Icukumbura: Impamvu The Ben, Element na Kevin Kade banze kuririmba mu gitaramo Hobe Night muri USA

Imyidagaduro - 05/07/2025 7:40 PM
Share:

Umwanditsi:

Icukumbura: Impamvu The Ben, Element na Kevin Kade banze kuririmba mu gitaramo Hobe Night muri USA

Mu gihe Rwanda Convention USA 2025 irimbanyije muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, igitaramo Hobe Night cyari kimwe mu byari bitegerejwe cyane, byitezweho gususurutsa abanyarwanda baba muri Diaspora. Gusa ntabwo cyagenze nk’uko byari byitezwe, kuko bamwe mu bahanzi bakomeye bagombaga kucyitabira barimo The Ben, Kevin Kade na Element EleéeH, batigeze bagaragara ku rubyiniro.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Afro Hub Night ku wa Gatandatu tariki 5 Nyakanga 2025, ryasohotse nyuma y’uko igitaramo kitabaye, ryavuze ko aba bahanzi batigeze baririmba nk’uko byari byitezwe, kandi ko bitabiriye ibirori ariko banga gutaramira abitabiriye.

Iri tangazo rigaragaza ko kutitabira kwa The Ben, Kevin Kade na Element Eleeeh “kwari kugayitse, kutari mu murongo w’ubunyamwuga no kutita ku bafana,” ndetse bavuga ko “byarenze ubushobozi bwabo nk’abategura” kuko ibyo aba bahanzi bakoze bitari byumvikanyweho.

Gusa, icukumbura ryakozwe na InyaRwanda rigaragaza ko hari byinshi byihishe inyuma y’iki gikorwa cyabaye mu buryo butumvikanyemo neza hagati y’impande zombi.

Hobe Night ntiyari muri gahunda ya Rwanda Convention USA

Umwe mu bagize ikipe ya The Ben, yabwiye InyaRwanda ko Hobe Night itari igice cya gahunda ya Rwanda Convention USA 2025. Yagize ati “Hobe Night ni igikorwa cyigenga. Ntabwo cyari kiri muri gahunda yateguwe na Rwanda Convention USA. Abahanzi nka The Ben, Element na Kevin Kade bavuye i Kigali bazi ibyo bazakorera muri Convention, ariko batunguwe no kubona ‘affiche’ ibashyira muri gahunda ya Hobe Night kandi nta masezerano bagiranye n’abateguye icyo gitaramo.”

Yongeyeho ko n’ubwo aba bahanzi bageze muri Dallas, nta masezerano y’ubwumvikane cyangwa ubwishyu bari bagiranye n’aba bagize Afro Hub.

Kevin Kade na Element bakuwe mu myitozo yo kwitegura Rwanda Convention

Ku ruhande rwa Kevin Kade, umwe mu bamufasha yatangarije InyaRwanda ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 4 Nyakanga 2025 yari kumwe na bagenzi be bari muri (practice) bitegura kuririmba muri Rwanda Convention USA, ku buryo atari no muri gahunda yo gutaramira muri Hobe Night.

Yagize ati “Ku wa Gatanu tariki 4 Nyakanga, Kevin Kade yari mu myitozo y’abahanzi bagomba kuririmba muri Convention. Ni bwo abategura Hobe Nights bamwegereye bamusaba kuza kuririmba, kandi atari yiteguye na gato, ndetse atari no mu myambaro yabugenewe.”

Yongeyeho ko byari kugorana gufata umuhanzi utateguwe neza, ukamushyira imbere y’abafana mu gitaramo gisa nk’aho cyaje gitunguranye ku ruhande rwe.

Gusa n’ubwo bimeze gutya, umwe mu bategura Hobe Nights yabwiye InyaRwanda, ko aba bahanzi bombi bari bazi ko bazaririmba, ndetse ko bari bategujwe, ahubwo ko batunguwe ku munota wa nyuma no kuba banze kuririmba.

Nubwo The Ben na Element bari bagaragaye mu bikorwa byo kwitegura Rwanda Convention, na bo bagaragaje ko batigeze bahabwa gahunda isobanutse cyangwa se amasezerano na Afro Hub.

Umwe mu bamenyereye gukorana na The Ben yagize ati: “Nta bushake buke bwari bubirimo. Ni ikibazo cy’itumanaho n’ubunyamwuga. Umuhanzi arubaha gahunda yahawe, kandi ntapfa gufata icyemezo cyo kuririmba aho atahawe ibisobanuro, amasezerano cyangwa imyiteguro ihamye.”

Igitaramo cya Hobe Nights cyari cyitezwe nk’igikorwa cy’ubusabane cyongera ubumwe muri Diaspora, cyasabye impande zombi kugira imikoranire ishingiye ku masezerano n’ubwumvikane bwemewe.

Kugaragara kwa The Ben, Element na Kevin Kade ku byapa by’igitaramo kitari mu nshingano zabo cyateje urujijo. Ibi bigaragaza ko icyizere cy’abafana gikwiye kurindwa binyuze mu gutegura ibitaramo neza, no gukorana n’abahanzi mu mucyo.

The Ben ntiyagaragaye mu gikorwa cya Hobe Nights cyari guherekeza umunsi wa mbere wa Rwanda Convention USA 


Kevin Kade yanze kuririmba kubera ko atari yameyeshejwe gahunda ya Hobe Nights, ndetse no kuba atari yishyuwe 


Element yagaragaje ko bageze muri Amerika, batungurwa no gusanga ‘Hobe Nights’ itari muri gahunda ya Rwanda Convention USA


Itangazo rya Afro Hub rishinja abahanzi The Ben, Element na Kevin Kade ubunyamwuga bucye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...