Uyu mukino wa 1/8 wakinwe kuri uyu wa Kabiri saa Moya kuri stade ya Mercedes Benz muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Nkuko byari byitezwe Argentine niyo yatangiye yihariye umukino ariko ku munota wa 15 Misiri ihita iyitungura ifungura amazamu ku gitego cya Yasser Ibrahim akoresheje umutwe ku mupira yari ahawe na Marwan Attia.
Ku munota wa 21 Argentine yabonye penariti ku ikosa ryari rikorewe Tagliafico ubundi iterwa na Lionel Messi ariko umunyezamu wa Misiri, Mostafa Shobeir ayikuramo.
Argentine yakomeje gusatira nkaho ku munota wa 27 Rodrigo De Paul yashyize umupira ku mutwe ariko umunyezamu wa Misiri yongera aratabara.
Hari aho Messi yateye kufura nziza gusa n’ubundi wa munyezamu wa Misiri aba ibamba.
Ku munota wa 41 Julian Alvarez yashoboraga gufungura amazamu gusa nanone umunyezamu wa Misiri aratabara.
Igice cya mbere cyarangiye Misiri iyoboye n’igitego 1-0. Mu gice cya kabiri ikipe y’igihugu ya Misiri yaje ikora impinduka mu kibuga havamo Emam Ashour hajyamo Hamdi Fathy.
Ku munota wa 58 Mostafa Zaki Abdelraouf yatsinze igitego ariko kiza kwangwa kubera ikosa ryari ryakorewe Lisandro Martinez.
Bidatinze n’ubundi ku munota wa 67 Mostafa Zaki Abdelraouf yahise atsinda igitego cya kabiri ahawe umupira na Haissem Hassan.
Ku munota wa 79 Cristian Romero yatsindiye Argentine igitego akoresheje umutwe ku mupira yari ahawe na Lionel Messi.
Ku wa 83 Lionel Messi yatsinze igitego cya kabiri ahawe umupira na Gonzalo Montiel. Ku munota wa 90+2 Enzo Fernandez yatsindiye igitego cya gatatu Argentine ahawe umupira na Lautaro Martinez.
Umukino warangiye Argentine itsinze Misiri ibitego 3-2 ihita yerekeza muri 1/4.

Lionel Messi yishimira igitego yatsinze

Argentine ya Lionel Messi yerekeje muri 1/4 cy'igikombe cy'Isi cya 2026

Kugeza ubu Messi amaze gutsinda ibitego 8 mu gikombe cy'Isi cya 2026

