Igikombe cy’Isi 2026: Côte d’Ivoire, Ecuador, Ubuyapani, Sweden, u Buhorandi na Australia zerekeje muri 1/16

Imikino - 26/06/2026 6:38 AM
Share:

Umwanditsi:

Igikombe cy’Isi 2026: Côte d’Ivoire, Ecuador, Ubuyapani, Sweden, u Buhorandi na Australia zerekeje muri 1/16

Ikipe y’igihugu ya Côte d’Ivoire, Ecuador, Ubuyapani, Sweden, Australia n’u Buhorandi zerekeje muri 1/16 cy’imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026 irimo irabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico.

Kuri uyu wa Kane ni bwo hakomeje gukinwa imikino yo ku munsi wa nyuma w’amatsinda w’iki gikombe cy’Isi cya 2026. Saa yine z’Ijoro kuri MetLife Stadium i New Jersy muri Amerika mu itsinda E u Budage bwatunguranye butsindwa na Ecuador ibitego 2-1 dore ko n’ubundi bwo bwari bwaramaze gukatisha itike.

Ikipe y’igihugu y’u Budage ni yo yafunguye amazamu mbere ku munota wa 2 ku gitego cya Leroy Sane ahawe umupira na Florian Writz naho ku wa 9 Ecuador irishyura ku gitego cya Nilson Angulo mu gihe ku wa 77 Gonzalo Plata yatsinze icya kabiri.

Undi mukino wo muri iri tsinda E ni uwo Côte d’Ivoire yatsinzemo Curucao ibitego 2-0. Ni ibitego bya Nicolas Pele ku munota wa 7 ahawe umupira na Yan Diomande no ku wa 64 ahawe umupira na Ibrahim Sangare.

Muri iri tsinda, u Budage bwasoreje ku mwanya wa mbere n’amanota 6 bunganya na Côte d’Ivoire ya kabiri aho yahise inakatisha itike ya 1/16. Ecuador yasoreje ku mwanya wa 3 n’amanota 4 ikazazamuka nk’ikipe yatsinzwe neza. 

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu saa Saba mu itsinda F batanye mu mitwe. U Buyapani bwanganyije na Sweden 1-1. Ku munota wa 56 u Buyapani bwafunguye amazamu ku gitego cya Daizena Maeda, ku wa 62 Anthony Elanga ahita yishyura.

Muri iri tsinda kandi  u Buhorandi bwatsinze Tunisia ibitego 3-1. Ku munota wa 3 Ellyes Shkhiri yitsinze igitego, ku wa 7 Brian Brobbey atsinda icya kabiri naho ku wa 62 Jean Paul Van Hecke atsinda icya 3. Ni mu gihe ku wa 54 ho Hazem Mastouri yatsinze kimwe cya Tunisia.

U Buhorandi bwazamutse buyoboye itsinda n’amanota 7, u Buyapani buzamuka ku mwanya wa 2 n’amanota 5 naho Sweden isoreza ku mwanya wa 3 ikaba izazamuka nk’ikipe yatsinzwe neza.

Mu itsinda D ho bakinnye saa Kumi aho Turukiya yatsinze Amerika ibitego 3 kuri 2 naho Paraguay inganya na Australia 0-0.

Amerika yari yarakatishije itike yasoreje ku mwanya wa mbere n’amanota 6, Australia izamuka ari iya kabiri n’amanota 4 inganya na Paraguay ya gatatu gusa yo bikaba bigoye ko yazazamuka nk’iyatsinzwe neza bitewe n’umwenda w’ibitego ifite.

Imikino y’Igikombe cy’Isi y’umunsi wa nyuma w’amatsinda irakomeza kuri uyu wa Gatanu saa Tatu aho mu itsinda I Norway irakina n’u Bufaransa naho Senegal ikine na Iraq.


U Buhorandi bwerekeje muri 1/16



Byari ibyishimo bikomeye kuri Côte d'Ivoire nyuma yo gukatisha itike 


U Buyapani bwerekeje muri 1/16 cy'igikombe cy'Isi cya 2026




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...