Ni mu mukino wa 1/16 wakinwe kuri uyu wa Kabiri saa Tanu z’ijoro kuri MetLife Stadium muri Amerika.
Ikipe y’igihugu ya Sweden yatangiranye amashagaga ubona ishaka igitego hakiri kare binyuze ku barimo Anthony Elanga.
Ibi ariko ntabwo byigeze bitinda kuko u Bufaransa bwaje kwiharira umukino ubundi burasatita cyane.
Iyi kipe y’igihugu y'u Bufaransa yakomeje gukinira imbere y’izamu rya Sweden ariko abarimo Kylian Mbappé bagerageza uburyo.
Hari aho uyu rutahizamu yatsinze igitego kirangwa kubera kurarira, aho yarekuye ishoti rikubita igiti cy’izamu ndetse hari aho na Michael Olise yagerageje uburyo buremereye ariko umunyezamu wa Sweden aba ibamba.
Nyuma yo kugerageza uburyo bwinshi ku munota wa 45 Kylian Mbappé yafunguye amazamu ku mupira yahawe na Ousmane Dembele.
Mu gice cya kabiri u Bufaransa bwaje bushaka igitego cy’umutekano, ku munota wa 53 Bradley Barcola agishyiramo ku mupira yahawe na Michael Olise.
Ku munota wa 74 Kylian Mbappé yatsinze igitego cya 3 ahawe umupira na Michael Olise.
Umukino warangiye u Bufaransa butsinze ibitego 3-0 buhita busezerera Sweden bwerekeza muri 1/8.
Ibi bitego bibiri Kylian Mbappé yatsinze byatumye aba umukinnyi wa mbere utsinze ibitego byinshi mu mikino yo gukuranwamo y’Igikombe cy’Isi aho afite 10.
Muri 1/8 u Bufaransa buzahura na Paraguay tariki ya 4 Nyakanga 2024.


U Bufaransa bwasezereye Sweden bwerekeza muri 1/8 cy'igikombe cy'Isi cya 2026

Mbappe yanditse amateka mashya mu gikombe cy'Isi
