Kugeza mu gitondo cyo ku wa Gatanu, ku rubuga rwa FIFA haracyari amatike agera ku 7,000 y'umukino w'u Bwongereza n'u Bufaransa uzabera i Miami. Muri ayo, 1,246 yari akiri ku isoko risanzwe, aho igiciro cyayo cyatangiraga ku madolari 865 asaga miliyoni 1.2 y'amanyarwanda mu gihe andi yaguraga amadolari 1,125 arenga gato miliyoni 1.6 y'amanyarwanda.
Hari kandi amatike 5,864 yashyizwe ku isoko ryo kongera kuyagurisha, aho ahendutse yaguraga amadolari 455 asaga ibihumbi 650 by'amanyarwanda, hiyongereyeho amafaranga angana na 15% yishyurwa FIFA.
Icyagaragaye ni uko bamwe mu bari baraguze amatike bayagurisha ku giciro kiri hasi cyane ugereranyije n'icyo bayaguzeho. Urugero ni itike yo mu cyiciro cya mbere yari yaraguzwe amadolari 1,125, ubu ikaba iri kugurishwa amadolari 659 gusa.
Si uwo mukino gusa utaruzura, kuko n'umukino wa nyuma uzahuza Argentina na Espagne na wo ugifite amatike ataragurwa. Ku rubuga rwa FIFA haracyari amatike 32 yo mu cyiciro gihenze cyane, aho igiciro cyayo kiri hagati $29,995 na $32,970, ni ukuvuga asaga miliyoni 43 kugeza kuri miliyoni 47 z'amafaranga y'u Rwanda ku itike imwe gusa. Si amatike ya VIP, ahubwo ni amatike asanzwe yo kwinjira kuri stade.
Nanone kandi, ku rubuga rwa FIFA rwo kongera kugurishirizaho amatike haracyari andi arenga 1,000, menshi muri yo ari kugurishwa hafi y'igiciro cyayo cya mbere. Itike yaguraga $7,380 ishyirwaho andi $1,107 nk'umusoro n'amafaranga ya FIFA.
Igitangaje kurushaho ni uko hari itike imwe y'umukino wa nyuma yashyizwe ku isoko ku gaciro ka miliyoni ebyiri z'amadolari ya Amerika asaga miliyari 2.8 z'amanyarwanda, hakiyongeraho amafaranga ya FIFA angana n'ibihumbi 300 by'amadolari.
Nubwo bimeze bityo, FIFA yo yasobanuye ko ibiciro byo ku isoko ryo kongera kugurisha amatike bigenwa n'abayafite, bityo ntibisobanure ko ari yo mafaranga abafana bari kuyatangaho koko. Iyi mikino yombi ni yo isoza Igikombe cy'Isi cya 2026, aho u Bwongereza buzahatanira umwanya wa gatatu n'u Bufaransa, mbere y'uko Argentina na Espagne bisobanura uzegukana igikombe cy'isi.
