Impaka ku gihano cya Balogun zashyize Infantino mu mazi abira

Imikino - 07/07/2026 7:38 AM
Share:

Umwanditsi:

Impaka ku gihano cya Balogun zashyize Infantino mu mazi abira

Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, ari gusabwa kwegura nyuma y'icyemezo cyafashwe n'uru rwego kigahagarika by'agateganyo igihano cy'umukinnyi w'ikipe y'igihugu ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Folarin Balogun, wari warahawe ikarita itukura.

Iki cyemezo cyakuruye impaka zikomeye ku isi y'umupira w'amaguru, aho benshi bavuga ko cyatesheje agaciro amategeko agenga igikombe cy'Isi ndetse kigashyira mu kaga icyizere abafana n'amashyirahamwe bari bafitiye FIFA.

Balogun yari yirukanywe mu mukino Amerika yatsinzemo Bosnia na Herzegovina, bivuze ko yagombaga guhita asiba umukino wa 1/8 cy'irangiza wagombaga kuyihuza n'u Bubiligi nk'uko amategeko abiteganya.

Icyakora, FIFA yatangaje ko ishyirwa mu bikorwa ry'icyo gihano rihagaritswe mu gihe cy'umwaka umwe w'igeragezwa, bituma yemererwa gukina uwo mukino.

Ibi byabaye nyuma y'uko Perezida wa Amerika, Donald Trump, ndetse na Andrew Giuliani uyobora itsinda rya White House rishinzwe Igikombe cy'Isi, bagiranye ikiganiro kuri telefoni na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.

Nyuma y'icyo cyemezo, Trump yacyishimiye anyuze ku rubuga rwe rwa Truth Social, avuga ati: "Ndashimira FIFA kuba yakoze igikwiye igakuraho akarengane gakomeye."

Mu itangazo ryayo, FIFA yavuze ko yafashe icyo cyemezo hashingiwe ku ngingo ya 27 y'amategeko yayo agenga imyitwarire. Yagize iti: "Ishyirwa mu bikorwa ry'igihano cyo gusiba umukino rihagaritswe mu gihe cy'umwaka umwe. Mu gihe Balogun yakongera gukora ikosa rimeze nk'iri muri icyo gihe, icyo gihano kizahita gisubizwaho, hiyongereyeho n'ibindi bihano bishobora gutangwa ku ikosa rishya."

Icyo cyemezo cyahaye Amerika imbaraga mbere zo guhura n'u Bubiligi kuko Balogun ari we wari umaze gutsinda ibitego byinshi muri iri rushanwa.

Amateka agaragaza ko kuva Igikombe cy'Isi cyatangira, mu makarita atukura 188 yatanzwe, hari umukinnyi umwe gusa wigeze kutahanishwa gusiba umukino wakurikiyeho. Uwo ni Garrincha wa Brazil mu 1962, mbere y'uko itegeko ry'ibihano byikora rishyirwaho, mu rubanza rwavuzwemo kwivanga kwa politiki.


Mu gusobanura uko byagenze, Gianni Infantino yavuze ko yakiriye telefoni ya Donald Trump, ariko ahamya ko atigeze yivanga mu ifatwa ry'icyemezo.

Yagize ati: "Nkunda kuganira na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku bibazo bitandukanye birebana n'Igikombe cy'Isi. Kuri iki kibazo na bwo yarampamagaye, nk'uko nkunda kwakira telefoni z'abakuru b'ibihugu, abayobozi ba guverinoma n'abandi bafite aho bahurira n'umupira w'amaguru."

Yakomeje avuga ko yasobanuriye Trump ko uru rubanza rwari rukiri mu maboko y'inzego zigenga z'ubutabera bwa FIFA kandi ko ari zo zifata ibyemezo. Ati: "Kubahiriza ubwigenge bw'izo nzego ni byo birinda ubusugire bw'amarushanwa n'icyizere FIFA ifitiwe."

Nubwo bimeze bityo, Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Mugabane w'u Burayi (UEFA) ryamaganye bikomeye icyo cyemezo, rivuga ko FIFA yarenze umurongo utagomba kurengwa.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru The Mirror, mu itangazo ryaryo, UEFA yavuze ko gusiba umukino umwe nyuma yo guhabwa ikarita itukura atari icyemezo gishingiye ku bushake, ahubwo ari itegeko risobanutse rigomba kubahirizwa kimwe kuri bose.

Ryagize riti: "Iyo abashinzwe b'amategeko batangiye kuyatesha agaciro, ubusugire bw'amarushanwa burahungabana kandi icyizere cy'abafana kigatakara. Iki cyemezo gishyizeho urugero rubi ruzatuma n'ibindi bibazo bisa na cyo bisaba gufatirwa imyanzuro nk'iyi."

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ry'u Bubiligi na ryo ryatangaje ko ryatunguwe n'icyemezo cya FIFA, rivuga ko kidafite ibisobanuro byumvikana.

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Bubiligi, Maxime Prévot, yavuze ko niba koko telefoni ya Trump ari yo yagize uruhare muri iki cyemezo, byaba ari ukwica amahame shingiro agenga siporo n'umupira w'amaguru.

Ku ruhande rwe, Donald Trump yemeye ko yasabye FIFA gusubiramo dosiye ya Balogun. Yagize ati: "Nabonaga atari ikosa rikwiye gutuma umukinnyi asiba undi mukino. Nabasabye gusa kongera kubireba kuko nifuzaga ko amakipe yombi akina afite abakinnyi bayo beza."

Yanavuze ko atigeze ategeka FIFA icyo gukora, ahubwo ko icyemezo cyafashwe n'akanama kabifitiye ububasha. Abafana benshi, abanyamategeko ba siporo n'abayobozi b'amashyirahamwe y'umupira w'amaguru bakomeje gusaba ibisobanuro birambuye kuri iki cyemezo, mu gihe hari n'abasabye ko Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yakwegura kubera ibyo bita gutesha agaciro amategeko agenga umupira w'amaguru.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...