Icya Semunahuka? Inkuru z’inkundo mu byamamare nyarwanda zashyuhije imitwe y’abantu kandi ari ibihuha

Imyidagaduro - 19/01/2023 7:59 AM
Share:

Umwanditsi:

Icya Semunahuka? Inkuru z’inkundo mu byamamare nyarwanda zashyuhije imitwe y’abantu kandi ari ibihuha

Kimwe mu biryoshya imyidagaduro ni inkuru z’urukundo mu byamamare! Usanga bamwe mu bafana b’abahanzi cyangwa abandi bazwi; bajora cyangwa bakishimira abakobwa baba batereta, maze inkuru zabo ugasanga ni zo zihora ku mapaji y’imbere y’ibinyamakuru byandika imyidagaduro.

Uretse ibyo, benshi bishimira kureba ‘couple’ z’ibyamamare ku mbuga nkoranyambaga cyane ko zigaragaza ubuzima bwiza no guterana imitoma; ibintu buri wese wizerera mu rukundo aba yifuza.

N’ubwo bimeze gutyo ariko hari bamwe bahimba inkuru z’urukundo kugira ngo bavugwe, izindi zigashyushywa n’itangazamakuru na rimwe abavugwa mu rukundo batajya bavugana cyane cyangwa se batanaziranye.

InyaRwanda yakusanyije inkuru z’urukundo zagiye zivugwa mu myidagaduro mu Rwanda zimwe zashyuhijwe na ba nyirazo bashaka gushyushya abantu imitwe, izindi zakongejwe n’itangazamakuru.

King James yakanyujijeho n'inkumi zirimo n'abahanzi!

Mu myaka yo mu 2016 ni bwo King James yavuzwe mu nkuru z’urukundo na Elcy Ishimwe, ubu wanashatse umugabo.

Amakuru yavugaga ko aho uyu mugore [icyo gihe wari umukobwa], King James yajyaga yinyabyaga akajya kumusurayo.

Abantu bavugaga ko bakunda kubona King James mu kagoroba i Nyakabanda aho Ishimwe yabaga ariko King James ubusanzwe witwa Ruhumuriza James akabihakana avuga ko nta kibyihishe inyuma.

King James yigeze kumvikana kuri Isango Star avuga ko yari kwishimira gukundana na Elcy Ishimwe ariko ko bitakunze. Mu 2017 Ishimwe yerekanye umusore bita Fahad bakundanaga nyuma baza no kurushinga. 

King James yigeze kuvugwa no mu rukundo n'abahanzikazi barimo Butera Knowless ndetse bivugwa ko uyu muhanzi yabonye uyu mugore, acuditse na Clement ubwo bakoreraga muri KINA Music agahitamo kubaha rugari akavamo.

Hari kandi Princess Priscillah nawe yavuzwe mu rukundo n'uyu muhanzi. Icyo gihe mu 2013 King James yafashe indege ajya gukorera indirimbo ku mucanga wa Miami yifashishijemo uyu muhanzikazi wakunzwe mu Rwanda.

Kuva ubwo benshi batangiye kwibaza igihatse umubano wa King James na Priscillah yifashishije muri iyi ndirimbo yise 'Ndagutegereje'. Iby'urukundo rw'aba bombi byarangiriye muri iyi ndirimbo.

Elcy Ishimwe wavuzweho gukundana na King James byarangiye yishakiye undi mugaboKing James na Priscillah bavuzweho gukundana, ariko ibyabo ntawe uzi uko byarangiye">

King James yigeze kuvugwa mu nkuru z'urukundo na Butera Knowless

Phiona Mbabazi na Mico

Mu ntangiriro za Mata 2016, ni bwo hasakaye amakuru yavugaga ko Mico The Best na Mbabazi bari mu kibatsi cy’urukundo, ndetse Mico akabihamirisha imbuga nkoranyambaga ze, akerekana ko Mbabazi yamutwaye uruhu n’uruhande.

Mu 2018, Mbabazi yavuze ko iby’urwo rukundo ari inkuru ubwabo bahimbye kugira ngo itangazamakuru ribahange amaso, na cyane ko aba bombi bari bamaze igihe kinini ‘barazimye’ kuko nta bikorwa by’umuziki bifatika bari bafite mu 2016 na 2017.

