Izi mpinduka
zije nyuma y’aho abagize delegasiyo ya Iran bakomeje kugaragaza ko amabwiriza
y’urugendo yashyizweho na Amerika yabangamiraga imyiteguro yabo muri iri
rushanwa.
Iran irahuguruka
mu mujyi wa Tijuana muri Mexico kuri uyu
wa Gatatu, mbere y’iminsi ibiri ngo ihure na Misiri mu mukino
uteganyijwe ku wa Gatanu i Seattle. Mu mikino ibiri ibanza yanganyijemo na
Nouvelle-Zélande ibitego 2-2 ndetse na Belgique 0-0, yari yemerewe kwinjira
muri Amerika umunsi umwe gusa mbere y’umukino.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Umutekano w’Imbere muri
Amerika yavuze ko Iran yemerewe kugera muri Amerika hakiri kare kugira ngo
ibashe kwitegura neza umukino wa Seattle, ariko ikazakomeza gusabwa guhita iva
muri icyo gihugu umukino urangiye.
Yagize ati: “Ku mukino wa gatatu wa Iran uzabera i
Seattle ku wa 26 Kamena, ikipe yemerewe kwinjira muri Amerika iminsi ibiri
mbere y’umukino. Gusa irasabwa guhita iva muri Amerika uwo munsi umukino
urangiye. Ingamba z’umutekano zisanzwe ntizahindutse.”
Andrew Giuliani, uyoboye Akanama ka White House
gashinzwe ibikorwa bya FIFA, yatangaje ko kuva mbere bari barateganyije
gukurikirana imyitwarire n’ingendo z’ikipe ya Iran mu mikino ibiri ya mbere,
hanyuma ibintu nibigenda neza bakayiha andi mahirwe yo kugera muri Amerika
kare.
Nubwo bimeze gutyo, Iran ntiyishimiye kuba igisabwa
guhita isubira muri Mexico umukino urangiye. Seattle iri nko ku bilometero
birenga 1,600 uvuye aho iyi kipe icumbitse muri Mexico, urugendo rw’indege
rukaba rumara hagati y’amasaha abiri n’atatu.
Umutoza wa Iran, Amir Ghalenoei, yavuze ko iki
cyemezo kibabangamiye cyane.
Yakomeje avuga ko ikipe ye ari “yo iri gucibwa
intege kurusha izindi zose muri iri Gikombe cy’Isi.”
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Iran
ryatangaje ko riteganya kugeza ikirego muri FIFA ku bijyanye n’imiterere
y’ingendo ikipe yaryo iri gukorerwamo.
Nyuma y’imikino ibiri, Iran iri ku mwanya wa kabiri
mu Itsinda G n’amanota abiri, ikaba ishaka kugera mu cyiciro gikurikiyeho bwa mbere mu mateka yayo y’Igikombe cy’Isi.
Amakuru kandi avuga ko hari bamwe mu bagize abakozi
bafasha ikipe ya Iran batigeze bahabwa visa zo kwinjira muri Amerika. Abagera
kuri 13 muri bo basigaye muri Mexico igihe cyose ikipe iba igiye gukinira muri
Amerika.
