Ifitiye akamaro abakristo - Archbishop Laurent Mbanda kuri ‘Podcast’ yatangijwe na EAR (VIDEO)

Iyobokamana - 02/07/2026 8:31 AM
Share:

Umwanditsi:

Ifitiye akamaro abakristo - Archbishop Laurent Mbanda kuri ‘Podcast’ yatangijwe na EAR (VIDEO)

Mu gihe ikoranabuhanga rikomeje guhindura uburyo abantu bahabwa amakuru n’ubumenyi, Itorero Angilikani ry’u Rwanda (EAR) ryafashe icyemezo cyo kurikoresha nk’umuyoboro mushya wo kugeza ubutumwa bwiza ku bantu benshi kurushaho.

Ni muri urwo rwego ryatangije 'EAR Podcast', urubuga rw’amajwi n’amashusho rugamije kuvuga ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo, kwigisha ijambo ry’Imana no kuganiriza abakristo n’abandi bose bifuza gusobanukirwa ukwizera kwa Gikristo n’umurimo w’Itorero Angilikani.

Iyi gahunda nshya ije mu gihe abantu benshi, by’umwihariko urubyiruko, bamaze kwimenyereza gukurikirana ibiganiro binyuze ku mbuga nkoranyambaga no kuri za Podcast, bituma ubutumwa bwiza bugera aho abantu bari hose.

Mu butumwa bwe bwo gutangiza iyi Podcast, Umwepisikopi Mukuru w’Itorero Angilikani ry’u Rwanda, Rev. Dr. Laurent Mbanda, yavuze ko iki gitekerezo cyatekerejweho hagamijwe kongera uburyo ijambo ry’Imana rigera ku bantu benshi. Yagize ati: "Tubona ko yagira umumaro."

Yakomeje asobanura ko atari umuyoboro ugenewe gusa abakristo ba Angilikani, ahubwo ko uzagirira akamaro buri wese ushaka kumenya Imana.

Ati “Yagira umumaro ukomeye ku Bakristu b'Itorero Anglican ry'u Rwanda, umumaro ukomeye ku rubyiruko rw'Itorero Anglican ry'u Rwanda, umumaro ukomeye ku banyarwanda bose muri rusange, abari mu gihugu ndetse n'abari hanze batwumva. Atari ku bakristu b'abanglican gusa, ahubwo n'abandi bose bumva bafite ugushaka no kumenya iby'itorero Anglican ry'u Rwanda, ariko kandi no kumenya agakiza [...]"

Umuyoboro ugamije kuvuga ubutumwa bwa Kristo

Rev. Dr. Laurent Mbanda yavuze ko intego nyamukuru y’iyi Podcast ari ugukomeza umurimo Yesu Kristo yahaye Itorero wo kwamamaza ubutumwa bwiza ku batuye isi.

Yagize ati: "Ni iyo kuvuga ubutumwa. Ni iyo kubwira abantu iby'agakiza tubonera muri Kristo Yesu."

Yasobanuye ko iyi Podcast izaba urubuga rwo kuganiriraho ubuzima bw’umwuka, ukwizera n’ibyiringiro bibonerwa muri Kristo, ndetse ikanafasha abakristo kubaho ubuzima buhuje ukwizera n’imibereho yabo ya buri munsi.

Ati "Ni ahantu twakumva kandi tukaganirira iby'ubuzima bw'umwuka, ni ahantu twumva kandi tukaganirira iby'ukwizera, ni ahantu twumva kandi tukaganirira iby'ibyiringiro bibonekera mu kwiringira Kristo. Ni ahantu dushobora kwigira uburyo bwo guhuza Ubukristo bwacu n'ubugingo bwacu bwa buri munsi."

Yongeyeho ko umuntu wese uzajya akurikirana ibi biganiro azabona amahirwe yo gukura mu buryo bw’umwuka no gukomera mu rugendo rwo kwizera.

Podcast ije isanga Itorero ryizihije imyaka 100 mu Rwanda

Iyi gahunda nshya itangijwe nyuma y’aho Itorero Angilikani ry’u Rwanda ryizihije imyaka 100 rimaze rikorera mu gihugu.

Rev. Dr. Laurent Mbanda yavuze ko iyo myaka ijana ibasigiye ishema ryo kubona ubutumwa bwiza bwarageze kure, ndetse ubu iri torero rifite abakristo barenga miliyoni 1.5 mu Rwanda.

Yagaragaje ko n’ubu hakomeje kwakirwa abantu bashya bahitamo gukurikira Kristo, mu gihe amatorero, abashumba n’umurimo w’ivugabutumwa bikomeje kwaguka umunsi ku wundi.

Itorero ritavuga ubutumwa gusa, ahubwo rinita ku mibereho y’abaturage

Umwepisikopi Mukuru wa EAR, yibukije ko kuva iri torero ryagera mu Rwanda ritigeze ryibanda gusa ku kubwiriza ijambo ry’Imana, ahubwo ko ryahuje ivugabutumwa n’iterambere ry’abaturage.

Yavuze ko Itorero Angilikani rifite amashuri menshi y’incuke, abanza n’ayisumbuye, rikagira na Kaminuza eshatu, ndetse rikaba rifitanye ubufatanye n’inzego za Leta mu guteza imbere uburezi.

Yanagaragaje ko rifite ibigo nderabuzima n’amavuriro hirya no hino mu gihugu, bikomeje gufasha abaturage kubona serivisi z’ubuvuzi.

Urubyiruko rwitezweho kuzabyungukiramo cyane

Rev. Dr. Laurent Mbanda yavuze ko kimwe mu byatumye hatangizwa iyi Podcast ari ukwifuza kugera ku rubyiruko ruri kwiyongera mu gukoresha ikoranabuhanga.

Yavuze ko ibiganiro bizajya bitambuka bizatangwa n’abapasiteri, abayobozi b’Itorero, urubyiruko ndetse n’abandi bafite ubutumwa bwubaka, byose bigamije kugeza inkuru nziza y’agakiza ku batuye isi.

Yasoje asaba abakristo n’abandi bose kuzajya bakurikira ibi biganiro, kuko bizafasha abantu gukura mu kwizera no kwegera Imana.

Ati: "Iyi Podcast rero ishobora kuba uburyo bwo kwigisha no gukomeza Abakristu n'abantu muri rusange, no gukoresha mu buryo bwo kuzana cyane cyane urubyiruko kuri Kristo."

Mu gihe Podcast zikomeje kuba bumwe mu buryo bukomeye bwo gutambutsamo ubutumwa ku isi, Itorero Angilikani ry’u Rwanda ryinjiranye muri uwo murongo ryizeye ko rizarushaho kugeza ijambo ry’Imana ku Banyarwanda, abatuye amahanga n’undi wese ushaka kumenya Kristo, aho ari hose n’igihe icyo ari cyo cyose.

 

The Most Rev. Dr Laurent Mbanda, Umwepisikopi Mukuru- EAR yavuze ko bahisemo gutangiza Podcast y'Itorero EAR kubera ko "Tubona y'uko yagira umumaro."

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIRAMBUYE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...