Ni
ijambo ryinjiye mu buzima bwa buri munsi, ryisanga mu ndirimbo z’abahanzi, mu
mvugo z’abasobanura filime ndetse no mu magambo akoreshwa mu kwamamaza
ibitaramo. Ku rubyiruko, rifatwa nk’imvugo igezweho isobanura ibyishimo, imbaraga
n’ibirori bidasanzwe.
Icyakora,
n’ubwo rikoreshwa n’abatari bake mu buryo bwo kugaragaza akanyamuneza,
‘gutwika’ si ijambo risanzwe mu mateka y’u Rwanda.
Ahubwo
rifite igisobanuro kiremereye kandi kibabaje, cyane cyane mu bihe byo hagati ya
1959 na 1960, ubwo inzu z’Abatutsi zatwikwaga hirya no hino mu gihugu,
by’umwihariko mu Bufundu ahahoze hitwa ku Gikongoro.
Ibi
ni bimwe mu byagarutsweho na Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano
Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, ubwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4
Gashyantare 2026, yunguranaga ibitekerezo n’Abasenateri ku bushakashatsi ku
Gipimo cy’Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Aha
ni ho Dr Bizimana yasabye ko urubyiruko rusobanurirwa neza amateka y’ijambo
‘gutwika’, agaragaza ko ridakwiye gukoreshwa mu mvugo z’ibirori n’ibitaramo,
kuko mu mateka y’u Rwanda risobanura kwica no gutwika ingo, atari kwishima.
Ati:
“Mujye mwirinda ijambo ‘gutwika’ iyo habaye ibirori cyangwa igitaramo. Gutwika
ni ukwica, ntabwo ari ijambo risobanura ibyishimo. Abato rero ntibaba babizi.”
Iri
jambo ryakomeje kuba impaka no ku mbuga nkoranyambaga. Mu butumwa Dr Bizimana
yashyize ku rubuga rwa X (yahoze ari Twitter), yasubije umuntu wari wanditse
avuga ko ‘gutwika’ ari imvugo zigezweho z’urubyiruko, bityo ntacyo bitwaye.
Uwo
muntu yari yagize ati: “Ibi ntacyo bitwaye Minister. Rwose orohamo kbsa. Izi ni
styles z’urubyiruko.”
Mu
kumusubiza, Minisitiri Bizimana yagize ati: “Ureruye uti ‘gutwika’ ntacyo
bitwaye nimbireke bivugwe gutyo mu mwanya w’igitaramo? Have have. Sinkwifurije
kuzahura nabyo, nta n’undi muntu wese nabyifuriza. Gutwika no gutwikirwa ni
bibi, ni icyaha, ntibishobora na rimwe kuba byiza".
“Uzegere
abakuru tukubwire aho gutwika byagejeje u Rwanda. Nimukoreshe ijambo
‘igitaramo’, ni ryo Kinyarwanda gikwiye. Icyo wita ‘styles’ z’urubyiruko
sinzibujije, ariko ntizigomba kwangiza ururimi rw’Ikinyarwanda. Kuki
icyongereza n’igifaransa mutacyangiza, mukumva ko Ikinyarwanda cyo kigomba
kwangizwa? Oya rwose.”
Mu
kiganiro aherutse kugirana n’abanyamakuru, Dr Bizimana yongeye gushimangira ko
iri jambo rikomeje gukoreshwa cyane n’abahanzi, ibyamamare n’abandi bafite ijwi
rigera kure, bituma rikwira mu rubyiruko.
Ati: "Abahanzi ubu ngubu bajya kuririmba, umuhanzi w'igihangange uzwi cyane,
Abasesenguzi
bemeza ko urubyiruko rukwiye guhabwa ubumenyi ku mateka, rukiga no guhanga
imvugo nshya zitabangamira ururimi n’ibikomere by’amateka.

