Igitaramo “Kigali Dutarame” cyatanze umukoro - AMAFOTO

Imyidagaduro - 23/11/2025 8:09 AM
Share:

Umwanditsi:

Igitaramo “Kigali Dutarame” cyatanze umukoro - AMAFOTO

Nyuma y’uko hari bamwe mu bategura ibitaramo badakunze kujyana ibitaramo bya gakondo ahantu hanini cyane nko muri BK Arena, Igitaramo Kigali Dutarame cyatanze umukoro ku bandi bategura ibi bitaramo ko umuziki gakondo ukunzwe kandi ibitaramo byawo byitabirwa.

Iki gitaramo cyabereye muri BK Arena ku wa 22 Ugushyingo 2025 cyitabirwa n’abantu ingeri zose biganjemo urubyiruko, abayobozi mu nzego z’Igihugu harimo Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali; Minisitiri w’uburezi; Minisitiri w’ubuzima n’abandi.

Uretse abo, hari abahanzi batandukanye b'amazina azwi barimo Yvan Mziki, Dj Pius, Cecile Kayirebwa, n’abandi. Hari kandi Rocky Kimomo, Nyambo Jessica na Kadafi Pro.

Iki gitaramo cyateguwe ku bufatanye n’Umujyi wa Kigali na MTN Rwanda, cyatanze ishusho nziza ku muziki gakondo dore ko amatike yo kwinjira muri iki gitaramo yashize ku isoko mbere y’amasaha atatu ngo igitaramo gitangire [Sold Out].

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yashimiye abantu bose babonetse muri iki gitaramo aboneraho kuvuga ko umujyi uri muri gahunda yo guteza imbere umuco nyarwanda binyuze mu bitaramo kandi ko ari intangiriro yabyo, bizakomeza.

Ati: “Twagira ngo tubashimire ko mwabonetse muri benshi kugira ngo twizihize umuco nyarwanda. Umujyi wa Kigali turi muri gahunda yo guteza imbere umuco nyarwanda. Abatuye umujyi wa Kigali bakizihirwa, bakizihirwa nyinshi, bakizihirwa byinshi, bagatunga bagatunganirwa, mwaba mwakoreye amafaranga mukagira aho muza kuryoherwa kandi muryoherwa n’umuco nyarwanda.”

Yashimiye urubyiruko rwitabiriye iki gitaramo n’ababyeyi bazanye abana babo muri iki gitaramo asaba ko n’ibindi bitaramo biri imbere bazitabira kandi n’abana bato bakazaza.

Ati: “Turagira ngo dushimire urubyiruko rwitabiriye muri benshi, twababonye kandi dushimira ababyeyi bazaye abana babo kugira ngo dukomeze kubatoza umuco nyarwanda. Iyi ni intangiriro y’ibitaramo byiza kandi biryoshye mu mujyi wa Kigali.”

Iki gitaramo cyitabiriwe n’abantu benshi kandi biganjemo urubyiruko rukiri ruto. Abitabiriye bose banyuzwe cyane n'abahanzi babataramiye. Teta Diana udakunze gutarama mu bitaramo byinshi byo muri Kigali yataramye ati “Sinabanze.”

Ubwo Massamba Intore yaririmbaga, yatunguye Cecile Kayirebwa wari wagize isabukuru y'amavuko, hanyuma baririmbana indirimbo “Inyange Muhorakeye”, ibintu byazamuye amarangamutima y’abafana ibihumbi bari bitabiriye iki gitaramo.

Nk’uko Umuyobozi w’Umujyi wa Kigai yabitangaje, ibi bitaramo bizakomeza kubaho mu rwego rwo kwizihiza no kwishimira umuco nyarwanda.

Boukuru yataramanye n'abanya-Kigali mu gitaramo "Kigali Dutarame"

Massamba Intore niwe wasoje igitaramo "Kigali Dutarame"

Cecile Kayirebwa yatunguwe na Massamba Intore ku isabukuru ye amuririmbira indirimbo "Inyange Muhorakeye"

Yvan Mziki, Dj Pius ni bamwe mu bitabiriye iki gitaramo

Mu ndirimbo ze zakunzwe cyane zirimo Igikobwa, Ruti Joel yashimishije abitabiriye iki gitaramo 

Teta Diana yaserukanye agacuma, anezeza abitabiriye igitaramo "Kigali Dutarame"

Amatorero abyina gakondo, yacinye umudiho mu gitaramo Kigali Dutarame

BK Arena yari yakubise yuzuye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...