Imiterere y’urubanza rwa Muganga Chantal urega Dr Erneste Nsabimana wanze kumugira umugore

Amakuru ku Rwanda - 19/09/2025 8:55 AM
Share:

Umwanditsi:

Imiterere y’urubanza rwa Muganga Chantal urega Dr Erneste Nsabimana wanze kumugira umugore

Rurageretse hagati ya Muganga Chantal na Dr.Ernest Nsabimana wahoze ari Minisitiri w'ibikorwaremezo bakundanye amezi atatu mu mwaka wa 2009 ariko akaza kumutera uw’inyuma agashaka undi mugore nyamara Chantal yari yarasezeranyijwe ko ari we uzaba umugore wa Dr.Ernest Nsabimana.

Nta kintu kiri kugarukwaho cyane nk’inkuru y’umukobwa w’imyaka 44 wanze gushaka umugabo kubera agahinda avuga ko yatewe na Dr.Ernest Nsabimana wahoze ari Minisitiri w'ibikorwaremezo wari waramwemereye kuzamugira umugore nyuma akaza kumutera uw’inyuma.

Ni urubanza rwabaye ku wa 16 Nzeri 2025 mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge aho Chantal avuga ko Dr Erneste Nsabimana agomba kumuvuza agahinda gakabije yamuteye mu mwaka wa 2009 ubwo bakundanaga amezi atatu.

Guhura no gukundana kwa Dr Erneste na Muganga Chantal

Uyu mukobwa watewe ibikomere na Dr Nsabimana Erneste, avuga ko yamenyanye bwa mbere na Dr Erneste ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye iwabo i Huye icyo gihe Dr Erneste nawe akaba yarigaga muri Kaminuza y’u Rwanda i Huye.

Chantal yaje gukundwa n’umusore w’inshuti ya Dr Erneste hanyuma uwo musore agenda amuratira abandi biganaga muri kaminuza harimo na Dr Erneste ariko baza kuba inshuti cyane ubwo uyu mukobwa yacuruzaga amata hafi ya kaminuza.

Baje gukomeza kuba inshuti kugera ubwo Chantal aje muri Kigali ndetse bakajya banasurana ariko icyo gihe Chantal ariwe ushyira imbaraga nyinshi mu mubano n’ubucuti bwabo kuko uyu mukobwa avuga ko yaje kumenya ko icyo gihe Dr Erneste yari afite undi mukunzi.

Nyuma y’aho, Chantal yaje kurekana na Dr Erneste nyuma y’uko yabonaga iby’urukundo rwabo yashakaga bitagishobotse. Nyuma y’umwaka batakivugana, baje kongera guhurira i Kigali, Chantal yarabonye umuterankunga w’umuzungu afite amafaranga hanyuma Dr Erneste yongera kumwiryoshyaho umubano urazuka.

Icyo gihe yahise amubwira ko atekereza gushaka umugore ariko atari yabona uwo yifuza nuko bakomeza kuvugana nyuma muri Kanama 2009 amubwira ko batera igikumwe bagahita bibanira ariko icyo gihe Chantal ntiyahita abyiyumvamo.

Nyuma baje gukomeza gukundana ndetse Chantal akajya ajya kumusura ku kazi ke nawe amwereka abakozi bakorana, baramenyana ndetse akajya yirirwa amurata mu bandi bakozi bakoranaga muri ETO Kicukiro. Gusa icyo gihe Erneste yakundwaga cyane n’abakobwa benshi.

Mu gihe Chantal yiteguraga kurushinga arimo abibwira inshuti n’abavandimwe be bose, yatunguwe no kumva ko Dr Erneste yashatse undi mugore nyuma amenya ko uwo mukobwa bashyingiranywe yajyaga ajya kumutekera. Avuga ko ubukwe bwabo bwabaye nk’ubw'ubujura kuko byabaye mu ibanga rikomeye cyane.

Icyo gihe kuva mu mpera z’umwaka wa 2009, Muganga Chantal nibwo yahise atangira kugira uburwayi bw’agahinda gakabije ahita ajya mu mwuga wo gukina filime ndetse no kuririmba aho yibandaga cyane ku byamubayeho muri icyo gihe cyose.

Chantal avuga ko aterwa agahinda no kuba Dr Erneste afite imfura y’imyaka 15 kandi we atari yabyara. Agira ati “N’ubu akenshi mu bintu bintera agahinda, ntekereza umwana we w’imyaka 15 kandi njyewe nta mwana mfite. Icyo kintu gikunda kumbabaza.”

Avuga ko impamvu yo kudashaka no kutabyara ari ibikomere yatewe n’urwo rukundo avuga ko n’ubwo imyaka 15 ishize ariko nta muntu yakwemera gushyingiranwa nawe. Ati “Oya nagize ibikomere birakomeza birangora. None se nta bantu nakundanye nabo bari bafite gahunda yo kunshyira mu rugo?”

Arakomeza ati “Nakundanye n’umusirikare ariko yari afite ibikomere nk’ibyange. Nyuma yaho nakundanye n’abantu bafite ibikomere nk’ibyange tukaganira bigapfa kuko umuntu wakomeretse… n’ubwo haciyeho igihe, nta muntu naha igikumwe kuko nagira ‘stroke’ nkapfa.”

Chantal asobanura ko yongeye gushengurwa cyane n’amagambo ya Dr Erneste ubwo baheruka guhura kuko icyo gihe yamubwiye ngo “Chantal, ko uri mwiza kubera iki utarongorwa?”

Avuga ko Dr Nsabimana agirwa Minisitiri atigeze asinzira ndetse yakomeje gushengurwa n’uko yamwiciyeho ntamuhe no ku mafaranga bigatuma ashaka kwiyahura.

Ati “Hari n’igihe nageragezaga kwiyahura ariko bakamfata kubera icyo gikomere. Ukabona umuntu wakwiciye ubuzima, abayeho neza, akakwima no ku mafaranga, nabyo bigakomeza kumbabaza. Ndetse ndibuka ko aba Minisitiri naraye ndira kubera ko umugabo wanjye yabaye umuntu ukomeye kandi atamvugisha.”

Avuga ko nyuma yaje kuganira na Maitre Butare hanyuma amubwira ko yakundanye n’umuntu ukomeye akaba atamufasha nuko undi amubwira ko niba afite ibihamya bamujyana mu nkiko ahera ko ashaka ibyangombwa byo kwitwaza mu rukiko.

Ati: “Naramubwiye nti uyu muntu ko akomeye kandi nkaba mbana n’igikomere yanteye, nkaba mbana n’uburwayi budakira sinzinzira, mpora naniwe, ibintu nk’ibyo hanyuma arambwira ati niba mfite gihamya twamurega.”

Avuga ko gihamya afite ari uko yamuhamagaye akiba Minisitiri akamusaba kumuvuza ariko undi akamwima amatwi akamwihorera bikomeza kumutera akandi gahinda gakomeye cyane. 

Chantal yemeza ko yagiye kwivuza ako gahinda ko mu mwaka wa 2009 bakaba baramuciye amafaranga 400,000Frw byo kugira ngo avurwe asubire mu buzima busanzwe dore ko yavukiye mu muryango wifashije atajya anashobora ibintu byo kwihambira no kwinginga nk'uko abisobanura.




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...