Ku wa Kabiri tariki 11 Kanama 2026,
ni bwo umubyinnyi Benda yizihizaga isabukuru y’amavuko.
Uyu munsi waranzwe n’ubutumwa
bw’abantu batandukanye bamwifurizaga isabukuru nziza, barimo inshuti,
abavandimwe ndetse n’ibyamamare bagenzi be mu ruganda rw’imyidagaduro.
Mu mafoto yashyize ku mbuga
nkoranyambaga, Benda yagaragaje ko yizihije umunsi we mu buryo busanzwe, ariko
ubutumwa bwa Titi Brown bwaje gutuma isabukuru ye irushaho kuvugwaho.
Titi Brown, umubyinnyi mpuzamahanga
w’Umunyarwanda, yamwifurije isabukuru nziza, ariko ntiyagarukira aho.
Yamwifurije kandi kuzabona umukobwa mushya bazakundana.
Yanditse ati: “Isabukuru nziza Papa
Nillan. Reka uyu mwaka utangiye Imana izaguhe undi mwana w’umukobwa.”
Nubwo aya magambo asa n’aho ari
ukwifuriza inshuti ibyiza, abazi amateka y’urukundo rwa Benda bayasomye mu
rundi ruhande.
Benda yigeze gukundana n’umubyinnyi
Shakira, urukundo rwabo rukaba rwaragiye ruvugwaho cyane mu bihe bitandukanye.
Nyuma yaje gutandukana na we, ndetse bombi bagiye bagerageza kongera kwiyunga,
ariko ntibyabageza ku gusubirana burundu.
Ni muri uwo murongo Titi Brown
yasaga n’ushaka kwibutsa ku mateka ya mugenzi we, amusabira kubona undi mukobwa
muri uyu mwaka mushya w’ubuzima.
Benda na we ntiyaretse ayo magambo
atamusubije. Yamusubije ati: “Urakoze ndamwakiriye. Ariko Imana iguhe umukobwa
uzagukunda akemera impeta. Yawe Amen.”
Uyu murongo wa Benda na wo wahise
usubiza inkuru ku mateka y’urukundo rwa Titi Brown, cyane cyane ku byo uyu
mubyinnyi aherutse kuvuga ku rukundo rwe rwa hafi.
Titi
Brown na we afite inkuru y’urukundo itararangiye neza
Mu kiganiro aherutse kugirana na
MIE, Titi Brown yavuze ko na we yigeze gukundana n’umukobwa ndetse ko
batandukanye mu gihe yari amaze gutegura kumwambika impeta y’urukundo.
Ibi bituma amagambo Benda
yamusubije ku isabukuru ye adafatwa gusa nk’urwenya hagati y’inshuti, ahubwo
akagira aho ahurira n’ubuzima bw’urukundo uyu mubyinnyi yanyuzemo.
Titi Brown kandi yagiye avugwa mu
rukundo n’umukinnyi wa filime Nyambo Jessica.
Icyakora, mu bihe bitandukanye,
bombi bagiye baganira ku mibanire yabo, bagasobanura ko ari inshuti zisanzwe,
cyangwa nk’uko babivugaga, ari “Besto”.
Bityo, mu gihe Titi Brown
yasabiraga Benda umukobwa mushya, Benda na we yahise amusubiza amusaba umukobwa
uzamukunda kandi akemera impeta ye.
Iyo
urwenya ruvutse ku mateka y’urukundo
Ibiganiro bya Titi Brown na Benda
bigaragaza uburyo mu myidagaduro amagambo y’urwenya ashobora kuba afite amateka
menshi inyuma yayo.
Bombi ni abantu bazwi cyane mu
kubyina, ariko kandi ni abasore bagiye bagarukwaho mu nkuru z’urukundo mu bihe
bitandukanye.
Kuri Benda, ubutumwa bwa Titi Brown
bwaje ku munsi mukuru we, umunsi yari akwiye kwakiraho ibyifuzo byiza
by’ubuzima bushya. Ariko inshuti ye yahisemo kumwifuriza ikintu gishingiye ku
buzima bwe bw’urukundo, amusabira kubona undi mukobwa.
Benda na we ntiyatinze gusubiza.
Yafashe umupira awusubiza Titi Brown, amusabira umukobwa uzamukunda ku buryo
azemera impeta ye.
Ni amagambo ashobora gutera inseko,
ariko akanasiga umuntu yibaza ku buryo inkundo z’abantu bazwi zigenda zikura,
zikavugwa, rimwe na rimwe zigashira abantu batigeze bamenya neza icyaziteye
kurangira.
Mu myidagaduro, urukundo
rw’ibyamamare rukunze gukurura amaso y’abantu kurusha urw’abantu basanzwe.
Iyo abahanzi, ababyinnyi cyangwa
abakinnyi ba filime bagaragaye bari kumwe, amafoto yabo cyangwa amagambo
bavuganye ashobora gutuma havuka ibihuha by’urukundo. Iyo batandukanye na byo
bikavugwa cyane.
Ariko ku ruhande rw’ibyamamare
ubwabyo, hari igihe ibyo abantu babona hanze bitaba bihagije ngo basobanure
neza uko umubano wabo uhagaze.
Ni na yo mpamvu ku bijyanye na Titi
Brown na Nyambo Jessica, bombi bagiye bashimangira ko ari inshuti zisanzwe,
nubwo bakomeje kuvugwa hamwe.
Ku rundi ruhande, Benda na Shakira bo bigeze kugaragaza ku mugaragaro ko bari mu rukundo, nyuma baza gutandukana.

General Benda yasabye Imana kuzagenera Titi Brown umukobwa uzemera akamwambika impeta

Titi Brown yifurije Benda kuzasubira mu rukundo nyuma yo gutandukana na Shakila
Ubutumwa bwa Titi Brown na General Benda bwanyujijwe kuri konti ya Instagram, kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Kanama 2026