Mbabazi yigeze kuvuga ati “Ntabwo twigeze dukundana, wari umupangu twakoze, twari twagiye mu mahugurwa ahitwa i Gisakura ambwira ukuntu yakundaga indirimbo zanjye tuba inshuti gutyo. 

Mu 2017 nta gikorwa na kimwe nari mfite noneho arambwira ati ‘reka dusaze abantu’, nanjye ndamubwira nti ‘reka dukore ibyo bintu’."

Inkuru ya Mico na Phiona ntizibagirana

Urukundo rwa Shaddy Boo na Diamond

Mbabazi Shadia wamenyekanye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga ni umwe mu badasiba mu itangazamakuru umunsi ku wundi.

Mu 2017 ni bwo hatangiye kuvugwa ko yaba ari mu munyenga w’urukundo na Daimond Platnumz wo muri Tanzania. Icyo gihe byaturutse ku butumire yari yahawe mu isabukuru y’uyu muhanzi.

Shaddy Boo na Diamond byavugwaga ko batangiye kubaka umubano ubwo uyu muhanzi yataramiraga i Kigali bwa mbere ku itariki 1 Mutarama 2015, mu birori bya East African Party. Yari yahageze mu minsi ya nyuma y’umwaka wa 2014 ahakorera igitaramo cyatumye akurirwa ingofero mu Rwanda.

Nyuma y’igitaramo, uyu muhanzi wari wazanye na Zari bari bahararanye muri iyo minsi, hakwirakwiye amafoto amugaragaza ari kumwe na Shaddy Boo ahagaragara nko mu rwambariro. Icyo gihe haririmbye abandi bahanzi barimo Knowless, Jay Polly, King James na Urban Boyz mu gihe yari ari mu karuhuko.

Mu 2017 Shaddy Boo yanashyizwe mu majwi n’umunyamideli witwa Nalongo Sheila Don Zella wo muri Uganda, wavuze ko uyu mugore wo mu Rwanda yajyaga abonana na Diamond ndetse akaba yari umwe muri bakeba bakomeye ba Zari [watandukanye n’uyu], ibintu Diamond atigeze yitaho amutumira mu birori by’isabukuru ye itaragaragayemo Zari babyaranye.

Umubano wa Shaddy Boo na Diamond wongeye kwibazwaho mu 2018

Icyo muri Nzeri 2018 Shaddy Boo yatumiwe na Diamond muri Tanzania kuyobora amarushanwa uyu muhanzi yari yateguye yo kubyina indirimbo ye ‘Jibebe’, yagarutsweho nyuma yo kurya indimi abajijwe ikibazo mu Cyongereza ariko abantu banakomeza kwibaza icyo Diamond akunda kumuca.

Uyu mugore mu kiganiro n’abanyamakuru yabajijwe icyo abona abaturage bo muri Tanzania batandukaniyeho n’abo mu Rwanda, nuko Shaddy Boo ati “Abaturage b’ino aha ni amajyambere kurusha abo mu gihugu cyacu."

Mu magambo ye yavuze ko ‘Here Tanzania people are so development more than our country.’

Bamwe bamutaramiyeho bavuga ko ‘Imana itaguha ubwiza n’ikibuno nk’ibye’ ngo ugire n’ubuhanga mu kuvuga indimi. Hari n’abahise batangira kumunnyega bashushanya ikiganiro cye ku mbuga nkoranyambaga nk’ukoresha utumenyetso tuzwi nka ‘emoji’ kubera ubumenyi buke mu ndimi.

Yaba Diamond cyangwa Shaddy Boo bose mu bihe bitandukanye bumvikanye bavuga ko nta kindi umubano wabo uhatse.Umubano wa Shaddy Boo na Diamond waketswe amababa. Mu 2019 ubwo Diamond yazaga mu Rwanda abajijwe ibyabo avuga ko afata uyu mugore nka mushiki we

VD  Frank na Dada Cross

Iyi ni imwe mu nkuru zashyuhije imitwe ya benshi mu 2012 kugeza n'aho VD Frank bivuzwe ko yasezeranye mu buryo bw’ibanga na Dada Cross icyo gihe wabaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Dada Cross ubwo urukundo rwe na VD Frank rwari rushyushye mu itangazamakuru, yavugaga ko bamenyanye mu 2007 ubwo VD Frank yajyaga gutaramira mu Buholandi maze bagahurirayo we yaje kuhatemberera.

