Imana yaradukoresheje- Vestine na Dorcas nyuma yo kwegukana igihembo cya kabiri –VIDEO

Iyobokamana - 22/12/2025 8:27 AM
Share:

Umwanditsi:

Imana yaradukoresheje- Vestine na Dorcas nyuma yo kwegukana igihembo cya kabiri –VIDEO

Itsinda ry’abahanzikazi Ishimwe Vestine na Kamikazi Dorcas, ryegukanye igihembo cy’umuramyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana (Best Gospel Artist of the Year) mu bihembo bya "Isango na Muzika Awards". .

Ibi bihembo byatanzwe ku nshuro ya gatandatu mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki 21 Ukuboza 2025, mu muhango wabereye muri Camp Kigali, uhuriyeho ibyamamare bitandukanye mu muziki n’abandi bafite aho bahuriye n’uruganda rw’umuziki muri rusange.

Vestine na Dorcas bahigitse abandi bahanzi bakomeye barimo Israel Mbonyi, Papi Clever na Prosper Nkomezi, batangaje ko igihembo bagicyesha cyane gushyigikirwa n’abafana n’itangazamakuru.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Kamikazi Dorcas yavuze ko icyizere cyo kwegukana igihembo kitari kiri hejuru igihe batangazwaga ko bahataniye, ariko yemeza ko “Imana yadukoresheje muri uyu mwaka.

Ati: "Ni ibyishimo bikomeye cyane, turashimira Abanyarwanda, turashimira itangazamakuru, abantu bose batubaye hafi kugirango ibi bintu bibe turabashimira cyane."

Akomeza agira ati “Nari mbizi neza ko Imana yadukoresheje muri uyu mwaka, cyaba icy'abandi, cyaba icyacu twese dukorera Imana, ntakibazo."

Yavuze ko indirimbo yabo “Yebo” bitiriye ibitaramo bakoreye muri Canada, yabahaye umugisha wihariye kuko bayisengeye mbere yo kuyisohora. Ati "Ntabwo biriya ari byo twari twiteze cyane, ariko iyo dusohoye indirimbo nk'iyi ngiyi tuba tubizi ko hari umurimo iri bukore mu bantu."

Yavuze ko iki gihembo begukanye nk'itsinda bagitura Abanyarwanda 'n'abandi bumvise ikintu Imana yadushyizemo cyangwa yatunyujijemo'.

Begukanye iki gihembo nyuma y'ikindi begukanye mu bihembo bya 'Diva Awards' muri uyu mwaka. Uyu mukobwa asobanura ko ari ibihembo bije binaherekeje ibitaramo baherutse gukorera mu gihugu cya Canada byaranzwe n'ubwitabire bwo hejuru.

Yavuze ko bagiriye umugisha muri biriya bitaramo kandi biteguye no kuzongera kubataramira. Ndetse ko 2025 yababereye umwaka mwiza. Ati "Abantu bo muri Canada Imana ibahe umugisha, bagira urukundo, barashyigikira cyane, Imana ibahe umugisha, icyatujyanye Imana yaradushoboye turakora Imana ibahe umugisha batwakiriye neza cyane."

Umujyanama w’itsinda, Murindahabi Irene, yavuze ko uyu mwaka wa 2025 wabaye uw’ingenzi ku itsinda kubera ibikorwa byinshi by’indirimbo bakoreyeho, kandi bateganya ko n’umwaka utaha bizakomeza.

Mu 2025, bashyize hanze indirimbo “Yebo”, bakurikizaho “Emmanuel”, ndetse basoje umwaka basohora “Usisite”.

Murindahabi yasobanuye ko mbere yo gusohora “Yebo”, bari biteguye gusohora indirimbo yitwa “Ibihe”, ariko byahindutse ku munota wa nyuma. Yavuze kandi ko kuririmba mu Kiswahili byabafashije kugwiza umubare w’abafana, kandi bateganya kuzakoramo n’izindi ndimi mu bihe bizaza. 

Vestine na Dorcas begukanye igihembo cy’Umuramyi w’Indirimbo za Gikirisitu mu bihembo bya Isango na Muzika 2025- Igihembo cyakiriwe na Kamikazi Dorcas

Kamikazi Dorcas avuga ko igihembo bagicyesha gushyigikirwa n’abafana n’itangazamakuru.

Indirimbo yabo “Yebo” yabahaye umugisha mu bitaramo byabo byo muri Canada bibaha umusingi w'ibyo bashingiyeho

2025 yabaye umwaka w’ingenzi ku itsinda, basohora indirimbo nyinshi zirimo “Yebo”, “Emmanuel” na “Usisite”

Murindahabi Irene, umujyanama w’itsinda, avuga ko uyu mwaka wabaye mwiza kandi bateganya gukomeza gukora neza mu 2026

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA KAMIKAZI DORCAS


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...