Ifitanye amateka n’abantu benshi! Icyusa Chaching yasubiyemo indirimbo y’itorero Imanzi –VIDEO

Imyidagaduro - 05/03/2026 7:27 AM
Share:

Umwanditsi:

Ifitanye amateka n’abantu benshi! Icyusa Chaching yasubiyemo indirimbo y’itorero Imanzi –VIDEO

Mu rugendo rwo kubungabunga umuco no gusigasira amateka y’Abanyarwanda bari mu buhungiro, umuhanzi mu njyana gakondo Icyusa Chaching yasohoye amashusho y’indirimbo nshya “Mu Gitaramo”, asubiramo indirimbo y’itorero ry’Abanyarwanda ryitwaga Imanzi, ryakoreraga mu ishuri ry’impunzi ryitwaga College Saint-Albert mu Bujumbura mu Burundi, mbere y’umwaka wa 1994.

Iyi ndirimbo, izwi cyane mu itorero ry’imbyino n’imyidagaduro ya kinyarwanda, yagiye ibyinwa mu buryo bwa Kinyarwanda, aho abahungu n’abakobwa bahuriraga mu muco n’imbyino y’umurage w’Abanyarwanda bari mu buhungiro.

Indirimbo “Mu Gitaramo” ni imwe mu nkingi z’umurage w’umuco w’Abanyarwanda bari mu mashuri y’impunzi i Burundi, igaragaza umuco, ubumwe, n’ubuzima bwabo bwa buri munsi mbere y’uko bataha mu rwababyaye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Icyusa Chaching yasobanuye impamvu yahisemo gusubiramo iyi ndirimbo. Ati: "Iyi ndirimbo ifite amateka akomeye, kuko yakoreshwaga cyane mu gihugu cy’u Burundi mu Mujyi wa Bujumbura mu Itorero ry’Abanyarwanda ryitwaga 'Imanzi'.

Ni itorero ryagize uruhare runini mu kubaka Abanyarwanda babaga mu buhungiro, no kubakangurira no kwigisha abana umuco nyarwanda. Imiryango myinshi yari isangiraga muri buri ‘weekend’ igatangira gutarama, aho abahungu bahamirizaga, abakobwa babyinaga – iyi ndirimbo rero n’imwe mu zari zikomeye icyo gihe."

Icyusa Chaching yongeraho ko gusubiramo iyi ndirimbo ari uburyo bwo kubungabunga amateka no kwerekana uruhare rw’itorero Imanzi mu buzima bw’Abanyarwanda bari mu buhungiro:

Akomeza agira ati: "Nagerageje kuyisubiramo kuko ifite amateka akomeye ku buzima bw’Abanyarwanda cyane cyane ababaye i Burundi nk’impunzi. Ni uburyo bwo gusigasira umuco n’urugendo rw’abantu benshi, no kubereka abana n’urubyiruko ibyiza byo kumenya inkomoko yabo n’umuco wabo."

Iyi ndirimbo nshya ya Icyusa Chaching iragaragaza uburyo umuziki ushobora kuba umuyoboro w’inyigisho, umuco n’amateka, cyane cyane mu gihe amateka y’abantu atagomba kwibagirana.

‘Mu Gitaramo’ ni icyitegererezo cy’uko umuziki ushobora guhuza ibihe, guhesha icyubahiro abamaze gusakaza umuco, no gusigasira ibihe by’ingenzi mu mateka y’Abanyarwanda.


Icyusa Chaching yasubiyemo indirimbo ‘Mu Gitaramo’ y’itorero Imanzi, isigasira umuco n’amateka y’Abanyarwanda bari mu buhungiro i Burundi mbere ya 1994

KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MU GITARAMO’


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...