Iby’uru rukundo ntawe uzi uko byarangiye gusa abari bazi neza aba bombi bavugaga ko byari ‘ugutwika!’.

VD Frank na Dada Cross bavuzwe mu nkuru z'urukundo karahava

Tete Rocca yabeshye ko akundana na Sean Paul

Hambere aha Umulisa Divine twamenye nka Tete Roca, yaciye igikuba abwira abantu ko kabuhariwe mu njyana Dancehall na Reggae, Ryan Francis Henriques, Umunya-Jamaica twamenye nka Sean Paul, yamwihebeye ndetse ko aba bombi bari mu rukundo.

Tete Roca yabajijwe n’isinzi ry’abantu uburyo uyu muhanzi yarebye mu beza bose Isi ifite akanyurwa n’umwari w’i Kigali.

We agasobanura ko yakuze amukunda kugeza ubwo bahujwe na mubyara we wabaga muri Jamaica, wasabye Sean Paul kubonana na Tete Roca mu rugendo rw’amateka uyu mugabo yakoreye i Kigali mu 2009.

Iby’uru rukundo byaje gutahurwa ko nta rwigeze rubaho.

Tete Roca yigeze kuvuga ko akundana na Sean Paul

Patient Bizimana yararambiranye, itangazamakuru rimushyingira ubutitsa!

Kuva mu 2013 Patient Bizimana ni bwo yatangiye kuvugwa mu nkuru z’urukundo. Icyo gihe, yakunze kuvugwa mu nkuru y’urukundo n’umuramyi mugenzi we Gaby Kamanzi.

Izi nkuru zatangiye kuvugwa ubwo hatangwaga ibihembo by’abahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana muri Groove Awards.

Icyo gihe, ababyitegereje neza bahamyaga ko Patient Bizimana yishimiye cyane igihembo cya Gaby Kamanzi kurusha ibihembo bye bitatu yari yegukanye. Patient Bizimana yumvikanye mu itangazamakuru avuga ko ari ibihuha.

Patient Bizimana yongeye kuvugwa mu rukundo na Miss Kundwa Doriane wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2015.

Urukundo rwe na Doriane rwatangiye kuvugwa mu 2016 hari amakuru yigeze kujya hanze yavugaga ko Patient Bizimana yari mu rukundo na Miss Rwanda 2015, Kundwa Doriane. Ibi babivugaga biturutse ku buryo aba bombi bakundaga gufotorwa bari kumwe mu bitaramo binyuranye bya Gospel.

Ibi byaje kuba agahebuzo ndetse benshi batangira kuvuga ko nta kabuza ayo makuru ariyo ku ya 1 Gashyantare 2016 ku munsi w’amavuko wa Patient Bizimana, aho Miss Doriane yitabiriye ibyo birori by’isabukuru ya Patient Bizimana byari byateguwe na Aline Gahongayire n’inshuti za hafi za Patient Bizimana n’abo mu muryango.

Icyo gihe amafoto ya Patient Bizimana ari kumwe na Miss Doriane yagize hanze maze akomeza kwibazwaho karahava.

Muri Mata 2018, Bizimana Patient yahawe inka na se umubyara, ahita amusaba gushinga urugo rwe bitarenze uwo mwaka wa 2018.

Muri uwo mwaka ku munsi w’abakundana Patient Bizimana na Deborah Uwamahoro Masasu usanzwe ari umukobwa wa Apôtre Joshua Masasu uyobora Itorero Evangelical Restoration Church, bahanye ubutumwa kuri Saint Valentin bakekwa amababa.

Ubwo butumwa bwahishuraga ko bashobora kuba barashatse gukundana bikazamo kidobya, maze izi nkuru itangazamakuru rizisamira mu kirere.

Patient yanditse asaba Deborah Masasu ko yamwiyungaho bagasangira ibyishimo by’umunsi w’abakundana ndetse amubwira ko ari wenyine bityo ko amata yaba abyaye amavuta.

Umukobwa yahise yandika abwira uyu muhanzi ko icyifuzo cye kitakubahirizwa kuko amazi yarenze inkombe anamwibutsa ko yamwanze, ati Patient ntiwanyanze se, ubu ndi kumwe n'inshuti,...".

Aba bombi ubu bamaze gushinga ingo.

