Igihe cyibwa, Zidane akubita umukinnyi umutwe: Ibintu 10 bitazibagirana mu mateka y’igikombe cy’Isi

- 03/06/2026 10:26 AM
Share:

Umwanditsi:

Igihe cyibwa, Zidane akubita umukinnyi umutwe: Ibintu 10 bitazibagirana mu mateka y’igikombe cy’Isi

Igikombe cy’Isi ni ryo rushanwa rikomeye kurusha andi yose mu mupira w’amaguru aho rihuza ibihugu bitarutse ku migabane yose, rigakurikirwa n’imbaga y’abafana ku Isi yose kandi rikaberamo ibintu bitazabagirwa.

Ntabwo ari ibitego byiza gusa cyangwa ibikombe byegukanwa bitazibagirana ahubwo hari n’ibindi bihe byatumye abantu bacika ururondogoro, abandi bararakara, abandi bakaba batazabyibagirwa.

Mu gihe igikombe cy’Isi cya 2026 kibura iminsi 8 dore bimwe mu bihe bitazibagirana mu mateka y’iri rushanwa:

10. Igikombe cy’Isi kigeze kwibwa

Mu mwaka wa 1966, amezi make mbere y’uko Igikombe cy’Isi gitangira mu Bwongereza, igikombe cya Jules Rimet cyari cyashyizwe ahagaragara kugira ngo abaturage bakibone.

Icyatangaje benshi ni uko cyaje kwibwa n’abataramenyekanye. Polisi n’abashinzwe umutekano baragishatse ariko barakibura.

Nyuma y’iminsi mike, imbwa yitwaga Pickles ni yo yaje kugisanga gipfunyitse mu mpapuro munsi y’uruzitiro rw’urugo rumwe i Londres. Uwo munsi Pickles yahise iba icyamamare ku rwego rw’Isi.

9. Rivaldo yakinnye ikinamico yasize umukinnyi ahawe ikarita y’umutuku

Mu Gikombe cy’Isi cya 2002 ubwo Brazil yari ihanganye na Turikiya mu minota ya nyuma y’umukino, Hakan Unsal yakubise umupira ugana kuri Rivaldo. Umupira wamukoze ku kuguru ariko uyu munya-Brazil ahita yikubita hasi afashe mu maso, ataka nk’uwakubiswe bikomeye.

Umusifuzi yahise aha Unsal ikarita ya kabiri y’umuhondo ndetse ava mu kibuga. Nyuma amashusho yaje kugaragaza ko Rivaldo yari yakinnye ikinamico ikomeye, bituma FIFA imuca amande.


8. Umukinnyi yahawe amakarita abiri y’umuhondo ariko akomeza gukina

Mu Gikombe cy’Isi cya 2006, Josip Simunic wa Croatia yanditse amateka adasanzwe. Uyu myugariro yahawe ikarita y’umuhondo inshuro ebyiri, ariko umusifuzi Graham Poll yibagirwa ko yari yamaze kumuha ikarita y’umuhondo.

Byatumye Simunic akomeza gukina nk’aho nta cyabaye. Nyuma y’umukino, ni bwo Poll yongeye kumuha indi karita y’umuhondo mbere yo kumwereka umutuku. Ni rimwe mu makosa akomeye yigeze gukorwa n’umusifuzi mu mateka y’umupira.

7. Suarez aruma mugenzi we hagati mu mukino

Luis Suarez ni umwe mu bakinnyi bakomeye babayeho, ariko kandi ni umwe mu bakoze ibintu bitangaje kurusha abandi. Mu Gikombe cy’Isi cya 2014, hagati mu mukino wa Uruguay n’u Butaliyani, yafashe Giorgio Chiellini amuruma ku rutugu.

Chiellini yahise yerekana ibimenyetso by’aho yari yarumwe, mu gihe Suarez yitwaraga nk’aho nta cyabaye. Nyuma FIFA yamuhagaritse amezi ane adakina umupira.

6. Ronaldo yongewe ku rutonde rw’abakinnyi babanza mu kibuga kuri finali yo mu 1998

Mbere y’umukino wa nyuma w’igikombe  cy’Isi cya 1998, urutonde rwa Brazil rwari rwashyizwe hanze ntabwo rwarimo Ronaldo wari umukinnyi wari uhanzwe amaso kurusha abandi ku Isi.

Hashize iminota mike hasohotse urundi rutonde rugaragaza ko ari mu bakinnyi 11 babanza mu kibuga.

Nyuma byaje kumenyekana ko yari yagize ikibazo gikomeye cy’ubuzima mbere gato y’umukino. Nubwo yakinnye, ntiyari ameze neza maze Brazil itsindwa n’u Bufaransa ibitego 3-0.

5. Suarez akiza Uruguay akoresheje ikiganza

Mu mwaka wa 2010, Ghana yari isigaje amasegonda make ngo ibe igihugu cya mbere cya Afurika kigeze muri 1/2 cy’Igikombe cy’Isi. Umupira wari ugiye kwinjira mu izamu rya Uruguay, ariko Luis Suarez awukuramo akoresheje ikiganza kandi atari umunyezamu.

Yahise ahabwa ikarita itukura ariko penaliti yakurikiyeho Asamoah Gyan arayihusha. Uruguay yaje gutsinda kuri penaliti ikomeza mu kindi cyiciro. Abanya-Ghana benshi kugeza n’ubu ntibashobora kubyibagirwa.

4. Schumacher yasize Battiston hagati y’urupfu n’ubuzima

Mu mukino wahuje u Bufaransa n’u Budage mu 1982, umunyezamu Toni Schumacher yagonze Patrick Battiston mu buryo bwateye benshi ubwoba. Battiston yahise ata ubwenge, amenyo menshi arakuka ndetse aza kujya muri koma.

Igitangaje ni uko umusifuzi atatanze ikarita n’imwe. Iki ni kimwe mu bihe bikomeye kandi bibabaje byabaye mu mateka y’iri rushanwa.

3. Brazil itsindirwa iwayo ibitego 7-1

Ku wa 8 Nyakanga 2014, Isi yose yabonye ibintu byasaga n’inzozi mbi ku Banya-Brazil. Mu mukino wa 1/2, u Budage bwatsinze Brazil ibitego 7-1 imbere y’abafana bayo. Ni kimwe mu bisebo bikomeye igihugu cyakiriye mu mateka y’umupira.

2. Maradona atsindisha ukuboko

Mu Gikombe cy’Isi cya 1986, Diego Maradona yatsinze u Bwongereza igitego akoresheje ikiganza. Umusifuzi ntiyabibonye maze igitego kirabarwa. 

Nyuma y’umukino, Maradona yavuze ko icyo gitego cyatsinzwe n’"umutwe wa Maradona ndetse n’ukuboko kw’Imana."

 1. Zidane akubita Materazzi umutwe kuri finali

Niba hari igikorwa kimwe kitazigera gisibangana mu mateka y’Igikombe cy’Isi, ni umutwe Zinedine Zidane yakubise Marco Materazzi. Byabaye kuri finali ya 2006 hagati y’u Bufaransa n’u Butaliyani.

Abarebaga uyu mukino babanje kutumva impamvu Zidane Zidane ahawe umutuku gusa amashusho yasubiwemo yerekanye uburyo yahindukiye agahita akubita umutwe Materazzi mu gatuza.

Byavugwaga ko Materazzi yari yavuze amagambo asesereza umuryango wa Zidane, ibintu byatumye uyu mufaransa arakara cyane.

Umutwe Zidane yakubise Materazzi ni kimwe mu bitazibagirana mu mateka y'Igikombe cy'Isi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...