Ayo
magambo ubu yongeye kugaruka mu bitekerezo bya benshi, nyuma y’uko hagaragaye
ko iryo tsinda rigiye kongera guhuza imbaraga nyuma y’imyaka icyenda
ryarasenyutse.
Urban
Boyz, rimwe mu matsinda yubatse amateka akomeye mu muziki nyarwanda,
ryatandukanye ku mugaragaro mu 2017.
Icyo
gihe, buri wese yagiye ku ruhande rwe, inzira ziba ziratandukanye, nubwo
abakunzi babo batigeze bareka kubasaba kongera guhuza imbaraga.
Iri
tsinda ryari rigizwe na Humble Jizzo, Safi Madiba na Nizzo Kaboss. Nyuma yo
gutandukana, buri umwe yagerageje gukomeza umuziki ku giti cye, aho bamwe
bagiye gukorera hanze y’u Rwanda.
Safi
Madiba yerekeje muri Canada akomeza umuziki we, mu gihe Humble Jizzo yagiye
muri Kenya aho na we yakomereje ibikorwa bye by’ubuhanzi.
Nizzo
Kaboss we yakomeje kugaragara mu muziki i Kigali, ariko si kenshi nk’uko byari
bimeze mu gihe Urban Boyz yari ikiri hamwe.
Mu
myaka icyenda ishize, inshuro nyinshi habayeho ibiganiro n’ibitekerezo by’uko
iri tsinda ryasubirana, ariko bikarangira bidashobotse. Abafana bakomeje
kubiharanira, ariko buri gihe hakabura igisubizo cyanyuma.
Mu
kiganiro Safi Madiba yigeze kugirana na InyaRwanda, yavuze ko yavuye muri Urban
Boyz bitewe no kutabona ibintu kimwe n’abandi ku bijyanye n’intego n’imikorere
y’itsinda. Ibyo byari bimwe mu byatumye buri wese afata inzira ye.
Urban
Boyz na yo yari yarabaye ikimenyabose mu Rwanda no mu Karere, aho mu 2016
yegukanye igikombe cya Primus Guma Guma Super Star, igihembo cyari kimwe mu
bikomeye cyane icyo gihe mu muziki nyarwanda. Ibyo byatumye iba rimwe mu
matsinda yanditse amateka adasibangana.
Nyamara
nubwo gutandukana kwabayeho, Humble Jizzo aherutse kugaragaza ko agifite
icyifuzo cyo kongera guhuza itsinda, avuga ko abakunzi babo babikwiye kandi ko
ibiganiro bishobora gukomeza.
Yabwiye
TNT ati “Ni ikintu mpora nifuza kuko nzi neza ko abafana bacu babikwiye. Twese
twarakuriye, kandi buri wese agaragaza ubushake bwo kongera kugerageza.
Tuzareba uko bizagenda.”
Aha
ni ho benshi bahera bavuga bati: “ifaranga aho rikubise haroroha.” Amakuru
amaze iminsi avugwa agaragaza ko amafaranga y’ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika
Festival ariyo mpamvu yatumye aba bahanzi bongera gutekereza ku byo bari
baranze imyaka myinshi.
Nubwo
nta cyemezo cya nyuma kiratangazwa ku buryo Urban Boyz yakongera kuba itsinda
ryuzuye, icyizere cy’abafana cyongeye kuzamuka.
Kandi
mu muziki, nk’uko amateka yabigaragaje, rimwe na rimwe amafaranga n’igihe
bishobora guhindura ibintu byose.
Urban
Boyz isiga amateka akomeye mu muziki w’u Rwanda, kuva ku ndirimbo zirenga 70,
album esheshatu, kugeza ku mateka yo kuba itsinda rya mbere ryegukanye Guma
Guma.
Ubu
igisigaye ni ukureba niba koko amateka ashobora kongera kwandika igice gishya
mu rugendo rw’aba bombi.

Nyuma y’imyaka 9 batandukanye, Urban Boyz igiye guhurira ku rubyiniro bitewe n’amafaranga yishyuwe nk’abantu batwaye Primus Guma Guma Super Stars
KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO ZINYURANYE Z'ITSINDA URBAN BOYS
