Ibi
ni byo bigaragara mu ndirimbo ye nshya yise ‘Munyakazi’, imwe mu ndirimbo
zitegerejwe na benshi mu gihe atangiriye kwitegura ibitaramo n’umuziki w’udushya
mu mwaka wa 2026.
‘Munyakazi’
ni indirimbo Bruce Melodie yakoranye n’itsinda rya ba Producer batatu
batandukanye: Yakozweho na Element wayitunganyije mu buryo bw’umwimerere,
Loader wayikomeje akayisukura mu buryo bw’amajwi, hanyuma Bob Pro akayishyiraho
ubunararibonye bwe bwo gushyira ijwi ku rwego ryo hejuru.
Iki
gikorwa cy’ubufatanye bw’abatunganya umuziki gituma indirimbo igira umwimerere
udasanzwe, binashimangira ko Melodie yashakaga gukora igihangano cy’umwihariko
gifite umwuka wo kwisobanura kurusha uko yagendeye ku bisanzwe.
Ijambo
ku rindi, amagambo aririmbyemo ntabwo ari ubutumwa bugufi—ni ibice by’ubuzima
bwe yagize ubutwari bwo kubuvuga, kandi mu buryo bworoshye ariko buremereye.
Hari aho aririmba ati “Natinyaga guseba none byarabaye… Igikona (APR FC) cyangwa
Murera (Rayon Sports) nifanira Amavubi… Ese ni nde usinda akitwa Munyakazi?”
Aha
Melodie agaragaza ko yigeze gutinya ibyo abantu bazavuga cyangwa kumucisha
intege, ariko ubu atakibyitayeho, kuko ibyo yatinye byose byigeze kumugeraho,
akabitsinda. “Gikona” na “Murera” aba avuga amakipe abiri aho ahanganye, n’aho
Amavubi ayoherereza ishusho y’intsinzi ikomoka ku kurwana urugamba rutoroshye.
Mu
yindi mirongo avuga ko “atajya yihoma”, asobanura ko adateze kurekura cyangwa
ngo arambirwe n’urugendo rwe nubwo ruba rutoroshye.
Amashusho
y’iyi ndirimbo yakozwe na John Elarts, umunyabugeni wo mu Burundi umaze kubaka
izina mu gukora amashusho meza y’indirimbo zifite inkuru zisobanutse.
Yaje
kunononsorwa na Julien Bmjizzo, umwe mu batunganya amashusho bazwi ku rwego
mpuzamahanga. Ibi byombi bishyira ‘Munyakazi’ ku rwego rw’inyenyeri ku bijyanye
n’udushya mu gutunganya amashusho.
Igice
cya nyuma cy’amashusho cyafashwe mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 8 Ukuboza 2025
kuri Kigali Universe, mu birindiro bigezweho bikunze kwakira ibikorwa bya
muzika n’ubuhanzi.
Gufatira
amashusho mu ijoro ntibyari impanuka, ni uburyo bwo kwerekana umwijima n’amatara
y’ubuzima Melodie yaciyemo, bikaba umuzunguruko w’inkuru y’indirimbo; cyo kimwe
n’abakobwa n’abandi bazagaragaramo.
‘Munyakazi’
ni imwe mu ndirimbo zari kujya kuri Album ya Melodie yasohoye, ariko ubu ikaba igiye
gusohoka mu gihe adahwema gukoraho izindi ndirimbo ziteganyijwe.
Iyi
ndirimbo izakurikirwa n’indi yakoze afatanyije na Diamond Platnumz na Joel
Brown, ubufatanye bwanogeye abakunzi ba muzika mu karere.
Amakuru
InyaRwanda yamenye yizewe yemeza ko izi ndirimbo zose ziteganyirijwe kuzasohoka
mu gihe Bruce Melodie yitegura kuririmba mu gitaramo gikomeye azahuriramo na
Diamond ku wa 1 Mutarama 2026 muri BK Arena—igitaramo cyitezwe nk’icyo ku rwego
rwa Africa y’Iburasirazuba mu mpera z’umwaka.
Si
ibyo gusa. Melodie aritegura gukora ‘Tour’ mu Ntara zitandukanye mu 2026, aho
azazenguruka igihugu ari kumwe na The Ben. Ni urugendo rwitezweho gushyira
muzika ye ku rwego rushya no guhura n’abafana hirya no hino mu Rwanda.
Uretse
kuba ari inkuru ye, ‘Munyakazi’ ni indirimbo yubatse kuri filozofiya y’abantu
batagamburuzwa n’ubuzima.
Ni
indirimbo yo guhamagarira abantu kudacika intege, kwihangana no gusobanukirwa
ko buri muntu ahura n’amasomo akomeye mu buzima, ariko ntibyamubuza kugera aho
ashyira inzozi ku murongo.


Melodie
agaragara mu ruhando rwe rw’umwimerere, indirimbo ivuga ibyabayeho, ibyo arimo
n’inzira akomeje kunyuramo

Producer
Loader wakoze iyi ndirimbo mu buryo bw’amajwi ayinononsora mbere y’uko isohoka
Bob
Pro yagaragaje ko yanyuzwe no gukorana na Bruce Melodie ku mushinga w’iyi
ndirimbo ‘Munyakazi’
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIGARUKA KU NDIRIMBO EBYIRI BRUCE MELODIE AGIYE GUSOHORA
