Igihugu kidukeneye turi bazima: Bruce Melodie, Muyoboke na Junior Giti bahanuye urubyiruko

Imyidagaduro - 14/09/2026 8:06 AM
Share:

Umwanditsi:

Igihugu kidukeneye turi bazima: Bruce Melodie, Muyoboke na Junior Giti bahanuye urubyiruko

Umuhanzi Bruce Melodie, umujyanama w’abahanzi Muyoboke Alex ndetse n’umukinnyi wa filime Bugingo Bonny uzwi nka Junior Giti, basabye urubyiruko kurushaho kwita ku buzima, rukirinda ibiyobyabwenge n’izindi ngeso zishobora kubangamira ejo hazaza harwo n’iterambere ry’Igihugu.

Ubu butumwa bwatanzwe ku Cyumweru tariki ya 13 Nzeri 2026 ubwo aba banyamwuga bifatanyaga n’abatuye mu Karere ka Kicukiro mu bikorwa bya Siporo Rusange, bizwi nka Car Free Day, bikorerwa mu Mujyi wa Kigali kabiri mu kwezi.

Ni igikorwa cyahurije hamwe abantu b’ingeri zitandukanye, aho bakoze imyitozo itandukanye irimo kugenda n’amaguru, kwiruka, kunyonga igare, gukora aerobics, gymnastics n’indi mikino itandukanye igamije gufasha abantu kugira ubuzima bwiza.

Muyoboke Alex, usanzwe azwi mu bikorwa byo kureberera inyungu z’abahanzi no kubafasha mu rugendo rw’umuziki, yibukije urubyiruko ko rukwiye kumva no gukurikiza inama rwigishwa n’inzego z’Igihugu, cyane cyane izirebana no kubungabunga ubuzima.

Yagaragaje ko urubyiruko ari rwo Rwanda rw’ejo, bityo ko kurinda ubuzima bwarwo no kwirinda ibiyobyabwenge ari inshingano ikomeye. Muyoboke yagize ati: “Ibyo Leta itubwira ni we mubyeyi wacu mukuru.”

Yashishikarije urubyiruko gufata nk’iby’agaciro ubutumwa ruhabwa, aho kurangwa n’imyitwarire ishobora kurwangiriza ubuzima cyangwa ikarubuza kugera ku ntego zarwo.

Bugingo Bonny, uzwi nka Junior Giti mu gusobanura filime, na we yakanguriye urubyiruko kwirinda inzoga n’ibindi biyobyabwenge, avuga ko umuntu ashobora kubaho neza kandi igihe kirekire atabinywa.

Mu butumwa bwe, yibanze ku ngaruka ibyo kunywa bishobora kugira ku mitekerereze no ku buzima bw’umuntu. Ati: “Ibyuma bitera indwara, bituma umuntu atitekerezaho, Isi ikamusiga.”

Yashimangiye ko kwirinda inzoga n’ibindi bishobora kwangiza ubuzima atari ibintu bituma umuntu abura umunezero, ahubwo ko ari amahitamo ashobora kumufasha kubaho neza no gukomeza kugira ubushobozi bwo gutekereza no gukora.

Umuhanzi Bruce Melodie na we yagarutse ku ruhare rw’urubyiruko mu kubaka Igihugu, asaba abakiri bato kurinda ubuzima bwabo no kwirinda ibiyobyabwenge n’imigirire mibi.

Yavuze ko Igihugu gikeneye urubyiruko rufite ubuzima buzira umuze ndetse n’ubushobozi bwo gutekereza neza, kuko ari rwo ruzakomeza ibikorwa by’iterambere mu bihe biri imbere.

Bruce Melodie yagize ati: “Igihugu kidukeneye turi bazima kandi dufite ubwenge kuko iyo bwayobye ntibuba bukiri ubwenge.”

Ubutumwa bwe bwibanze ku kuba urubyiruko rudakwiye kureba ibiyobyabwenge nk’ikintu gisanzwe cyangwa uburyo bwo kwishimisha, kuko bishobora kugira ingaruka ku buzima, ku mitekerereze no ku hazaza h’umuntu.

Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly, na we yibukije urubyiruko ko kubungabunga ubuzima bidakwiye gutandukanywa no kwirinda ibiyobyabwenge n’inzoga z’ibyuma.

Yabigarutseho ubwo yifatanyaga n’abaturage ba Kicukiro muri Siporo Rusange, igikorwa gituma abantu babona umwanya wo gukora siporo no kuganira ku buryo bwo kurushaho kwita ku buzima.

Kuri uwo munsi, mu turere dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali habaye Siporo Rusange ya Car Free Day, aho abaturage basabwe kuva mu ngo bakitabira ibikorwa by’imyitozo ngororamubiri.

Usibye siporo, abitabiriye iki gikorwa banahawe serivisi zo kwipimisha indwara zitandura ku buntu, ndetse bahabwa inama zibafasha kumenya uko barushaho kwita ku buzima bwabo.

Ibi bikorwa byongeye kugaragaza ko siporo atari uburyo bwo kwidagadura gusa, ahubwo ko ishobora kuba igice cy’ingenzi mu kubungabunga ubuzima no gukumira indwara.

Ku rubyiruko by’umwihariko, ubutumwa bwa Bruce Melodie, Muyoboke Alex na Junior Giti bwibutsa ko kugira ejo hazaza heza bitangirira ku kwita ku buzima uyu munsi.

Ni urubyiruko ruzima, rufite ubwenge kandi rwirinda ibyangiza ubuzima, Igihugu gikeneye kugira ngo rukomeze kukiyobora no kukiteza imbere.

Bruce Melodie yasabye urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge, avuga ko Igihugu gikeneye urubyiruko ruzima kandi rufite ubushobozi bwo gutekereza neza


Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly yibukije urubyiruko ko kubungabunga ubuzima bidakwiye gutandukanywa no kwirinda ibiyobyabwenge n’inzoga z’ibyuma

Kicukiro yakiriye Siporo Rusange yahuje abaturage mu myitozo itandukanye igamije guteza imbere ubuzima n’imibereho myiza


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...