Ikamyo yaraye ikoreye impanuka muri Kicukiro yahitanye abantu 5 abandi 9 barakomereka

Amakuru ku Rwanda - 23/12/2025 8:51 AM
Share:

Umwanditsi:

Ikamyo yaraye ikoreye impanuka muri Kicukiro yahitanye abantu 5 abandi 9 barakomereka

Ikamyo itwara lisansi yaturukaga i Nyanza ya Kicukiro yaraye ikoreye impanuka ahazwi nko ku Banyamakuru igana ahazwi nka Kicukiro Centre, aho yagonze izindi modoka, moto ndetse na sitasiyo ya lisansi, ihitana ubuzima bw'abantu batanu.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batanu bamaze kumenyekana ko bitabye Imana mu gihe abandi icyenda bakomeretse bakaba bari kwitabwaho mu bitaro byo hirya no hino muri Kigali.

Ahagana i Saa 20:40’ z’uyu wa 22 Ukuboza 2025 haruguru y’ikiraro cya Kicukiro nibwo habereye impanuka ikomeye, aho imodoka nini itwara ibikomoka kuri Peteroli yagonze izindi modoka 6 na moto 11 ndetse na sitasiyo ya esanse.

Nyuma y’uko iyo mpanuka ibaye, Polisi y’u Rwanda yahise ikora ibikorwa by’ubutabazi mu maguru mashya baza gutabara ubu hakaba hari gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...