Yabitangaje
kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Mata 2026, mu gikorwa cyo kuzirikana imyaka 30
ishize hashinzwe IBUKA, umuryango wavutse ugamije gufasha abarokotse Jenoside
no gusigasira amateka yayo.
Mu
ijambo rye ryari ryuzuyemo ubutumwa bukomeye bwibutsa amateka, ihumure
n’inshingano, Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku rugendo rukomeye u Rwanda
rwanyuzemo, aho yibukije ko amagambo “Baho ntugipfuye” yabaye nk’urumuri
rw’icyizere kuri benshi, mu gihe cy’umwijima Jenoside yari yasize.
Yagize
ati “‘IBUKA’ riba ijambo riduha inshingano! Inshingano zikomeye zo Kwibuka,
kuko umuryango utibuka urazima.
Yashimangiye
ko guhuza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi n’urugendo
rw’imyaka 30 ya IBUKA bifite igisobanuro gikomeye, kuko ari ikimenyetso
cy’imbaraga, ukwiyubaka no gukomeza kubaho kw’abarokotse.
Ati
“Uyu mwaka turibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda! Kubihuza
no kuzirikana urugendo rw’imyaka 30 umuryango IBUKA umaze, bifite ishingiro
Madamu
Jeannette Kagame yanahaye icyubahiro abakomeje kubaho n’ubwo banyuze mu bihe
bikomeye, avuga ko kwemera kubaho kwabo ari ubutwari bukomeye.
Ati
“Munyemerere rero nongere mbwire Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi nti
‘Impore’! Mwarakoze cyane kwemera kubaho kugira ngo batazima! Mwarakoze kwemera
kugendana ibikomere, tugafatanya twese kubaka u Rwanda batabonye, abato
bavukiramo,
Yibukije
ko Jenoside yakorewe Abatutsi yasize ibikomere bikomeye ku gihugu, ariko
anashimangira ko kubaho kwa IBUKA ari igisubizo cy’amateka mabi u Rwanda
rwanyuzemo.
Yagize
ati “Kubaho k'umuryango IBUKA gushingiye ku mateka ashaririye y'igihugu cyacu
ndetse byaje nk’igisubizo cy’amateka mabi u Rwanda rwanyuzemo. Ntibyari byoroshye
kuva muri Jenoside ngo abantu bakomeze ubuzima uko bisanzwe, bagire icyizere
cyo kubaho, gutera imbere no kureba ejo hazaza!”
Mu
butumwa bwe, yashimiye by’umwihariko abashinze IBUKA n’abayiherekeje mu rugendo
rw’imyaka 30, avuga ko bagize ubutwari bwo gutangirira ku busa mu gihe cyari
cyuzuyemo agahinda n’umwijima, bagahitamo kubaka aho gusenyuka.
Yanagarutse
ku gisekuru cyanyuze mu bihe bikomeye, cyatakaje byinshi ariko kigafata
icyemezo cyo kubaho no kubaka ejo hazaza.
Ati
“Iyi myaka mirongo itatu (30) y’umuryango IBUKA igaragaza ubuzima bw’ikiragano
‘generation’. Ni igisekuru cyanyuze mu bihe bikomeye, cyatakaje imiryango,
cyigeze kwamburwa ubumuntu, gitakaza ubuzima ndetse ni igisekuru cyakuriye mu
gahinda
Yungamo
ati “Ariko kandi, ni igisekuru cyafashe icyemezo gikomeye cyo kubaho, n'ubwo
Jenoside yadushegeshe ariko umutima w'u Rwanda n'abarwo ntacyawushyikira iyo
turi kumwe, dushyize hamwe.”
Madamu
Jeannette Kagame yashimangiye ko urugendo rwa IBUKA rutari rworoshye, ariko ko
abarokotse bagaragaje imbaraga zidasanzwe zo kwihangana no gukomeza ubuzima.
Aha
ni ho yagarutse ku ntego nyamukuru y’ubutumwa bwe, agira ati “Ikiguzi
cy’ubudaheranwa mwatanze ni ntagereranywa kandi nta n’uwagishidikanyaho.
Mwarakoze!”
Yanagarutse
ku gaciro ko kubabarira, agaragaza ko atari intege nke ahubwo ari imbaraga
zikomeye z’umutima, zifasha umuntu kwigobotora urwango n’inzika.
Ku
rundi ruhande, yibukije Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko ko badakwiye
kwirara, kuko hari abakomeje kugoreka amateka no guhakana Jenoside.
Ati
“Kwibwira ko ubwo dufite amahoro n’umutekano wuzuye bihagije, ntitugire icyo dukora
ngo tubirinde, kwaba ari ukwibeshya cyane. Turacyabona abagerageza guhakana no
kugoreka amateka. Nk’uko Smith yabivuze,”Lies travel half the road before truth
puts boots on the ground”.
“Rubyiruko,
Bana bacu, Nta na rimwe tuzigera twicuza amahitamo twakoze yo kubaka u Rwanda
twifuza kandi rutubereye twese. Namwe ayo mahitamo azakomeze kuba
Yashimangiye
ko intego ya “Ntibizongere kubaho – Never Again” ikwiye kuba isezerano
rihoraho, aho kuba amagambo gusa.
Mu
gusoza, yasabye Abanyarwanda gukomeza gufata inshingano zo gukunda no kubaka
igihugu, no gusigasira ibyo cyagezeho, ashimangira ko abishwe bahozwa no kubona
aho igihugu kigeze uyu munsi. Ati “Twibuke twiyubaka.”

Madamu
Jeannette Kagame yagaragaje ko n’ubwo amateka u Rwanda rwanyuzemo akomeye,
imbaraga z’ubumwe, ukwihangana n’ubudaheranwa ari byo bikomeje gutuma igihugu
gikomeza gutera imbere no guha icyizere ab’iki gihe n’abazaza
