Kapiteni w'u Bwongereza, Harry Kane, ni we wabaye intwari muri uwo mukino wabereye mu mujyi wa Atlanta, atsinda ibitego bibiri byahesheje ikipe ye intsinzi nyuma y'uko DR Congo yari yabanje gufungura amazamu hakiri kare.
Mu bafashaga gushyigikira abakinnyi bari mu kibuga harimo Katie Kane, umugore wa Harry Kane, wari wazanye umwe mu bana babo kugira ngo baze gushyigikira se.
Yari yambaye imyambaro ihuje y'ibara ry'ikijuju (grey) kandi yari afite icyapa cyanditseho amagambo agira ati "Go Daddy" bivuze ko bari bari kumutera akanyabugabo no kumwereka ko bamushyigikiye mu mukino, ndetse afite ifoto nini y'umutwe wa Harry Kane mu rwego rwo kumwereka ko amushyigikiye.

Megan Davison, umugore w'umunyezamu Jordan Pickford, na we yari mu bafana bari ku kibuga. Yari yambaye umwambaro w'abazamu b'ikipe y'u Bwongereza mu rwego rwo gushyigikira umugabo we, awuhuza n'ipantaro y'umweru.

Ashlyn, umukunzi wa Jude Bellingham, na we yari yitabiriye uwo mukino yambaye neza, agaragara mu mwambaro w'umukara wo hejuru n'ipantaro ya jeans.
Nubwo nyuma y'umukino hari ibyishimo bidasanzwe, si ko byari bimeze mu minota ya mbere. DR Congo yatunguye benshi ifungura amazamu ku munota wa 7 ibifashijwemo na Brian Cipenga, bituma abafana b'u Bwongereza n'imiryango y'abakinnyi batangira kugira impungenge ko ikipe yabo ishobora gusezererwa.

Megan Davison yanagaragaye asenga yicishije bugufi, asaba ko ikipe y'u Bwongereza yabona uburyo bwo kwishyura. Nyuma Harry Kane yaje kwigaragaza atsinda ibitego 2 byahinduye amateka y'umukino.
Iyi ntsinzi yasize u Bwongereza mu cyicuro 1/8, ikaba itegereje umukino uzayihuza na Mexico kuri sitade ya Azteca iherereye mu mujyi wa Mexico, umukino uteganyijwe mu rukerera rwo ku wa Mbere.

Nyuma y'umukino, ibyishimo byari byinshi. Rutahizamu Anthony Gordon yagaragaye ahoberana anasoma umukunzi we Annie Keating mu rwego rwo kwishimira intsinzi.
Naho Bukayo Saka yifatanyije n'umukunzi we Tolami Benson mu byishimo bari mu bafana.
Mbere y'iyi ntsinzi, abagore n'abakunzi b'abakinnyi bari bamaze iminsi bishimira urugendo rwabo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Nyuma y'uko u Bwongereza butsinze Panama ibitego 2-0 i New York.
Amakuru yatangajwe n'igitangazamakuru The Mirror, avuga ko bamwe muri aba bagore n'abakunzi b'abakinnyi banasuye resitora n'akabyiniro ka Maison Close gaherereye i New York, aho banywereye ibinyobwa mbere y'umukino.
Umuzamu ushinzwe umutekano muri ako kabyiniro yavuze ko bamwe muri bo bagaragazaga ko bashakaga gukomeza kwishimana no kujya ahandi nyuma y'aho hafungiye.
Intsinzi y'u Bwongereza ntiyashimishije abafana gusa, ahubwo yanasize abagore n'abakunzi b'abakinnyi mu byishimo bidasanzwe. Ubu amaso ahanzwe umukino wa Mexico, uzagaragaza niba Abongereza bakomeza inzozi zo kwegukana Igikombe cy'Isi cya 2026.
