Imijyi 5 inyuramo amafaranga menshi ku isi buri mwaka! Bite bya Kigali?

Ubukungu - 09/07/2026 3:50 PM
Share:
Imijyi 5 inyuramo amafaranga menshi ku isi buri mwaka! Bite bya Kigali?

Nk'uko byatangajwe na CEOWORLD Magazine, muri iki gihe imijyi imwe n’imwe ku isi irusha ibihugu byinshi umusaruro ndetse n'urunyurane rw’amafaranga mu buryo bw'ubukungu, aho amafaranga menshi ku Isi azenguruka mu mijyi minini y'ubucuruzi n'imari.

Umujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ni wo uza ku isonga, ufite ubukungu burenga tiriyari 2.6 z'Amadolari ya Amerika. Ukurikirwa na Tokyo mu Buyapani ifite arenga tiriyari 2.5 z'Amadolari, mu gihe Los Angeles iza ku mwanya wa gatatu n'ubukungu bwa tiriyari 1.2.

London mu Bwongereza iza ku mwanya wa kane ifite ubukungu bwa tiriyari 1.1 z'Amadolari, Paris mu Bufaransa ikaza ku mwanya wa 5 aho byibuze arenga tiriyari 1.0 anyuranamo buri mwaka.

Umujyi wa Kigali wo mu Rwanda ukomeje kwigaragaza nk'umwe mu mijyi iri gutera imbere byihuse muri Afurika. Amakuru avuga ko ubukungu bwawo buri hagati ya miliyari 5 na 7 z'Amadolari ya Amerika.

Ibi bishimangirwa n'izamuka ry'ubukungu bw'u Rwanda ryageze kuri 9.4%, aho Kigali ikomeje kuba igicumbi cy'ubucuruzi, ikoranabuhanga mu by'imari (FinTech), ubukerarugendo bushingiye ku kubungabunga ibidukikije, ndetse n'ubucuruzi bw'icyayi n'ikawa.

Raporo zigaragaza kandi ko Kigali iri mu mijyi 450 kugeza kuri 500 ikomeye ku Isi mu musaruro w'ubukungu. Byongeye, International Congress and Convention Association (ICCA) yayishyize ku mwanya wa kabiri muri Afurika mu kwakira inama n'ibiganiro mpuzamahanga by'ubucuruzi, ibintu bikomeje kuyigira igicumbi cy'ishoramari n'ubuhahirane ku mugabane wa Afurika.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...