Mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru saa Cyenda ni bwo hasojwe gukinwa imikino ya 1/4 y’Igikombe cy’Isi cya 2026 hakinwa uw’ikipe y’igihugu ya Argentine n’u Busuwisi kuri GEHA Field at Arrowhead Stadium.
Argentine ntabwo yigeze itinzamo kuko ku munota wa 10 gusa yahise ifungura amazamu kuri koroneri yatewe na Lionel Messi ubundi Alexis Mac Allister ashyira umupira mu nshundura.
U Busuwisi bwahise butangira urugendo rwo gushaka uko bwishyura, buza kubigeraho ku munota wa 67 ku gitego cyatsinzwe na Dan Ndoye ahawe umupira na Ricardo Rodriguez.
Ku bw’amahirwe macye ikipe y’igihugu y’u Busuwisi ku munota wa 72 umukinnyi wabwo warimo abufasha cyane, Breel Embolo, yeretswe ikarita ya kabiri y’umuhondo biba umutuku ahita asohoka mu kibuga.
Ni nyuma y’uko yari yigwishije Umusifuzi aha ikarita y’umuhondo Leandro Paredes wa Argentinr gusa VAR irahamagara agiyeyo asanga nta kosa ryabayeho ayimukuraho ayiha Breel Embolo.
U Busuwisi bwihagazeho ubundi iminota 90 irangira ari 1-1 bituma hitabazwa iminota 30 y’inyongera. Muri iyi minota, Argentine niho yahise itsindiramo ibitego 2.
Kimwe cyabonetse ku munota wa 112 gitsinzwe na Julian Alvarez ahawe umupira na Flaco Lopez, ikindi kiboneka ku wa 120+1 gitsinzwe na Lautaro Martinez.
Argentine yahise isezerera u Busuwisi ibutsinze ibitego 3-1 yerekeza muri 1/2. Izahura n’u Bwongereza bwasezereye Norway ibutsinze ibitego 2-1.

Argentine ya Lionel Messi yerekeje muri 1/2 cy'igikombe cy'Isi cya 2026

Byari ibyishimo ku bakinnyi ba Argentine nyuma yo gusezerera u Busuwisi

