Icyusa cy’Ingenzi yagaragaje gusubiramo indirimbo zo hambere nk'uburyo bwo gushimangira umuco-VIDEO

Imyidagaduro - 17/04/2023 2:01 PM
Share:

Umwanditsi:

Icyusa cy’Ingenzi yagaragaje gusubiramo indirimbo zo hambere nk'uburyo bwo gushimangira umuco-VIDEO

Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo ubimazemo igihe kinini, Icyusa cy’Ingenzi Tchatching yagaragaje ko gusubiramo indirimbo z’abahanzi bo mu hambere no guhimba indirimbo nshya ku bahanzi ba gakondo, biri mu bifasha gusigasira umuco w’u Rwanda.

Cyusa amaze igihe afatanyije na Ngombwa Timothee gutangiza itsinda ry’abaririmbyi, bakora indirimbo zinyuranye zubakiye cyane ku muco. Iri tsinda rinasubiramo indirimbo z’abahanzi, mu rwego rwo kongera kuzisubiza ubuzima.

Baherutse gukora indirimbo bise “Mpugutse Mpimbawe " ifite amateka akomeye ku buzima bw’ibyishimo n’agahinda, kuri Ngombwa uzwi mu ndirimbo zitandukanye zikoreshwa na benshi.

Kuri ubu uyu muhanzi yasubiyemo indirimbo ‘Mutamuliza’ y’umuhanzikazi Mutamuliza Annonciata, wamamaye nka Kamaliza witabye Imana.

Icyusa cy’Ingenzi yabwiye InyaRwanda ko yakuze akunda iyi ndirimbo mu buryo bukomeye biri mu byatumye yiyemeza kuyisubiramo, ndetse ko buri gitaramo cyose aririmba iyi ndirimbo.

Yavuze ati “Ni indirimbo nakunze kuva nkiri muto, kugeza ubu aho ngejeje kuri iyi myaka. Nta gitaramo na kimwe ndirimbamo cyanjye ntayiririmbye (Indirimbo ‘Mutamuliza’ ya Kamaliza).

Cyusa avuga ko mu busanzwe akunda indirimbo zimeze nk’ibihozo nk’uko iyi ndirimbo yumvikana.

Muri iyi ndirimbo, bisa n’aho Kamaliza yaririmbaga abwira abamugiriraga ishyari, uburyo inganzo ye icyesha igitaramo, akizihiza benshi.

Cyusa ati “…Kamaliza asa nk’aho yabwiraga abantu be ku banzi be wenda bamugiriraga ishyari, kubera ubuhanga bwe mu kuririmba. Sinzi niba ariko byari bimeze ariko iyo wumvise indirimbo ukayisesengura, usanga bisa nk’ibyo mvuze hejuru."

Uyu muririmbyi avuga ko gusubiramo iyi ndirimbo yabitewe n’impamvu ebyiri: Impamvu ya mbere ni ugusubiza agaciro iyi ndirimbo ‘kuko nabonaga isa nk’aho iriho yibagirana’.

Impamvu ya kabiri ni ugukumbuza abantu Kamaliza. Akomeza ati “Ariko mu by’umwihariko ni ukunamira no guha agaciro Kamaliza."

Icyusa avuga ko abahanzi bakora gakondo muri rusange, gusubiramo indirimbo biri mu murongo wo kuzisubiza agaciro no guteza imbere umuco w’u Rwanda.

Ati “Mu gusubiramo indirimbo za cyera no guhimba inshyashya, ni uburyo bwo gushimangira umuco wacu w'abanyarwanda muri gakondo yacu."

Avuga ariko ko biba bitoroshye gukora gakondo bitewe n’izindi njyana ziri ku isoko, kenshi usanga zikundwa cyane n’urubyiruko.

Yungamo ati “N’ubwo biba bitoroshye guhangana n'injyana za none zo mu bindi bihugu urubyiruko rukunda gukurikirana hafi cyane."

Agakomeza ati “Ariko nk'abahanzi b'umuco Nyarwanda dufite iyo nshingano yo gusigasira gakondo yacu, tunayitoza batoya bacu aribo u Rwanda rw'ejo hazaza."

Icyusa si we mu Rwanda uririmba gakondo gusa umaze igihe asubiramo indirimbo z’abahanzi, kuko abarimo Cyusa Ibrahim, Massamba Intore, Daniel Ngarukiye, Teta Diana n’abandi bakora gakondo bagenda basubiramo indirimbo zo hambere mu rwego rwo kuzisubiza ubuzima no kuzikundisha abantu.


Icyusa cy’Ingenzi yavuze ko yasubiyemo iyi ndirimbo ‘Mutamuliza’ mu rwego rwo kuyisubiza ubuzima 

Icyusa avuga ko abahanzi ba gakondo bakwiye gushyira imbaraga mu guhimba indirimbo nshya no gusubiramo iz’abandi mu rwego rwo gusigasira umuco 

ICYUSA CY’INGENZI YASUBIYEMO INDIRIMBO ‘MUTAMULIZA’ YA KAMALIZA YAMAMAYE MU BURYO BUKOMEYE

 ">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...