Nk’uko byatangajwe na fcbayern.com ku wa 26 Gicuraci 2026, Kane yasoje shampiyona ya Bundesliga afite ibitego 36, byamuhesheje amanota 72 mu bahatanira iri shimwe, arusha cyane abo bari bahanganye barimo Erling Haaland wagize 54 na Kylian Mbappé wagize 50.
Uyu rutahizamu w’imyaka 32 yakomeje kwandika amateka kuva yagera muri Bayern Munich avuye muri Tottenham Hotspur. Mu gihe gito amaze mu Budage, yabaye umwe mu bakinnyi bakomeye bafashije Bayern Munich kongera kwigaragaza mu mupira w’amaguru w’u Budage.
Iki gihembo cya Golden Shoe gitangwa n’ishyirahamwe rya European Sports Media (ESM) kuva mu mwaka wa 1997, mu gihe mbere yaho cyatangwaga na UEFA kuva mu mwaka wa 1967-1968.
Ni ku nshuro ya kabiri Harry Kane acyegukanye, aho bwa mbere yacyegukanye mu mwaka we wa mbere muri 2023-2024 muri FC Bayern Munich. Uyu Mwongereza yinjiye mu rutonde rw’abanyabigwi ba Bayern Munich nka Gerd Müller wegukanye iki gihembo mu 1970 no mu 1972, ndetse na Robert Lewandowski wagitwaye muri 2021 no muri 2022
Harry Kane kandi yegukanye iki igihembo kiza gisanga ibindi yatsinze muri uno mwaka w’imikino wa 2025-2026 aribyo, Bundesliga Top Scorer, DFB-Pokal Cup, ndetse anahesha ikipe ye igikombe cya shampiyona y’u Budage na DFL-Supercup mu mwaka umwe.
Muri aya marushwanwa yose yatsinzemo ibitego 61. Ibi bigaragaza ko uyu mwaka wamubereye mwiza cyane mu mateka y’umwuga we.
Kwegukana European Golden Shoe ku nshuro ya kabiri byagaragaje ko Harry Kane akomeje kuba umwe muri ba rutahizamu beza kandi bafite ubuhanga ku mugabane w’u Burayi.
Byanamuhaye kuba umwe mu bihangange bya FC Bayern Munich nka Gerd Müller na Robert Lewandowski mu kwandika amateka. Ni ikimenyetso cy’umusaruro udasanzwe akomeje kugaragaza nk’inkingi ya mwamba muri Bayern Munich.


Harry Kane yegukanye igihembo cya European Golden Shoe
Umwanditsi: Goretti Uwamahirwe
