Ibyo wamenya kuri ‘Kigali Sky Wheel,’ icyicungo kizuzura gitwaye miliyoni 2.7$

Imyidagaduro - 23/07/2025 9:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Ibyo wamenya kuri ‘Kigali Sky Wheel,’ icyicungo kizuzura gitwaye miliyoni 2.7$

Umwaka wa 2025 uzarangira Umujyi wa Kigali wujuje icyicungo kinini cy'uruziga cya mbere kizamurwa mu kirere, kizwi nka Kigali Sky Wheel. Ni umwe mu mishinga igamije guteza imbere ubukerarugendo, kongera ahantu ho kwidagadurira no gukundisha Abanyarwanda ibyiza by’igihugu cyabo.

Ibyicungo bizwi nka Ferri Wheel, ni ibiziga binini by’ibyicungo abenshi mu Banyarwanda bazi muri za filime aho banakeka ko ari amakabyankuru. Kuri ubu bigiye kuva mu mikino bibe impamo, kuko icyicungo nk’icyo kizaba kiri mu Mujyi wa Kigali bitarenze mu mpera z’umwaka wa 2025.

Icyo cyicungo kinini cyane cyiswe ‘Kigali Sky Wheel’, gifatwa nk’indi ntambwe ikomeye izaba itewe n’u Rwanda mu kurushaho gufasha Abanyakigali n’abagenda uyu mujyi wabaye ubukombe muri Afurika kurushaho kwinezeza no kuryoherwa n’ibyiza by’Igihugu.

Uru ruziga ruzenguruka rufite uburebure bwa metero 55. Ruri kubakwa ahahoze Minisiteri y’Ubutabera n’Urukiko Rukuru, hafi ya Kigali Convention Center, ahari n’inzu y’ubucuruzi igezweho izwi nka Inzovu Mall.

Iki gikorwa gifite agaciro ka miliyoni 2.7 z’amadolari y’Amerika, kikaba giterwa inkunga na Kigali Ferris Wheel Ltd ku bufatanye n’abashoramari bo muri Canada bo muri sosiyete ya Mo Gashi and Partners.

Nk’uko Gashirabake Umugisha Moses, Umuyobozi Mukuru akaba n’umwe mu bashinze Kigali Ferris Wheel Ltd yabibwiye The New Times, avuga ko iki cyicungo kizaba kimwe mu bimenyetso bigaragaza isura nshya y’Umujyi wa Kigali.

Ati: "Ibikorwa nk’ibi bikurura ba mukerarugendo, bikazana inyungu ku baturage ndetse bigatanga uburyo bushya bwo kureba umujyi. Biba ahantu hihariye abantu bashobora gusangiriraho ibyishimo."

Yavuze ko igitekerezo cyo gushora imari muri uyu mushinga cyatijwe imbaraga na Perezida Paul Kagame wasabye Abanyarwanda baba mu mahanga gushora imari iwabo.

Ikoranabuhanga rigezweho n’uburyo bugezweho bwo kwidagadura

Kigali Sky Wheel izaba igizwe n’uduce tw’intebe tuzenguruka dutwara abantu. Iki cyicungo kizamuka kikanamanuka mu gihe kiri hagati y’iminota 15 na 20, kizajya gitanga amahirwe yo kureba Kigali yose n’imisozi iyikikije.

Uretse ibyo, uru ruziga ruzaba n’ahantu ho kwidagadurira mu buryo bukurikira:

  • Amatara agaragaza ubwiza bw’umujyi nijoro
  • Ibicuruzwa by’agaciro bijyanye na Kigali Sky Wheel
  • Amafoto y’ibihe byihariye
  • Amafunguro n’ibinyobwa byoroheje
  • Ibitaramo, ibirori n’ubukwe

Urubuga rw’ubukerarugendo n’ubucuruzi

Uru ruziga ntiruzaba gusa ahantu ho kwidagadurira, ahubwo ruzaba n’ahantu h’ubucuruzi no kwamamaza. Ibigo binyuranye bizabona amahirwe yo kumenyekanisha ibikorwa byabyo, ndetse no kwamamaza ku buryo bwagutse.

Uyu mushinga uzafasha Kigali gukomeza kwagura ibikorwa by’ubukerarugendo, cyane ko mu 2024, Umujyi wa Kigali washyizwe ku mwanya wa gatatu mu mijyi y’Afurika ikunzwe n’abakerarugendo, nk’uko byatangajwe na Travel + Leisure.

I Kigali hari kubakwa icyicungo cy'uruziga kizuzura gitwaye miliyoni 2.7 z'amadolari

Nibwo bwa mbere iki cyicungo kizaba kigeze i Kigali

Kigali Sky Wheel yitezweho guteza imbere cyane urwego rw'ubukerarugendo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...