Igihugu cyareka abantu bagapfa gusa kikarebera cyo cyaba ari gihugu ki? - Perezida Kagame ku nzoga z’ibyuma

Imikino - 24/08/2026 1:29 PM
Share:

Umwanditsi:

Igihugu cyareka abantu bagapfa gusa kikarebera cyo cyaba ari gihugu ki? - Perezida Kagame ku nzoga z’ibyuma

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rutareberera Abanyarwanda ngo bapfe kubera kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge zizwi nk’Ibyuma.

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Kanama 2026 kuri Kigali Convention Center, Umukuru w’igihugu yavuze ko kuba hari abavuga ko izi nzoga zitujuje ubuziranenge zitari zikwiye gucibwa, hakwiye kubanza kurebwa ukuri kw’ibihari.

Ati: ”Kuri icyo kibazo tureke gusa kwibaza ibivugwa. Abantu bavuga ibintu bashatse byose bitewe n’imitekerereze yabo cyangwa se uko babyifuza. Ku bivugwa twongereho n’ibigaragara n'ibyo tubona biba. Hari ibyo binyobwa bidafite ubuziranenge na gake ndetse bidafite ubuziranenge. Twakibaza ariko ibi ni byo? Byica abantu? Byishe abantu? Igisubizo buri wese aragifite. Byica abantu byishe abantu ndetse batagira umubare”.

Yakomeje agira ati: ”Ntabwo ari ukuvuga ngo hapfuye abantu babiri gusa, uyu munsi ngo hapfuye umwe ejo hapfuye undi, oya. Barapfa ari 20, 30, 50 hari nubwo hapfuye abenda kugera ku 100 ku munsi umwe. Ugiye gushyira hamwe abamaze gupfa ku mwaka urumva ukuntu bangana.

Mbere y’uko ngera kuri ibyo bindi, by’inganda n’abakozi, reka tubanze dusubize ikibazo cy’ubuzima bw'abo bantu. Turashaka inganda n’abakozi bari buhitanwe n’ibiri bukorerwe muri izo nganda?.”

Perezida Kagame yavuze ko izi nzoga zica abantu atari izikorerwa mu Rwanda gusa ndetse ko zibica no mu buryo butandukanye hari izibica mu cyumweru hakaba hari n'abo zica nyuma y’umwaka.

Yavuze ko atarumva neza abashyigikiye izi nganda ntibatekereze abo zica buri munsi. Ati: “Ntabwo ndumva neza njyewe umuntu waba abishyigikiye ngo atekereze inganda n’abazikoramo ukuyemo abo byica umunsi ku wundi. Usibye wowe ubikora bikica abantu, iki gihugu kiyoborwa gite? Igihugu cyareka abantu bagapfa gusa kikarebera cyo cyaba ari gihugu ki?.”

Perezida Kagame yagarutse ku bayobozi b’ibigo bishinzwe ubuziranenge batawe muri yombi agira ati:” Ni nayo mpamvu bariya bayobozi bashinzwe imirimo itandukanye ireberera iby’ubuziranenge barimo barakurikiranwa bafite ibyo babazwa. Nicyo bagiriyeho,izo nzego zigiriyeho kureba ngo ibikorwa ibyo aribyo byose ntabwo byica abantu ahubwo nibifasha ubuzima bw’abantu gutera imbere.

Bamwe muri abo rero ndibwira ko babifitemo uruhare ndetse bashobora kuba bafite uruhare muri  izo nganda cyangwa se abafite izo nganda babahuma amaso bakareka ibintu byabo bigahita bikajya kwica abantu”.

Yavuze ko atari izi nzoga gusa ahubwo hari n’ibindi biyobyabwenge abantu baririmba Kandi birimo birica abantu.

Umukuru w’igihugu  yashimangiye ko u Rwanda rutazareberera Abanyarwanda ngo bapfe kubera kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge.

Ati:“Igihugu cyabaho kugira ngo kirebere abantu bacyo bapfa ntuvuge ngo kugira ngo hatazagira ubaza. Kuri iyo ntambara rero abanyumva cyangwa se n’ababirimo banyitege turaza guhangana nabo. Ibintu biraza kujya ku murongo uko bikwiye”.

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rutazareberera Abanyarwanda ngo bapfe kubera kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...