Ibyo wamenya kuri Nestory Irankunda wanditse amateka mu gikombe cy’Isi atsindira Australia

Imikino - 14/06/2026 12:48 PM
Share:

Umwanditsi:

Ibyo wamenya kuri Nestory Irankunda wanditse amateka mu gikombe cy’Isi atsindira Australia

Nestory Irankunda ufite inkomoko mu Burundi no muri Tanzanua yanditse amateka yo kuba umukinnyi wa mbere utaravukiye muri Australia uyitsindiye igitego mu gikombe cy’Isi.

Ni nyuma y’uko ari we watsimze igitego cya mbere mu mukino wo ku munsi wa mbere wo mu itsinda D mu Gikombe cy’Isi cya 2026, Australia yatsinzemo Turukiya ibitego 2-0 mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru.

Uyu mukinnyi yavutse tariki ya 9 z’ukwezi kwa kabiri muri 2006 avukira i Kigoma muri Tanzania. Ababyeyi be ni Abarundi, gusa yavukiye mu nkambi y’impunzi muri Tanzania nyuma y’uko ariho bari barahungiye kubera intambara yo mu Burundi yabaye hagati yo mu 1993 na 2005.

Ubwo yari afite amezi atatu gusa ababyeyi be bahise bajya muri Australia aba ari na ho akurira anahatangirira gukina ruhago.

Kuva akiri umwana, yagaragazaga impano idasanzwe ku buryo yihutiye kwitabwaho n’abatoza b’amakipe y’abana. Nyuma yo kunyura mu makipe atandukanye y’abato, yinjiye muri Adelaide United, imwe mu makipe akomeye muri Australia.

Mu 2022, afite imyaka 15 gusa, yakinnye umukino we wa mbere mu cyiciro cya mbere cya shampiyona ya Australia, ibintu byahise bimugira umwe mu bakinnyi bato cyane bari bageze kuri urwo rwego.

Nyuma y’igihe gito yongeye kwandika amateka atsinda igitego cye cya mbere, agaragaza ko atari umukinnyi usanzwe.

Ubuhanga bwe bwatumye amaso y’amakipe akomeye yo ku mugabane w’u Burayi amurebaho. Mu 2024, yasinye amasezerano yo gukinira Bayern Munich y’abato ubundi iza kumutiza muri Grasshooper yo mu Busuwisi.

Mu mwaka ushize Bayern Munich yamugurishije muri Watford yo mu cyiciro cya kabiri mu Bwongereza aho ari naho akina kugeza ubu.

Nubwo yari afite uburenganzira bwo gukinira u Burundi cyangwa Tanzania bitewe n’aho yavukiye n’inkomoko y’ababyeyi be, yahisemo gukinira Australia, igihugu cyamureze kikamufasha gukura nk’umukinnyi. Yahamgawe bwa mbere mu ikipe y’abato ya Australia y’abatarengeje imyaka 17 muri 2022.

Nyuma y’umwaka umwe gusa yahise ahamagarwa mu ikipe y’igihugu nkuru gusa anakomeza gukina mu bato. Nyuma yaho hashize igihe adahamagarwa bituma atangaza ko ibi nibikomeza ashobora kuzajya gukinira ikipe y’igihugu ya Tanzania cyangwa u Burundi mu gihe haba hari imushatse. Agitangaza aya magambo yahise yongera guhamagarwa na Australia none yakoze amateka.


Nestory Irankunda yakuze ari impunzi

Nestory Irankunda yanditse amateka mu gikombe cy’Isi nyuma yo gutsindira Australia




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...