Igikombe cy’Isi 2026: Iran yemerewe kwinjira muri Amerika habura iminsi ibiri ngo ikine

FIFA - Igikombe cy'Isi 2026 - 24/06/2026 11:05 AM
Share:

Umwanditsi:

Igikombe cy’Isi 2026: Iran yemerewe kwinjira muri Amerika habura iminsi ibiri ngo ikine

Ikipe y’Igihugu ya Iran yahawe uburenganzira na Minisiteri y’Umutekano w’Imbere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwo kwinjira muri iki gihugu iminsi ibiri mbere y’umukino wayo wa nyuma mu matsinda y’Igikombe cy’Isi.

Izi  mpinduka zije nyuma y’aho abagize delegasiyo ya Iran bakomeje kugaragaza ko amabwiriza y’urugendo yashyizweho na Amerika yabangamiraga imyiteguro yabo muri iri rushanwa.

Iran irahuguruka  mu mujyi wa Tijuana muri Mexico kuri uyu  wa Gatatu, mbere y’iminsi ibiri ngo ihure na Misiri mu mukino uteganyijwe ku wa Gatanu i Seattle. Mu mikino ibiri ibanza yanganyijemo na Nouvelle-Zélande ibitego 2-2 ndetse na Belgique 0-0, yari yemerewe kwinjira muri Amerika umunsi umwe gusa mbere y’umukino.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Umutekano w’Imbere muri Amerika yavuze ko Iran yemerewe kugera muri Amerika hakiri kare kugira ngo ibashe kwitegura neza umukino wa Seattle, ariko ikazakomeza gusabwa guhita iva muri icyo gihugu umukino urangiye.

Yagize ati: “Ku mukino wa gatatu wa Iran uzabera i Seattle ku wa 26 Kamena, ikipe yemerewe kwinjira muri Amerika iminsi ibiri mbere y’umukino. Gusa irasabwa guhita iva muri Amerika uwo munsi umukino urangiye. Ingamba z’umutekano zisanzwe ntizahindutse.”

Andrew Giuliani, uyoboye Akanama ka White House gashinzwe ibikorwa bya FIFA, yatangaje ko kuva mbere bari barateganyije gukurikirana imyitwarire n’ingendo z’ikipe ya Iran mu mikino ibiri ya mbere, hanyuma ibintu nibigenda neza bakayiha andi mahirwe yo kugera muri Amerika kare.

Nubwo bimeze gutyo, Iran ntiyishimiye kuba igisabwa guhita isubira muri Mexico umukino urangiye. Seattle iri nko ku bilometero birenga 1,600 uvuye aho iyi kipe icumbitse muri Mexico, urugendo rw’indege rukaba rumara hagati y’amasaha abiri n’atatu.

Umutoza wa Iran, Amir Ghalenoei, yavuze ko iki cyemezo kibabangamiye cyane. Ati: “Batubwiye ko tugomba guhita tugenda umukino ukirangira. Turahangayitse cyane kandi ntitwumva impamvu badusubiza ako kanya. Biratangaje kuko bisa n’aho hari abandi badufatira imyanzuro.”

Yakomeje avuga ko ikipe ye ari “yo iri gucibwa intege kurusha izindi zose muri iri Gikombe cy’Isi.”

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Iran ryatangaje ko riteganya kugeza ikirego muri FIFA ku bijyanye n’imiterere y’ingendo ikipe yaryo iri gukorerwamo.

Nyuma y’imikino ibiri, Iran iri ku mwanya wa kabiri mu Itsinda G n’amanota abiri, ikaba ishaka kugera mu cyiciro gikurikiyeho  bwa mbere mu mateka yayo y’Igikombe cy’Isi.

Amakuru kandi avuga ko hari bamwe mu bagize abakozi bafasha ikipe ya Iran batigeze bahabwa visa zo kwinjira muri Amerika. Abagera kuri 13 muri bo basigaye muri Mexico igihe cyose ikipe iba igiye gukinira muri Amerika.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...