Umukino wahuje Misiri na Australia wabereye kuri Dallas Stadium i Arlington, Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Misiri
yatangiye umukino neza, ifungura amazamu ku munota wa 13 ibifashijwemo na Emam
Ashour watsinze icy’umutwe nyuma y'umupira mwiza wari utewe na Karim Hafez.
Australia
yagarutse mu mukino itangira igice cya kabiri ishaka kwishyura, maze ku munota
wa 55 ibona igitego cyo kunganya nyuma y'uko myugariro Mohamed Hany wa Misiri
yitsinze igitego ku bw'impanuka.
Nyuma
y'aho, amakipe yombi yakomeje gushaka igitego cy'intsinzi ariko iminota 90
irangira anganya 1-1, bituma hongerwaho iminota 30 y'inyongera. Muri iyo minota
na bwo nta kipe yabashije kubona igitego, bityo hiyambazwa penaliti.
Muri penaliti, abakinnyi ba Misiri bagaragaje ituze batsinda 4 mu gihe Australia yatsinze 2 gusa. Penaliti ya nyuma yatsinzwe na Hossam Abdelmaguid ni yo yahesheje Misiri intsinzi ndetse n'itike yo gukomeza muri 1/8 cy'irangiza.
Nk’uko
tubikesha ikinyamakuru The Guardian, umwe mu myanzuro yavugishije benshi ni
uw'umutoza wa Australia wahisemo gusimbuza umunyezamu Patrick Beach wari
wakinnye neza, akinjiza Mathew Ryan ngo aze gufata penaliti. Icyakora uwo
mwanzuro ntiwatanze umusaruro kuko Ryan atabashije guhagarika penaliti za
Misiri.
Iyi ntsinzi yahise ituma Misiri igera muri 1/8 cy'Igikombe cy'Isi ku nshuro ya mbere mu mateka yayo kuva irushanwa ritangiye gukinwa mu buryo bwa kijyambere, ndetse izahura n'izava hagati ya Argentina na Cape Verde mu cyiciro gikurikiraho.