Miss Doriane yavuzwe mu nkuru z'urukundo na Patient BizimanaDeborah Masasu yavuzwe mu rukundo na Patient BizimanaUbu butumwa ni bwo bwatumye aba bombi bakekwaho gukundanaPatient Bizimana yakunze kuvugwa mu nkuru z'urukundo na Gaby Kamanzi

Christopher mu nkundo n’ibizungerezi "

Christopher Muneza wamamaye nka Christopher ni umwe mu bahanzi bakunze kuvugwa mu nkuru z’urukundo n’abakobwa b’ibizungerezi.

Mu ntangiro za 2015 ni bwo Nyampinga w’u Rwanda 2014, Akiwacu Colombe, byatangiye guhwihwiswa ko afitanye ubucuti bukomeye n’umuhanzi Christopher.

Icyo gihe inshuti zabo ni cyo zavugaga ko ziheraho zibanuganugaho ko baba bakundana, gusa bo bakavuga ko ubumwe bwabo ntacyo buhatse cyerekeza ku rukundo.

Guhera muri Nyakanga 2021 nabwo abantu batangiye guca amarenga y’iby’urukundo rwa Christopher n’umukobwa usanzwe ari umunyamakuru mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, Abera Martina.

Muri Gashyantare 2022, Christopher yumvikanye mu itangazamakuru avuga ko adakundana n’uyu mukobwa cyane ko afite undi bamaze imyaka irenga itandatu bakundana.

Colombe na Christopher bavuzwe mu rukundo Martina na Christopher baketsweho urukundo

Ernesto na Miss Bagwire Joannah bakanyujijeho mu itangazamakuru

Erneste Ugeziwe yamenyekanye nka “Ernesto " mu itangazamakuru mu Rwanda, akaba yarakoreye Ikigo cy'Igihugu cy'Itangazamakuru, RBA.

Mu 2015 yavuzwe cyane ubwo byahwihwiswaga ko ari mu rukundo na Miss Bagwire Keza Joannah wabaye Nyampinga w'Umuco muri Miss Rwanda 2015 (Miss Heritage).

Uyu musore werekeje muri Amerika ku itariki 19 Gashyantare 2016 iby’uru rukundo rwavugwaga hagati ye n’uyu mugore warushinze mu 2021 na Murinzi Michel; byacogoye ubwo yari akimara kugenda.

Ubu Bagwire ni umubyeyi ndetse aheruka kwibaruka mu 2022, mu gihe Ernesto akiri ingaragu.Ernesto atarajya muri Amerika yavuzwe mu nkuru z'urukundo na Miss JoannahMu Ugushyingo 2021 Keza Joannah yararushinze

Danny na None na Miss Mutoni Naringwa Fiona

Muri Nyakanga 2015, Dany Nanone yatangiye kuvugwa mu nkuru z’urukundo n’Igisonga cya gatatu cya Miss Rwanda 2015, Miss Mutoni Naringwa Fiona.

Aya makuru yatangiye kunugwanugwa nyuma y’ifoto n'amagambo uyu muraperi yashyize kuri instagram ye ari kumwe n’uyu Nyampinga nawe wari utewe ishema no kwambara umupira wanditseho ‘Imbere n’inyuma’ nk'indirimbo yari igezweho y'uyu muraperi.

Mu kiganiro Dany Nanone yagiranye na InyaRwanda nyuma yo gushyira hanze iyi foto, yavugaga ko nta kidasanzwe ku mibanire yabo.

Iby’uru rukundo rwavuzwe hagati y’aba bombi ntawe uzi uko byarangiye. Ubu Fiona yashakanye n’umunyarwenya Nkusi Arthur.Dany Nanone yavuzwe mu rukundo na Fiona

Olili yakangarangije abantu!

Olivier Habimana wamenyekanye nka Olili, mu 2011 yahimbye inkuru yakuye bamwe umutima, ubwo yavugaga ko umukobwa bakundanaga yiyahuye kubera ko uyu muhanzi yamwanze.

Olili washakishirizaga ‘hit’ kubura hasi no hejuru, yahimbye konti kuri Facebook yacaga ibintu muri ibyo bihe, aragenda akurebera ifoto y’ikizungerezi cyo muri Ethiopia arakizana n’i Kigali acyita Mika Kaneza, acyandikira kuri konti yari yagihimbiye ko ‘cyiyahuye kubera ko cyakunze uyu Olili ariko ntahibe agaciro.’

