Iki gikorwa cyabaye ku wa Gatandatu tariki ya 08 Kanama 2026 mu nsanganyamatsiko
igira iti “Balancing Life, Building Stronger Families”, kigamije guha imiryango
umwanya wo gusabana, kwidagadura no gukorera hamwe.
Ni umunsi udasanzwe waranzwe n'imikino y’abana, iy’abakuru ndetse n’amarushanwa yahuzaga abagize imiryango, bigatuma abitabiriye bagira umunsi wuzuye imyidagaduro n’ibyishimo.

Abana n’abakuru bahuriye
mu mikino itandukanye
Mu mikino y’abana harimo Egg
Race, aho abana bahataniraga gusiganwa batwaye amagi, umukino watumye abana
bishima kandi ugira uruhare mu kubahuza no kubatoza gukorera hamwe.
Ku bantu bakuru, habaye Billiards,
aho abitabiriye bagaragaje ubuhanga mu mukino usaba kwitonda no gutegura neza
uko ukina.
Hari kandi gusiganwa
mu mifuka, by'umwihariko ku bantu bafite imyaka 20 kuzamura. Uyu mukino
wari mu yatumye abitabiriye basusuruka, dore ko wasabaga umuvuduko, ubuhanga
ndetse n’akanyamuneza.
Uretse iyo mikino, hari
n’andi marushanwa n’ibikorwa bitandukanye byari bigenewe abana n’imiryango,
bigamije gutuma abantu bava mu buzima busanzwe bw’akazi bakabona umwanya wo
kwidagadura bari kumwe n’abo mu miryango yabo.
Ibihembo byatumye
amarushanwa arushaho kuryoha
Abatsinze imikino
n’amarushanwa atandukanye bahawe ibihembo bitandukanye byatanzwe
n’abafatanyabikorwa ba People Matters Family Day.
Muri ibihembo harimo ingofero
n’amacupa y’amazi bya Spiro, ndetse binyuze mu mukinpo wa Family
Treasure Hunting Challenge ibageza kuri Wheel of Love, abantu batsindiye
ibihembo byinshi birimo urugendo rwo gusura ibirunga yatanzwe na Terrapeak,
amafaranga 100,000 Frw yo guhaha imyambaro yatanzwe na Beyou, ijoro n’umuryango
wose muri Signature Hotel, ndetse n’amajoro 2 muri Tea House Boutique
Hotel.
Hari kandi ibihembo byatanzwe n’abandi bafatanyabikorwa barimo 4 Seasons Supermarket na Nature Kigali, mu gihe Spiro yari mu bafatanyabikorwa batanze ibihembo byari bitegerejwe cyane.

Moto ya Spiro yabaye
igihembo nyamukuru
Mu ibihembo byose
byatanzwe, moto ya Spiro ni cyo gihembo gikuru cyari gitegerejwe
n’abitabiriye, aho cyegukanywe binyuze muri tombola ya wheel of love.
Mu kiganiro InyaRwanda yagiranye na Juru Rugabira Pacific,
umwe mu bitabiriye igikorwa ari kumwe n’umuryango we, akaza no gutahana moto
nyuma y’uko umwana we atsinze muri tombola.
Yavuze ko kuba umwana ari
we watsindiye icyo gihembo byabatunguye cyane, ariko bakabyishimira kuko
byabongereye ibyishimo n’umubano mu muryango.
“Byari ibyishimo
gutsindira moto ya Spiro, ariko icya mbere byadutunguye ni uko umwana ari we
wabashije gutsindira aya mahirwe. Nta muntu wabitekerezaga cyane ko yari
tombola, twabyishimiye cyane, cyane cyane ko byongereye umubano mu muryango
wacu.”
Juru yavuze ko moto
bazayifashisha mu bikorwa bibateza imbere, cyane ko biteganyijwe ko izajya
yinjiza amafaranga azafasha mu kwishyura amashuri y’umwana.
“Iyi moto izazana byinshi
mu muryango cyane ko izajya yinjiza 6,000 Frw ku munsi, ikazadufasha kwishyura
amafaranga y’ishuri ry’umwana.”
Abafatanyabikorwa
bashimiwe
Abateguye People Matters
Family Day bashimiye abafatanyabikorwa bagize uruhare mu gutuma iki gikorwa
kigenda neza, by’umwihariko abatanze ibihembo byafashije gutuma imikino
irushaho gushimisha abitabiriye.
People Matters Family Day
2026 yabaye umwanya wo guhuza imiryango binyuze mu mikino, gusabana no
kwidagadura, ariko nanone iba urubuga rwo gufasha abatishoboye no guteza imbere
umubano hagati y’abagize umuryango.
Abateguye iki gikorwa bavuga ko kizakomeza kuba ngarukamwaka, aho bifuza ko mu bihe bizakurikiraho imikino n’ibihembo bizakomeza kwaguka kugera ku modoka na tike y’indege kugira ngo imiryango irusheho kugira umwanya wo kwidagadura no kuba hamwe.




Imikino n’ibihembo ni byo byaranze People Matters Family Day 2026
