Babinyujije ku mbuga
nkoranyambaga zabo ndetse n’izi nzu y’imideli yabo yitwa ‘Zoi’ basangije ababakurikira amafoto meza abagaragaza bambaye amakanzu meza arekuye yo mu ibara
rya zahabu.
Abababonye buririyeho
bongera kubibutsa ko ari beza kandi baberwa. Uwitwa Josine Queen yahereye ku
magambo bakoresheje bavuga ko ari imitima ya zahabu, yagize ati:"Muri ab'igiciro
kuruta zahabu."
Undi nawe witwa Tifah
Kamikazi yagize ati: "Birandenze ". Hari n'uwitwa Navida wagize ati: "Muri beza
birenze." Abandi bagiye bakoresha utumenyetso bashimangira ko babakunda
kandi baberewe muri abo harimo na Miss Rwanda 2019 Meghan Nimwiza.
Ubu bwoko bw’amakanzu
bumenyerewe nka ‘kiva’ bugezweho mu bari n’abategarugori b'abasilimu bigaragara
ko inzu y’imideli ya Mackenzie yitwa Zoi yamaze kubona ko bikwiye ko nayo igira
imyambaro yayo ikorewe mu Rwanda iri muri uwo mujyo.
Mackenzie ni itsinda
ry’abakobwa b’abanyarwandakazi bafitanye isano ari bo Miss Rwanda 2020, Nishimwe
Naomie uvukana mu nda na Kathia Kamali Uwase na Brenda Iradukunda, hari kandi na mubyara
wabo witwa Uwase Pamella Loana kimwe na nyirasenge Kelly Uwineza.
Aba bakobwa uko ari batanu bari mu batigisa imbuga nkoranyambaga n’imyidagaduro nyarwanda cyane cyane Instagram nubwo n’izindi ari uko. Nishimwe Naomie aherutse gutangiza ikiganiro kuri Youtube agenda aganirizamo ubuzima bwe, umukunzi we, abavandimwe be n’inshuti ze muri rusange.
Miss Nishimwe Naomie n'abavandimwe be mu makanzu meza
Ibyishimo byari byose ku bagize Mackenzie
Mackenzie imaze kuba ubukombe mu mideli yaba mu kuyimurika no kuyitunganya binyuze mu nzu yabo y'imideli ya Zoi
KANDA HANO UREBE UBUZIMA BWA BURI MUNSI BW'ABA BAKOBWA BY'UMWIHARIKO MISS NISHIMWE NAOMIE
