Igikorwa cyo kubaga Ndikumana Asman cyagenze neza

Imikino - 24/09/2025 9:05 AM
Share:

Umwanditsi:

Igikorwa cyo  kubaga Ndikumana Asman cyagenze neza

Rutahizamu wa Rayon Sports ukomoka mu Burundi, Ndikumana Asman, yatangaje ko igikorwa cyo kumubaga cyagenze neza ubundi ashimira abarimo Perezida w’iyi kipe.

Ku wa Gatandatu w'icyumweru gishize  nibwo uyu rutahizamu yagize ikibazo cy’imvune mu kuboko kw’ibumoso mu mukino w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup ikipe ya Rayon Sports yatsinzwemo na Sindida Black Stars FC yo muri Tanzania. Nyuma y’ibi hafashwe umwanzuro ko agomba kubagwa, ubundi bikorwa ku munsi w'ejo.

Kuri ubu Ndikumana Asman abinyujije ku rubuga rwa Instagram yavuze ko iki gikorwa cyagenze neza ashimira abarimo Perezida wa Rayon Sports. Yagize ati: ”Muraho mwese! Ndashaka gushimira Imana yandinze n’urukundo ingirira buri munsi. Ndashimira Perezida n’abandi banyamuryango bari muri Komite ya Rayon Sports bamfashije igikorwa cyo kumbaga.

Sinakwibagirwa kuvuga abafana banyeretse urukundo bakanantera imbaraga, ibyo ntabwo nzabyibagirwa. Igikorwa cyo kubagwa cyagenze neza, icyubahiro ni icy’Imana. Nzitanga nkinire urwo rukundo, tubonane vuba”

 

 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...