Mu minsi ya mbere abantu baratangaye bakibaza uwo musore watumye umukobwa usa na bicye arambirwa ubuzima kuko yamwanze, bituma Olili avugwa koko nk’uko yabitekerezaga, ariko byabaye iby’akanya gato kuko amayeri ye yose yaje kumenyekana, iby’uyu musore birangira macuri.

Nyuma yabwo yakomeje gukanyakanya mu muziki ariko bikanga bikaba iby’ubusa, birangiye yiyemeje kuwureka burundu mu 2014 akajya gukora ibindi ashoboye.Umukobwa wavuzweho kwiyahura kubera Olili

Davis D na Aisha bakoze agatendo

Icyishaka David tuzi nka Davis D ni umwe mu bahanzi bakunze guhora mu itangazamakuru mu nkuru zitandukanye ziganjemo izerekeye urukundo.

Mu 2020 ubwo Davis D yiteguraga gushyira hanze indirimbo ‘Bon’ yabanje guca igikuba mu majwi yumvikanye ashwana n’umukobwa witwa Aisha bakundanaga.

Nyuma amakuru yaje kuvugwa ko ibi byose byari mu rwego rwo gutuma izina Davis D rigaruka mu binyamakuru, ubundi indirimbo ikabona ikajya hanze ibintu byabanje gucika.Davis D yashyuhije abantu imitwe biturutse ku mukobwa bakundanaga bateranye amagambo

Ubukwe bwa Lil G bwabaye nk’amahembe y’imbwa

Mu 2020 Karangwa Lionel uzwi nka Lil G yavuze ko yumva amaze gukura ku buryo akeneye kubaka umuryango, asaba abantu guhanagura amakoti kuko mu minsi micye iby’icyaka byari bigiye gusubirwamo, anerekana umwari ushinguye witwa Sylvie yavugaga ko yibera i Lyon mu Bufaransa biteguraga kwambikana impeta.

Ubu bukwe bwagarukiye ku muryango kuko Lil G yari yamaze kuvuga ko itariki ya 16 Mutarama 2021 itari bumusige mu busiribateri, ariko avuga ko andi makuru azagenda amenyekana nyuma.

Hadaciye kabiri, Lil G yaje kumvikana mu itangazamakuru avuga ko iby’ubukwe bwe byasubiwemo kuko hari ibyo atumvikanyeho n’umukunzi we.

Lil G yakunze kuvugwa mu nkuru zidasanzwe nk’aho mu 2012, ubwo yari akiri ingimbi y’imyaka 18 gusa, yavuze ko kuva yaca akenge yari amaze gukundana n’abakobwa 90 kugera ubwo, ntahirwe kuko ntawe bamaranaga kabiri.Lil G yateguje ubukwe buba nka ya mahembe y'imbwa

Kate Bashabe na Sadio Mané, baketsweho n’itangazamakuru gukundana umuriro uraka!

Uyu munyamideli akaba n’umushabitsi ubusanzwe witwa Bashabe Catherine wamamaye nka Kate Bashabe, ni umwe mu bakobwa bakundwa na benshi kubera ikimero cye.

Uyu mukobwa w’imyaka 31, kuva muri Gicurasi 2019 ni bwo hatangiye kuvugwa ko rutahizamu w’ikipe ya Bayern Munich Umunya-Sénégal, Sadio Mané, afitanye umubano wihariye nawe.

Ahanini byatangijwe n’itangazamakuru ryo muri Sénégal.

Bimwe mu binyamakuru birimo Feeling Dakar, ikinyamakuru cyo muri Sénégal kiri mu byashyuhije izi nkuru. Icyo gihe mu 2019 cyatangaje ko Sadio Mane yasimbuje Kate Bashabe umunya Tuniziyakazi Melissa Reddy.

Aya makuru yamaganiwe kure na Kate Bashabe, avuga ko atari byo.

Sadio Mané nawe yigeze kugaragara ku mbuga nkoranyambaga yamagana iby’aya makuru yo gukundana na Kate Bashabe n’ubwo abakunzi be bo babyifuzaga.

Ingendo za hato na hato mu Mujyi wa Liverpool aho Sadio Mane yakinaga zatumye bamwe batangira gukeka ko Kate Bashabe akundana n'uyu mukinnyi

Sadio Mane yigeze gusangiza abamukurikira indirimbo ya Meddy, byongera umunyu mu nkuru ze z'urukundo na Kate BashabeSadio Mane yavuzwe mu rukundo na Kate Bashabe


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...