasize ubuzima.
N'ubwo hashize imyaka irenga 40, ikibazo
cy'ubusugire bw'ibirwa bya Falklands kiracyateza impaka, aho Perezida wa
Argentine Javier Milei akomeje gushimangira ko ibyo birwa bikwiye kuba
iby'igihugu cye.
Kubera iyo mpamvu, FIFA ikomeza kwirinda ko
umusifuzi w'Umwongereza yasifura umukino wa Argentine cyangwa se
uw'Umunya-Argentine agasifura uw'u Bwongereza.
Bikorwa bite mu gutoranya abasifuzi?
FIFA ihitamo abasifuzi kuri buri mukino hashingiwe
mbere na mbere ku mikorere yabo n'amanota baba barabonye mu mikino yabanje.
Si ikibazo kiri hagati y'u Bwongereza na Argentine
gusa. Urugero, umusifuzi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ashobora
kutagenerwa umukino wa Iran, kimwe n'uko uw'Umunya-Iran na we ashobora
kutagenerwa umukino wa Amerika.
Byongeye kandi, abasifuzi ntibasifura imikino
ishobora kugira ingaruka ku gihugu cyabo. Ni yo mpamvu abasifuzi b'Abongereza
batasifuye indi mikino yo mu itsinda ry'u Bwongereza cyangwa imikino
yashoboraga kugira ingaruka ku rugendo rwabwo muri iri rushanwa.
Pierluigi Collina ni we ufata icyemezo cya nyuma
Itsinda riyobowe na Pierluigi Collina, ushinzwe
abasifuzi muri FIFA, ni ryo rihitamo umusifuzi wa buri mukino. Iryo tsinda
rireba imikorere, ubunararibonye ndetse n'ibindi bishobora gutuma umusifuzi
yakwizerwa ku mukino runaka.
Uwahoze ari umusifuzi asanga igihe kigeze ngo ibintu
bihinduke
Uwahoze asifura muri Premier League, Graham Scott,
yavuze ko igihe kigeze ngo umupira w'amaguru uve muri ibyo bitekerezo
bishingiye ku mateka ya politiki.
Yagize ati:”Abasifuzi batozwa kutabogama, bakareba
amakipe nk'ayambaye amabara atandukanye gusa, bityo kutabemerera gusifura
kubera amateka y'intambara yabaye mbere y'uko bamwe muri bo banavuka,
bidakwiye”.
Scott yavuze ko we nk'Umwongereza yakwemera ko
umunya-Argentine Facundo Tello asifura umukino w'u Bwongereza kuko amufata
nk'umwe mu basifuzi beza ku Isi.
Yongeyeho ko Michael Oliver atari yaranavutse igihe
Intambara ya Falklands yabaga mu 1982, mu gihe Anthony Taylor yari afite imyaka
itatu gusa, bityo gukomeza kubahanira amateka batagize uruharemo bidakwiye.
Nubwo yemera ko atari byoroshye guhindura ayo mabwiriza hagati mu Gikombe cy'Isi, Scott asanga FIFA ikwiye gutekereza ku kuyavugurura mu marushanwa ataha.
Michael Oliver ni we uzasifura umukino wa Espagne n'u Bubiligi gusa ntabwo yemerewe gusifura umukino wa Argentine
