Iceland ni cyo gihugu gituje kurusha ibindi ku isi

Utuntu nutundi - 01/09/2025 7:22 AM
Share:

Umwanditsi:

Iceland ni cyo gihugu gituje kurusha ibindi ku isi

Igihugu cya Iceland cyongeye guhabwa izina ry’igihugu gitekanye kurusha ibindi byose ku isi mu mwaka wa 2025, nk’uko byatangajwe n’Ikigereranyo cy’Amahoro ku Isi (Global Peace Index – GPI).

Iki kigereranyo gikorwa n’Ikigo cy’Ubukungu n’Amahoro (Institute for Economics & Peace – IEP), gishingira ku bipimo birimo umutekano w’abaturage, imiterere y’amakimbirane yo mu gihugu no hanze yacyo, ndetse n’urwego rwa gisirikare. Byasuzumiwe mu bihugu n’uduce 163 byigenga ku isi.

Uretse kuba ku isonga mu mahoro, Iceland iri ku mwanya wa gatatu ku rutonde rw’Ibihugu byishimye cyane ku isi (World Happiness Report 2025), ndetse ikaba imaze kwamamara nka hamwe mu hantu hifuzwa cyane n’abakunda gusura ibihugu byo mu Majyaruguru y’Isi. Iki gihugu cyo mu Majyaruguru y’u Burayi kizwi ku butaka bwiza, amasoko ashyushye ndetse n’ahantu nyaburanga hihariye.

Nyuma ya Iceland, ibihugu bine bikurikira ku rutonde rw’uyu mwaka ni: Ireland, New Zealand, Austria na Switzerland. Raporo ya GPI igaragaza ko ishingiro ry’amahoro y’ukuri ari “Positive Peace” – bivuze imyumvire, inzego n’imiterere bigira uruhare mu kubaka no gusigasira amahoro arambye. Ibi bigira ingaruka nziza ku bukungu, imibereho myiza y’abaturage, ndetse bikarinda sosiyete gucogora mu bihe by’amage.

Ariko nanone, raporo igaragaza ko kuva GPI yatangizwa mu 2008, amahoro ku isi yagabanutseho 5.4%, mu gihe ikinyuranyo hagati y’ibihugu bitekanye cyane n’ibidatekanye cyiyongereyeho 11.7%. Mu 2023 hagaragaye amakimbirane ashingiye ku bihugu 59, ari yo mibare myinshi yabayeho kuva intambara ya kabiri y’isi yarangira.

Uko ibindi bihugu bihagaze

Raporo ya 2025 yerekana ko Uburusiya ari bwo bwabaye ku mwanya wa nyuma nk’igihugu kitagira amahoro, bukurikirwa na Ukraine. Leta Zunze Ubumwe za Amerika zaje ku mwanya wa 128, munsi ya Honduras, Bangladesh na Uganda, bitewe ahanini n’urwego rwayo rwo hejuru rwa gisirikare. Mu Burayi bwo hagati n’uburengerazuba, Ubufaransa ni bwo bufite urwego rwa gisirikare ruri hejuru kurusha ibindi bihugu.

Muri Amerika y’Amajyaruguru n’iyo Hagati, Canada na Costa Rica ni byo bihugu byagaragaye nk’ibifite abaturage bakunda amahoro cyane. Muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, Mauritius, Botswana na Namibia ni byo byashimwe nk’ibihugu bitekanye cyane, bikaba binakunzwe mu bukerarugendo bw’abashaka ibihe by’ubukwe, gusura inyamaswa no gutembera.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...