Kuri uyu wa Kabiri tariki 18
Ugushyingo 2025, ni bwo Guverinoma y’u Rwanda, ALX na Anthropic bagiranye ubufatanye bugamije kugeza AI mu mashuri y’u Rwanda
no guteza imbere uburyo bushya bwo kwigisha bushingiye ku bushakashatsi no
gutekereza ku bibazo.
Minisitiri
Ingabire Paula yavuze ko iri koranabuhanga rihaye u Rwanda amahirwe yo gutegura
urubyiruko rufite ubumenyi bukenewe mu kinyejana cya 21.
Yavuze
ko gahunda nka Chidi zije gufasha abarimu kongera umusaruro mu myigishirize,
gutegura amasomo asobanutse kandi agafasha abanyeshuri, ndetse no kubaha
ubushobozi bwo gukoresha AI mu gutegura amasomo, kwandika integanyanyigisho no
kubona ibisubizo vuba.
Mu
itangazo rigenewe abanyamakuru, bavugamo ko mu cyiciro cya kabiri cy’iyi
gahunda, abarimu bagera ku 2,000 mu Rwanda bazahugurwa binyuze muri ALX
ahazatangwa amasomo ya AI, harimo n’ayo kubafasha kumenya gukoresha ikoranabuhanga
rya Claude AI mu kazi kabo ka buri munsi.
Minisitiri
Ingabire Paula yashimangiye ko ubu bufatanye buzafasha u Rwanda kongera
ubushobozi bw’abarimu b’ejo hazaza no kubaka urwego rw’uburezi bujyanye n’igihe
Isi igezeho.
Gahunda
ya Chidi izafasha abanyeshuri kubona gahunda ibafasha kwiga, kubaza no gushakisha
ibisubizo aho kubaha ibyo bafata uko byakabaye, ikintu gifatwa
nk’impinduramatwara mu myigire yo ku mugabane wa Afurika.
Ingabire
Paula yavuze ko ibi bifite aho bihuriye na Vision 2050, yifuza u Rwanda
ruyoboye mu gukoresha ikoranabuhanga mu burezi no mu bindi byiciro by’ubuzima.
Ingabire
yavuze ko uyu ari umusaruro u Rwanda rufite wo gutanga icyerekezo cya politiki
gifite ireme, bigatuma ibigo bikomeye ku Isi bitanga ubufatanye bwagutse mu
rwego rwo guteza imbere ubumenyi bw’abanyarwanda.
Mu
gihe u Rwanda rufatwa nk’icyitegererezo mu kwinjiza ikoranabuhanga mu burezi,
iyi gahunda izafungura umuryango wo gushyira Chidi mu bindi bihugu bya Afurika,
ku buryo u Rwanda “rubaye umuyoboro w’ihangwa ry’inyigisho za AI”
Minisitiri
Ingabire Paula yashimangiye ko ubufatanye nk’ubu ari bwo buzafasha u Rwanda
kugera ku ntego z’igihe kirekire mu burezi n’ikoranabuhanga.
Mu
gutangiza Chidi, u Rwanda rwihaye intego y’uko umwana wo ku mugabane wa Afurika
na we ashobora kubona ubufasha mu masomo ku rwego rumwe n’abari i Silicon
Valley, Beijing cyangwa London.
Minisitiri
w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yavuze ko icyifuzo cy’u Rwanda n’Afurika muri
rusange ari ugushyira ubwenge buhangano (AI) mu maboko y’abarezi, kugira ngo
abanyeshuri babone ubumenyi bukwiye bubategura ku kazi k’ejo hazaza.
Yavuze
ko Chidi yagenewe gufasha abarimu kugabanya igihe bamara bategura amasomo,
kubafasha gutanga ibitekerezo byihariye kuri buri munyeshuri, no gukangurira
abanyeshuri kwibaza no gushakashaka.
Byose
kandi bihuye n’ibyifuzo biri mu Igenamigambi ry’Uburezi (ESSP), birimo kunoza
ireme ry’amasomo no guteza imbere ubumenyi bw’ikoranabuhanga mu bana.
Minisitiri
Nsengimana yashimangiye ko iyi gahunda izagerwaho hashingiwe ku bipimo
byumvikana, hibandwa ku byo izahindura mu myigishirize no mu myigire, kandi ko
ibizagaragara ko bikora neza bizaguka bikagezwa mu gihugu hose, hubahirizwa
ubuzima bwite bw’abakoresha n’ ubunyangamugayo mu myigire n’imyigishirize.
Minisitiri
w'Ikoranabuhanga na Inovasiyo w'u Rwanda, Ingabire Paula, yavuze ko AI izafasha
mu kunoza imyigire n’imyigishirize, ikanubaka abakozi b’ejo hazaza