Imana imuhe umugisha n’umuryango we – Richard Nick Ngendahayo ashimira Perezida Kagame ku bw'aho agejeje u Rwanda

Amakuru ku Rwanda - 12/11/2025 7:31 AM
Share:

Umwanditsi:

Imana imuhe umugisha n’umuryango we – Richard Nick Ngendahayo ashimira Perezida Kagame ku bw'aho agejeje u Rwanda

Ubwo yasuraga Ingoro y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, umuramyi Richard Nick Ngendahayo yashimiye cyane Perezida Paul Kagame ku bw'aho agejeje u Rwanda, avuga ko kuba rusa neza byose byaturutse mu mbaraga ze n’ubwenge Imana yamuhaye.

Ku wa Mbere tariki ya 11 Ugushyingo 2025, Richard Nick Ngendahayo n’umufasha we hamwe n’abari kumufasha mu myiteguro y’igitaramo “Niwe Healing Concert”, yasuye Ingoro y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi iherereye ku Kimihurura ku Nteko Ishinga Amategeko.

Nyuma yo kuzenguruka iyi ngoro asobanurirwa amwe mu mateka nawe ubwe yanyuzemo ubwo yari mu ngabo za RPA Inkotanyi zabohoye u Rwanda ndetse zigahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Richard Nick Ngendahayo yavuze ko yishimira umurimo bakoze ndetse n’umusaruro watanze.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda TV, yavuze ko iyo abonye aho u Rwanda rugeze abishimira Imana ariko na none akishimira ko amaraso yamenetse y’inshuti ze bari kumwe ku rugamba atagendeye ubusa ahubwo umusaruro w’ibyo baharaniraga babibonye.

Ashimira kandi Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akaba na Perezida wa Repebulika y’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame, ku bw'ubuyobozi bwe bw’icyerekezo kandi n’ubwenge butangaje Imana yamuhaye.

Yagize ati: “Ibi byose kugira ngo tubigereho, tubicyesha Perezida wa Repebulika. Buriya ni umuntu udasanzwe. Ni uko abanyarwanda mubibwirwa kenshi mukagira ngo ni ukumutaka ibintu bitariho, oya, oya oya. Ni umuntu udasanzwe ufite ubwenge, Imana yonyine niyo ishobora gutanga ubwenge bungana kuriya.”

Akomeza agira ati: “Buriya ni umuntu ucisha macye kandi ibyo agutumye gukora, akubwira icyo gukora. Ni wa muntu ukubwira ngo kora iki, iki ntugikore kuko we mu ntumbero ze ni uko u Rwanda rutakongera kuba uko rwahoze.”

Richard Nick Ngendahayo ashimira Perezida Kagame uburyo amaze guteza imbere u Rwanda rukaba rukataje mu nzira y’iterambere ndetse akaba ari kimwe mu bihugu ku Isi bifite isuku.

Ati: “Nugera mu rugo rw’umuntu ugasanga harasa neza, hari isuku, afite inzu nziza, afite byose bishoboka, biba biva kuri nyiri urugo. Nyakubahwa Perezida wa Repubulika niyubahwe. Ndasaba Imana, Uwiteka nyiri ingabo Uwera wa Israel nkorera akomeze amuturindire, amuhe ubuzima buzira umuze n’umuryango we.”

Richard Nick Ngendahayo usanzwe utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka 17 atahagera akaba ari mu myiteguro y’igitaramo gikomeye yise “Niwe Healing Concert” kizabera muri BK Arena ku wa 29 Ugushyingo 2025. Ubu wagura itike yawe unyuze ku rubuga rwa www.ticqet.rw

Richard Nick Ngendahayo yasuye ingoro y'urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, iherereye ku Inteko Ishinga Amategeko

Richard Nick Ngendahayo n'umufasha we basize ubutumwa mu gitabo cyagenewe abashyitsi basura iyi ngoro


Richard Nick Ngendahayo yashimiye Perezida Paul Kagame ku bw'ibyo amaze kugeza ku gihugu cy'u Rwanda

Richard Nick Ngendahayo wahoze mu ngabo za RPA zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko Perezida Kagame ari umunyabwenge cyane ndetse ko yereka buri wese ibyo akwiye gukora n'ibyo adakwiye gukora kandi byose akabikora yiyoroheje

Reba ikiganiro kirambuye InyaRwanda TV yagiranye na Richard Nick Ngendahayo ubwo yasuraga Ingoro y'urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...