Iyi ndirimbo yagaragazwaga
nk’indirimbo y’akataboneka, nini cyane kandi izageza Bruce Melodie kure
hashoboka ndetse umuziki we ugakomeza kwagura imipaka. Ibyo kandi
byashingirwaga ku kuba iyi ndirimbo yari kuba irimo umuhanzi wo muri Nigeria,
Joel Brown.
Amashusho y’iyi
ndirimbo yarafashwe afatwa n’Umunya-Uganda, Sacha Vybz ndetse nyuma y’iryo
fatwa ry’amashusho Joel Brown utarabashije kuba ahari yaje mu Rwanda afata
amashusho ye yihariye azongerwa muyo abandi bafashe.
Nyuma y’aho,
hari amakuru y’uko mu kwezi kwa karindwi abakora muri 1:55AM ireberera inyungu
za Bruce Melodie batangiye kubwira bamwe mu bazwi bakoresha imbuga
nkoranyambaga kwitegura gutangira kumenyekanisha indirimbo “Pom Pom” ya Bruce
Melodie na Diamond.
Ni indirimbo
yaciye ibintu mu Rwanda gusa dore ko kuva ayo makuru yashyuha Diamond atigeze ayivugaho
cyangwa ngo agaragaze ibimenyets by’umushinga munani babundikiriye kuko no mu
banyarwanda akurikira ku rubuga rwa Instagram ntabwo Bruce Melodie arimo. Abanyarwanda akurikira barimo: The Ben, Uncle Austin,
Niyo Bosco, Shaddyboo na Deejay Pius.
Iyi ndirimbo
yakomeje gutegerezwa cyane n’abantu ariko bigeze mu kwezi kwa cyenda, Bruce
Melodie ni bwo yavuze ko indirimbo ihari kandi izajya hanze ariko babanje kureba
igihe cyiza cyo kuyishyira hanze bazahurizaho uko ari abahanzi batatu.
Akazoza k’indirimbo
“Pom Pom” ya Bruce Melodie na Diamond na Joel Brown
Mu mpamvu
yagaragazaga zatumaga iyo ndirimbo itajya hanze, ni uko yashakaga kuyishyira
hanze afite umwanya uhagije ndetse n’abo bayikoranye hanyuma bakayimenyekanisha
mu buryo bwose bushoboka. Muri ayo mezi yose yategereje, nta bikorwa by’umuziki
n’ibitaramo Bruce Melodie yari afite.
Mu minsi ishize,
Bruce Melodie na The Ben bemeranyijwe ko bazaririmba mu gitaramo “The Groove
New Year” kizaba ku munsi mukuru w'Ubunani muri BK Arena hanyuma bagahita bakora ibindi bitaramo
bizenguruka intara zose z’Igihugu.
Ni ibitaramo
bizaba mu ntangiriro z’umwaka utaha kandi bikaba byarashyizwemo imbaraga na
1:55AM isanzwe ireberera Bruce Melodie. Ibyo na byo byumvikana ko ari imwe mu
ngingo ituma indirimbo itazajya hanze vuba kuko Bruce Melodie azaba ahugiye mu
bitaramo kuruta kumenyekanisha indirimbo ye na Diamond.
Mu gihe ibyo
bitaramo byaba birangiye mu mezi atatu ya mbere y’umwaka utaha, iyi ndirimbo
ntabwo yahita ijya hanze ako kanya kuko abazi ibyo kubara neza iby’imiziki bahita
bumva ko atari igihe cyiza cyo gushyira hanze indirimbo nshya, ahubwo byasaba gutegereza impeshyi cyangwa impera z'umwaka wa 2026.
Ugendeye ku
mpamvu Bruce Melodie yatanze zatumye itinda, usanga iyi ndirimbo “Pom Pom” niba
izajya hanze atari mbere y’impeshyi y’umwaka utaha kubera ibikorwa bafite
bateganya kuzakora mu mezi ari imbere.
Ese Bruce Melodie
yashyira hanze indirimbo “Pom Pom” akayimenyekanishiriza mu bitaramo
azahuriramo na The Ben?
Bruce Melodie
ndetse n’abamureberera inyungu, bakunze kugaragaza ko uyu muhanzi yarenze
urwego rw’imbere mu gihugu ubu arangamiye cyane isoko ryo hanze y’Igihugu
ndetse no mu bihe bitandukanye yagiye akora ibiganiro mu bitangazamakuru byo
hanze y’u Rwanda.
Mu gihe yaba ahisemo kuyishyira hanze kugira ngo ayizengurukane Igihugu cyose kandi atabasha gutabanyuka ngo ajye no kuyimenyekanishiriza hanze na bagenzi be bakoranye, Bruce Melodie yaba agaragaje ko impamvu yahoze atanga zo kutayishyira hanze zari ibinyoma.

Bruce Melodie yashyize hanze amafoto ari kumwe na Diamond batunganya indirimbo yabo bise "Pom Pom" mu kwezi kwa kane uyu mwaka

Joel Brown wo muri Nigeria nawe ari muri uyu mushinga w'indirimbo ya Bruce Melodie na Diamond Platnumz
![]()
The Ben yamaze gutangaza igitaramo yatumiyemo Bruce Melodie kikaba kizanaca impaza z'umuhanzi ukomeye mu Rwanda magingo aya
