Kuri uyu wa Mbere, Rwanda Premier League yanditse ku
mbuga nkoranyambaga zayo ko kubera imirimo y'ingenzi izakorerwa kuri Kigali
Pele Stadium, umukino wo ku munsi wa 21 Kiyovu Sports yari kuzakiramo Marine FC ku wa Kabiri
tariki ya 24/02/2026 wasubitswe kuko iyo Stade izaba ifunze bityoigihe uzasubukurirwa kikazatangazwa.
Yavuze ko kubera ikibazo cy'amatara acanira Kigali
Pele Stadium, umukino Rayon Sports izakiramo Al Hilal SC ku wa Gatatu tariki ya 25/02/2026 wakuwe saa Kumi n'Ebyiri z'umugoroba ushyirwa saa Cyenda
z'igicamunsi.
Rwanda Premier League yavuze ko kandi umukino Al
Merrikh SC yari kuzakiramo AS Muhanga ku wa Gatatu tariki ya 25/02/2026 saa Cyenda
z'igicamunsi wasubitswe nawo igihe uzasubukurirwa kikazatangazwa.
Hakomeje kuba impinduka ku mikino itandukanye ya shampiyona bitewe n’ikibazo cy’amatara acakinira Kigalin Pele Stadium aho hari imikino myinshi byari biteganyijwe ko izajya ihakinirwa nimugoroba ariko ikaba irimo kwimurwa, bikagira ingaruka no ku yindi.

