Mu rukerera rwo kuri wa Mbere saa Saba z’ijoro kuri Lincoin Financial Field muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nibwo Côte d’Ivoire yahuriye mu kibuga na Ecuador mu mukino wo ku munsi wa mbere w’Itsinda E.
Ni umukino byasabye ko Amad Diallo ariwe utsinda igitego cyakoze itandukaniro ku munota wa nyuma wa 90 ahawe umupira na Wilfried Singo. Ni mu gihe Yan Diomande nawe wa Côte d’Ivoire ariwe wabaye umukinnyi w’umukino.
Nyuma y’uko iyi kipe y’igihugu ya Côte d’Ivoire itsinze Ecuador muri uyu mukino byahise bituma yandika amateka aho iba ikipe ya kabiri yo ku mugabane wa Afurika itsinze umukino ubanza wayo w’igikombe cy’Isi ikina n’ikipe yo ku mugabane wa Amerika y’Epfo.
Ni mu gihe kandi ariyo kipe ya mbere itsinze umukino wayo wa mbere w’igikombe cy’Isi muri rusange nyuma ya Senegal iheruka kubikora muri 2018. Kugeza ubu Côte d’Ivoire ni iya kabiri mu itsinda E irimo nyuma y’u Budage bwa mbere.
Undi mukino ni uwo mu itsinda F wakinwe saa Kumi z’ijoro kuri Estadio BBVA muri Mexico aho ikipe y’igihugu ya Sweden yanyagiye Tunisia ibitego 5-1.
Ni ibitego byatsinzwe na Yasin Ayari ku munota wa 7 na 90+6 ,Alexander Isak ku munota wa 30,Viktor Gyokeres ku wa 59 na Mattias Svanberg ku wa 84 mu gihe Sweden yo yatsindiwe na Omar Rekik ku munota wa 43.
Kugeza ubu Sweden niyo iyoboye iri tsinda rya F n’amanota 3,u Buyapani ni ubwa kabiri n’inota rimwe naho u Buhorandi bukaba ubwa gatatu n’inota rimwe mu gihe Tunisia yo ari iya nyuma.
Igikombe cy’Isi cya 2026 kirakomeza kuri uyu wa Mbere aho saa kumi Nebyiri z'umugoroba ikipe y’igihugu ya Espagne irakina na Cape Verde naho saa Tatu z’ijoro u Bubiligi bukine na Misiri.



Amad Diallo yishimira igitego yatsinze


Alexander Isak na Viktor Gyokeres bishimira intsinzi
