Ibyo wamenya mbere y’uko hatangira gukinwa imikino ya nyuma ya BAL 2026 i Kigali

Imikino - 16/05/2026 8:57 AM
Share:

Umwanditsi:

Ibyo wamenya mbere y’uko hatangira gukinwa imikino ya nyuma ya BAL 2026 i Kigali

Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo imikino ya kamarampaka ya Basketball Africa League 2026 itangire i Kigali muri BK Arena, amakipe umunani akomeje imyiteguro yo guhatanira igikombe gikomeye cya Afurika muri Basketball.

Aya makipe yabonye itike anyuze mu byiciro bya Kalahari Conference yabereye muri Afurika y’Epfo na Sahara Conference yabereye muri Maroc. Ni imikino izatangira gukinwa tariki ya 21 kugeza 31 Gicurasi 2026.

U Rwanda ruzahagararirwa na RSSB Tigers yitwaye neza cyane muri Kalahari Conference, aho yasoreje ku mwanya wa mbere n’intsinzi enye mu mikino itanu yakinnye.

Dore ibintu 6 by’ingenzi byo kumenya mbere y’uko iyi mikino ya Playoffs itangira:

1. Imikino ya ¼ izakinwa mu buryo bushya: Ku nshuro ya mbere mu mateka ya BAL, imikino ya 1/4 izakinwa mu buryo bw’imikino ibiri hagati y’amakipe abiri. Ikipe izagira amanota menshi mu mikino yombi ni yo izakomeza muri 1/2.

2. Ikipe ifite igikombe gihari ntabwo izitabira: Ni ku nshuro ya kabiri mu mateka ya BAL ikipe yari ifite igikombe itageze mur mikino ya kamparamaka. Byaherukaga mu 2023 ubwo US Monastir yasezererwaga hakiri kare muri Sahara Conference.

Uyu mwaka, Al Ahli Tripoli yegukanye igikombe cya 2025 ntiyabashije no kubona itike y’amarushanwa ya BAL 2026.

3. Uwegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza ntazakina: Jean Jacques Boissy wegukanye igihembo cya MVP muri BAL 2025 nyuma yo gufasha Al Ahli Tripoli gutwara igikombe, ntazagaragara muri ‘Playoffs’ z’uyu mwaka kubera imvune y’ikirenge.

Boissy yari yakiniye Alahly Ly muri Kalahari Conference yabereye Pretoria, ariko imvune yamubaye imbogamizi.

4. Abatoza bafite ubunararibonye ni bake: Mu batoza umunani bazitabira Playoffs, babiri gusa ni bo bari barageze muri iki cyiciro mbere.

Abo ni Mamadou Gueye utoza Dar City ndetse na Said El Bouzadi wa FUS Rabat. Gueye yigeze guhabwa igihembo cy’umutoza mwiza wa BAL mu 2023 nyuma yo kugeza AS Douanes ku mukino wa nyuma.

5. Diabate ni we wenyine ufite BAL ebyiri: Solo Diabate wa ASC Ville de Dakar ni we mukinnyi rukumbi uri muri izi Playoffs watwaye BAL inshuro ebyiri. Yatwaye igikombe ari kumwe na Zamalek mu 2021 ndetse na US Monastir mu 2022.

6. Dar City yanditse amateka: Ikipe ya Dar City yabaye imwe mu zatunguye benshi muri uyu mwaka. Iri kumwe na Alahly Ly, zazamutse zivuye mu majonjora ya Road to BAL.

Nubwo yinjiye muri Playoffs ifite intsinzi ebyiri ndetse ikaba yaratsinzwe gatatu, Dar City yabaye ikipe rukumbi igeze muri iki cyiciro ifite imikino yatsinzwe iruta iyo yatsinze, ibintu bigaragaza uburyo amarushanwa y’uyu mwaka akomeye cyane.

Amakipe 8 azitabira imikino ya nyuma ya BAL 2026

Imikino ya nyuma ya BAL 2026 irabura iminsi ibarirwa ku ntoki


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...