Ku
rubyiniro no hanze yarwo, buri muhanzi yaserutse mu buryo bwihariye
bwavugishije abafana, bamwe bakabifata nk’ubuhanzi bwuzuye buvanga umuziki
n’imyambarire igezweho.
Iki
gitaramo cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Kamena 2026 cyahuje imbaraga
z’ijwi, urubyiniro n’imideli y’abahanzi Nyarwanda, aho buri wese yagerageje
kugaragaza umwihariko we mu buryo bwihariye.
Ibi
byatumye Ngoma itaba gusa ahabereye igitaramo cy’umuziki, ahubwo ihinduka ahantu
ho kugaragaza imyambarire igezweho, igaragaza uko injyana n’imideli
byarushijeho kugendana mu muziki Nyarwanda w’iki gihe.
1.Ross Kana:
ubusanzwe bwari ubwitonzi buvanze n’ijwi
Ross
Kana yaserutse mu isura yoroshye ariko igezweho, yambaye ipantalo ya kaki
n’agapira k’umweru. Nta rindi rihambaye ry’imideli ryagaragaraga, ahubwo
yahisemo kugaragaza ko umuhanzi ashobora kwitwara ku rubyiniro atiriwe arushaho
kurenza ibintu.
Yafashe
iminota 24 ku rubyiniro aririmba indirimbo zirimo “Fou de Toi”, “Sesa”, “Mami”
na “Molela”, ashimangira ko ijwi rye ari ryo shingiro ry’igaragaza rye.
2.Marina: ‘elegance’
ivanze n’ibara ryoroshye
Marina
yagaragaye mu mwambaro uhuje neza n’ibara rya kaki rigaragara riganisha ku
muhondo woroshye. Imyambarire ye yagaragazaga ubwitonzi n’ubwiza buvanze
n’uburyo bwo kwitwara ku rubyiniro nk’umuhanzi wiyubashye. Yaririmbye indirimbo
nka “Too Much”, “Coming Home”, “Ni wowe” na “Paje”, agaragaza ko isura ye
n’umuziki we bihura mu buryo butuje kandi buhamye.
3.Bushali: ‘style’
y’ukuri
Bushali
we yaserutse mu buryo busanzwe ariko bufite ubutumwa bwihariye bwa “street
culture”. Yari yambaye ikabutura y’ikoboyi ijya gusa n’umuhondo, agasengeri
k’umukara kariho ishusho ye n’amadarubindi y’umuhondo.
Ni
isura isanzwe imuranga mu njyana ya rap akora. Yaririmbye “Nituebue”,
“Kinyatrape” na “Umwirabura”, ashimangira ko imyambarire ye ari igice
cy’ubutumwa bwe bwa Kinyatrap.
4.Kenny Sol:
Yabyoroheje ku rubyiniro
Kenny
Sol yagaragaye mu myambaro yijimye ariko ituje, imbere yambaye umupira
w’umweru. Yatangaje ko atibanze cyane ku myambarire ahubwo yibanze ku
gutunganya stage.
Yaririmbye
indirimbo nka “Joli”, “Phenomena”, “Molomita”, “Haje Gushya” na “Ikinyafu”,
agaragaza ko icy’ingenzi ari imbaraga atanga ku rubyiniro.
5.Davis D: ‘urban
look’ ihuza imbaraga
Davis
D yaserutse yambaye ikabutura ndende y’umukara, umupira uciye amaboko
n’igitambaro cy’umuhondo mu mutwe.
Ni
isura igaragaza imbaraga z’urubyiniro n’umuco wa ‘street fashion’ ugezweho mu
rubyiruko. Yaririmbye “Itara”, “Ifarashi”, “Micro” na “Dede”.
6.Amalon: ‘elegance’
ihenze ariko ituje
Amalon
yaje mu isura yiganjemo ibara rya kaki, yambaye ikote rifite ‘elegance’,
karuvati n’inkweto zijimye. Yatangaje ko iyi myambarire yamutwaye arenga
ibihumbi 570 Frw, kandi ko yari agamije kugaragara “hejuru y’urusobe”.
Ni
isura yagaragazaga uburanga buvanze n’ubwitonzi bw’umuhanzi ushaka gutanga
ubutumwa bwihariye.
7.Chriss Eazy: “classy
street fusion”
Chriss
Eazy yaserutse yambaye ipantalo y’umukara, karuvati mu ijosi n’agakote ka kaki,
ndetse n’inkweto zijyanye n’iyo style.
Ni
uburyo buvanze hagati ya ‘classy’ n’icyerekezo cya ‘street fashion’. Yaririmbye
indirimbo zirimo “Sekoma”, “Sampe”, “My Mind”, “Bana” na “Jugumila”, agaragaza
ko imyambarire ye ijyana n’uburyo yubatse image ye mu muziki.
Isura rusange
y’igitaramo
Iri
serukiramuco ryagaragaje ko abahanzi Nyarwanda bageze ku rwego aho imyambarire
iba igice cy’ubutumwa bw’umuziki.
Kuva
ku buryo bwa ‘street style’ bwa Bushali kugeza ku ‘elegance’ ya Amalon, buri
muhanzi yagaragaje umwihariko we mu buryo bwihariye.
MTN Iwacu Muzika Festival ikomeje kuba urubuga rutuma umuziki Nyarwanda ugaragara mu buryo bwagutse, uhuza imbaraga z’urubyiniro, imyidagaduro n’umuco w’imyambarire ugezweho.





















